• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Editorial 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko Leta y’u Rwanda iri bwubahirize icyemezo cy’urukiko ku rubanza rwa Diane Rwigara na Adeline Rwigara, ariko ashimangira ko igiye gusuzuma byimbitse ingaruka z’iki cyemezo.

Ubu butumwa bushyizwe ahagaragara nyuma y’uko kuri uyu wa Kane tariki 6 Ukuboza 2018, Urukiko rukuru rwagize abere Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline.

Diane Rwigara yaregwaga gukora no gukoresha impapuro mpimbano ubwo yashakaga ibyangombwa byo kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora yabaye mu 2017, aregwa kugambirira guteza imvururu hashingiwe ku mvugo yakoresheje aganira n’abanyamakuru.

Nyina Mukangemanyi we yarezwe kugambirira guteza imvururu, ivangura no gukurura amacakubiri, hashingiwe ku biganiro by’amajwi yagiye yohererezanya n’abantu batandukanye kuri WhatApp.

Bombi bari basabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa imyaka 22, ariko kuri uyu wa Kane umucamanza yanzura ko urukiko rwasanze ibimenyetso by’Ubushinjacyaha bidahagije mu kugaragaza ko ibyaha abaregwa bakurikiranyweho koko babikoze.

Mu itangazo Minisitiri Busingye yashyize ahagaragara nyuma y’icyemezo cy’urukiko, yagize ati “Leta irubahiriza icyemezo cy’urukiko ku rubanza rwa Diane Rwigara na Adeline Rwigara kandi iraza gusuzuma byimbitse ingaruka z’iki cyemezo. Twamaganye abantu batandukanye bakomeza gutambamira ubutabera mu byo bandika cyangwa bavuga.”

“Tuzakomeza guteza imbere no kubungabunga amategeko yacu, harimo ajyanye n’imigendekere y’amatora, umudendezo w’igihugu cyacu kandi twimakaza kubaha ibyemezo by’ubutabera.”

Mbere y’uko icyemezo gifatwa kuri uru rubanza, hari abantu cyane cyane abanyamahanga barimo abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagiye bagaragaza ko Diane na Adeline Rwigara barekurwa, mu gihe urukiko rwari rugisuzuma ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha hamwe n’ubwiregure bwabo.

Ni ibintu ariko u Rwanda rwagiye rwamagana, ruvuga ko ubwigenge bw’ubutabera bwarwo butagomba kubangamirwa.

Nyuma y’isomwa ry’uru rubanza, Ubushinjacyaha nabwo bwatangaje ko “nk’uko bisanzwe bwubaha ibyemezo by’inkiko.”

Mu butumwa bwanyujije kuri Twitter, bwakomeje bugira buti “Turaza gusoma neza dusesengure icyemezo cy’Urukiko mu rubanza rw’ubushinjacyaha bwarezemo Diane Rwigara na bagenzi be, duhitemo icyo gukora hakurikijwe ibyo amategeko ateganya.”

Diane Rwigara, murumuna we Anne n’umubyeyi wabo Mukangemanyi Rwigara batawe muri yombi ku wa 23 Nzeri 2017. Ku wa 23 Ukwakira 2017 Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Anne afungurwa, ntiyakomeza gukurikiranwa.

Ku wa 5 Ukwakira 2018 Urukiko Rukuru rwemeje ko abandi nabo barekurwa by’agateganyo, bakomeza kuburana bari hanze.

2018-12-07
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Perezida Kagame asanga 2020 izaba nziza kurusha 2019

Editorial 20 Dec 2019
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Editorial 25 Jan 2024
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2019
Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Editorial 08 Oct 2018

4 Ibitekerezo

  1. Rwakimanzi
    December 7, 20189:42 am -

    Noneseko mutigeze mwandika inkuru yuko Diane na Nyina batsinze mungirwa rubanza bashowemo? Twarabamenye di

    Subiza
  2. Beatrice Bomgwa
    December 7, 201810:03 am -

    Abacamanza bacu bahuje nuko abategetsi ba Amerika babyumva. Ikibazo se kirihe? Isesengura lyabo rishingiye ku mategeko amwe. Ahubwo Nyakubahwa Minisitiri niyiyame abaribatangajeko bariya bategarugori bombi ari abanyabyaha. Hari nuwabise abarozi (sorcieres)! Hakwiye rero gucukumburwa kandi hagahanywa abategetsi batesheje agaciro inkiko zacu mu gihe bacaga urubanza rukiri mu nkiko. Icyakabiri cyacukumburwa: ubwo ibyo bavuze byagizwe ukuri, hakwiye kwihutishwa urubanza rw’urupfu rw’umubyeyi wabo, bakanasubizwa ibyabo byangiritse ndetse n’ibyibwe. Amabandi Adeline yashyize ahagaragara agahanwa by’intangarugero. Nasaba abasobanukiwe kutubwira niba Anne wafunguwe ngo aburane ari hanze nawe yaragize umwere. Aho urubanza rwe ntiruzaba nkurwa Violette Uwamahoro wisubiriye mu Bwongereza cyanga Erlinder muri USA? Izo manza zicumbikwa zizatanga ubutabera gute?

    Subiza
  3. Btwenge
    December 8, 20182:55 pm -

    BIRABABAJE CYANE!
    NGO. RETA IGIYE GUCUKUMBURA
    BYIMAZEYO IBYIFUNGURWA
    RYABO KWA RWIGARA??
    REKA MBABAZE MWESE
    ABASOMA RUSHYASHYA
    RETA BISOBANURA IKI??
    UBUTABERA. NAKO. UBUCAMANZA

    NTAGO ARI. RETA??

    Subiza
  4. Btwenge
    December 8, 20183:05 pm -

    Ndabona. Ibyiza rero

    Rushyashya na Tom Ndahiro
    Bakwiriye kujurira
    Bakaburana nabo kwa Rwigara!

    Subiza

Leave a Reply to Beatrice Bomgwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Diamond yasesekaye  i Kigali
HIRYA NO HINO

Diamond yasesekaye i Kigali

Editorial 19 Jan 2018
Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]
IKORANABUHANGA

Ntibisanzwe muri Konka Group bazanye uburyo bwo gutanga inguzanyo kubikoresho byo murugo na Telefone [ VIDEO ]

Editorial 08 May 2018
Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta
POLITIKI

Kenya: Serivisi zadindijwe no gutinda gushyiraho Guverinoma kwa Perezida Kenyatta

Editorial 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru