• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

UBUHAMYA : Umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi arabara iryo yahaboneye

Ubwanditsi 19 Dec 2018 ITOHOZA

Ku mugoroba wo kuwa Gatandatu, tariki 15 Ukuboza 2018, ku isaha ya saa 18h15, mu Murenge wa Cyitabi, Akarere ka Nyamagabe, mu ntara y’Amajyepfo, abantu bataramenyekana batwitse imodoka eshatu zitwara abagenzi, bica abaturage babiri, bakomeretsa abandi umunani nyuma muri babiri baza gupfa.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ingabo, ivuga ko RDF yakurikiranye   abo bagizi ba nabi zikicamo batatu abandi bagahungira i Burundi.

Iri tangazo rivuga kandi ko Ingabo zarokoye abaturage bari baburiye muri kiriya gitero.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. Innocent Munyengango yagize  ati “Twarokoye abaturage abagizi ba nabi bashakaga gutwara ku ngufu, baraganirijwe mbere yo koherezwa mu ngo zabo. Twagaruye kandi ibikoresho bitandukanye byari byibwe inzirakarengane gusa byinshi muri byo byarangijwe.”

Umwe mu barokotse iki gitero witwa  Zelot Habimana kuri ubu urwariye mu bitaro bya Kaminuza i Butare yavuye imuzingo uko byagenze.

Mu kiganiro na KT Press, Habimana yavuze ko yahagurutse mu Karere ka Huye kuwa Gatandatu saa kumi z’umugoroba yerekeza  i Ruzizi aho  yari yitabiriye ubukwe bwa mwishywa we.

Uyu mugabo avuga ko yari yitwaje buri kimwe cyose gisabwa mu gikapu cye harimo  inkweto n’ibindi.

Zelot Habimana, umwe mu barokotse igitero cyo ku Kitabi/Ifoto: KT Press

Ahagana saa kumi n’imwe, Habimana avuga ko  bari batangiye urugendo rw’amasaha abiri runyura muri Nyungwe. Avuga ko mu minota 20 ya mbere, babonaga ingabo  z’u Rwanda zicunze umutekano mu ishyamba rya Nyungwe.

Ati “ Twagiye nk’iminota 20 turenze ahari abasirikare bacunze umutekano, twabonye igiti gitambitse mu muhanda rwagati. Umushoferi yashatse uburyo yaca ku ruhande rw’icyo giti.”

Habimana avuga ko ubwo umushoferi wari ubatwaye yagabanya umuvuduko, abo bari kumwe batangiye kubona itsinda ry’abantu bitwaje intwaro bava mu gashyamba kari hafi n’umuhanda.

Yagize ati “ Nari nicaye hafi n’umuryango. Nabonye itsinda ry’abantu bafite intwaro bava mu ishyamba. Begereye imodoka batangira kuturasaho. Abantu batangiye gutabaza.”

Uyu mugabo avuga ko basabwe  gusohoka kandi ko  kubera ko yari yicaye ku muryango, bamusabye ko afungura umuryango ariko arabyanga.

Bavugaga ururimi rw’Ikirundi

Akimara kwanga gufungura umuryango ( umwango), umwe mu bari bitwaje intwaro yahise arasa ku muryango, anjugunya hanze, atangira kumbaza niba ndi Umunyarwanda. Sinamwumvaga neza kuko yavugaga Ikirundi cy’umwimerere. Yankubise mu mugongo, ankata n’icyuma gityaye ku kuboko kw’iburyo  mbere yo kwitura hasi.

Uyu avuga ko yakuwe umutima no kubona umugenzi bari kumwe yaguye hasi iruhande rw’umuhanda yamaze kwicwa.

Nabonye barimo kurasa ku modoka ya Kompanyi Alpha n’indi modoka nto  yari ivuye i Rusizi. Ibi byabaye nko mu minota itarenze icumi.

Uburyo aba bagenzi batabawe

Uko aba bari bitwaje intwaro bakomeje kurasa kuri izi modoka itatu, haje imodoka ya CIMERWA igiye i Rusizi itwaye umusirikari wa RDF, yarahagaze, uyu musirikari atangira kurasana nabo. Abitwaje intwaro babonye ingabo za RDF zije bahita birukankira mu ishyamba.

Abasirikare ba RDF bahumurije abaturage bari bagize ubwoba bavuza induru batujyana ku bitaro bya Kigeme.

Uyu Habimana yaje kuva ku bitaro bya Kigeme kuri ubu aravurirwa ku bitaro bya CHUB.

2018-12-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Uko umugabo yigize impumyi ashaka gusumira Malia Obama

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Ubwanditsi 09 Jun 2020
Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni  51 ya PL

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni 51 ya PL

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Ubwanditsi 11 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    December 19, 20186:46 pm -

    UBUHAMYA YATANZE NTIBUSOBANUTSE!!!
    NGO UWAMUTEMYE YAVUGAGA IKIRUNDI CYUMWIMERERE??
    HARIHO IKIRUNDI GITANDUKANYE I BURUNDI/??????
    ATI RWARA UKIRA !!!!NIBA ATIRI BYO MWAMANDIKIYE ATAVUZE!!!!
    KUKO RUSHYASHYA NTABUNYAMWUGA MUJYIRA!!!!NAMATIKU MWANDIKA!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi  yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira
Amakuru

Nizigiyimana Abdul Karim bita Makenzi yerekeje mu ikipe ya Kiyovu SC yigeze gukinira

Ubwanditsi 12 Sep 2023
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.
Amakuru

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru