• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere [ RDB ]

Ubwanditsi 05 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU

Emmanuel Hategeka wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, yongerewe ishingano ahabwa no kuba Umuyobozi Mukuru wungirije akazabifatanya n’umwanya yari asanganywe.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatanu tariki ya 04 Mutarama 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakoze impinduka mu buyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere.

Mu myanya y’Ubutegetsi, abantu umunani bahawe inshingano nshya. Emmanuel Hategeka yagizwe Umuyobozi Mukuru wungirije n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa.

Yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa kuva yagera muri RDB muri Gashyantare 2017. Mbere yaho yakoze mu Biro by’Umukuru w’Igihugu nk’Umuhuzabikorwa w’imishinga y’Umuhora wa Ruguru mu gihe cy’amezi atanu (Ukwakira 2016- Gashyantare 2017).

Yahageze avuye ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucurizi n’Inganda.

Mu bandi bahawe imyanya muri iki kigo harimo Rusera Elodie wagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe kongerera abakozi ubushobozi; Sayinzoga Diane agirwa Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ibyanya byahariwe inganda no gutanga ubufasha ku byoherezwa mu mahanga.

Sayinzoga yari asanzwe ari Umukozi muri RDB aho yari umuyobozi w’agateganyo w’ishami rishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga.

Nsabimana Emmanuel wari usanzwe ari Umuyobozi w’agashami gashinzwe imitangire myiza ya serivisi n’ikurizwa ry’amabwiriza agenga ubukerarugendo yagizwe Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ikurikizwa ry’amabwiriza agenga ubukerarugendo.

Rusatira Desire yagizwe Umuyobozi w’Ishami rifasha abashoye imari, Ngoboka François agirwa Umuyobozi w’ishami rishinzwe ihangwa ry’imirimo ikenewe mu ngeri zitandukanye.

Tuyishime Paficique yagizwe Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ishoramari naho Nzabanita Viateur agirwa Umuyobozi w’ishami ryongerera abakozi ubushobozi.

Mu bagize Inama y’Ubuyobozi, Fisher Itzhak, yakomeje kuba Umuyobozi Mukuru; Kamagaju Evelyn aba Umuyobozi Wungirije; Dr Karusisi Diane aba umwe bagize Inama y’Ubuyobozi umwanya ahuriyeho na Nkulikiyinka Alice, Hitayezu Patrick, Kirungi Brian na Keza Faith.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, cyashinzwe mu 2009 gihabwa inshingano zo guhuza inzego zose za Guverinoma hagamijwe kureshya abashora imari mu Rwanda no koroshya uburyo ishoramari rikorwamo mu gihugu.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ni we washyize umukono kuri iri tangazo

 

2019-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ese noneho Museveni arava kw’izima ko ibibazo atera u Rwanda byashyizwe mu maboko y’abagabo!

Ubwanditsi 12 Jul 2019
Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Burundi: Buri rugo, umukozi wa Leta n’abanyeshuri bashyiriweho amafaranga bagomba gutanga y’amatora.

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)
ITOHOZA

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017
Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero
IMIKINO

Miss2016:haraye hatoranyijwe 15 bagomba kujya mu mwiherero

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru