• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

CAF: Mukura VS yatsindiwe ibitego bitatu muri Sudani

Ubwanditsi 14 Jan 2019 IMIKINO

Ikipe ya Mukura VS ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup yatsinzwe 3-0 na Al-Hilal Club Omdurman mu mukino utahiriye umunyezamu Rwabugiri Omar.

Nyuma yo kwitwara neza ntiyinjizwe igitego na kimwe mu mikino ine y’amajonjora abiri y’ibanze mu gikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo, Mukura VS yatsinzwe bitatu mu mukino wabere kuri ‘El Hilal Stadium’ kuri iki Cyumweru tariki 13 Mutarama 2019.

Mbere yo gutangira uyu mukino, Umutoza Haringingo Francis yari yatoranyije abakinnyi 11 biganjemo abakina basatira nka Gael Duhayindavyi, Iradukunda Bertrand, Ciza Hussein Mugabo, Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rachid.

Benshi mu bakunda umupira w’amaguru mu Rwanda baketse ko iyi kipe igiye gukina isatira nubwo yari ku kibuga kitorohera amakipe yasuye Al-Hilal Club Omdurman dore ko atatu aheruka kuhasura yahanyagiriwe ibiri hejuru ya bine buri imwe.

Ubuhangange bwa Al-Hilal ntibwatinze kugaragara kuko yafunguye amazamu ku munota wa cyenda ku gitego cyatsinzwe n’Umunya-Brazil, Geovane Diniz Silva, cyanatumye iyi kipe yari mu rugo irangiza igice cya mbere iyoboye.

Mu gice cya kabiri ntabwo Mukura VS yorohewe kuko Al-Hilal itozwa na Irad Zaafouri ukomoka muri Tunisia yasimbuje yongeramo ba rutahizamu barimo Mohammad Al-Shalhoub.

Byagoye cyane ba myugariro ba Mukura VS nka David Nshimirimana na Iragire David kuko baje gutsindwa ibindi bitego bibiri bya Idris Ilunga Mbombo ukomoka muri RDC ku munota wa 62 na kabuhariwe Mohamed Bashir kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Sudani ku munota wa 83. Ibitego byose birimo amakosa ya Rwabugiri Omar urindira Mukura VS.

Umukino warangiye ari 3-0 ariko haracyari andi mahirwe kuri Mukura VS kuko isabwa kubyishyura mu mukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 19 Mutarama 2019 saa 15:30 kuri Stade Huye.

Gusa ni akazi gakomeye kuri Mukura VS kuko iheruka gutsinda ikipe ikinyuranyo cy’ibitego bitatu muri Mata umwaka ushize ubwo banyagiraga Kirehe FC 4-0.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga muri Mukura VS

Rwabugiri Omar, Rugirayabo Hassan, David Nshimirimana, Iragire Saidi, Janvier Mutijima, Gael Duhayindavyi, Yusuf Lule Munyakazi, Ciza Hussein Mugabo, Bertrand Iradukunda, Ndayishimiye Christopher na Mutebi Rachid

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Ubwanditsi 02 Dec 2022
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Ubwanditsi 13 Mar 2024
APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023
Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame
UBUKUNGU

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus
UBUKUNGU

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi
POLITIKI

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru