• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Editorial 02 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yashyikirijwe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yateranye kuri uyu wa Gatanu, i Arusha muri Tanzania.

Ni inshingano Perezida Kagame ahawe mbere y’iminsi mike ngo asoze inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Perezida Kagame yagize ati “Mbashimiye icyizere mungiriye mukampa izi nshingano. Ndabizeza ubushake muri izi nshingano nk’umuyobozi w’inama ya EAC.”

Yanashimiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda asimbuye kuri uyu mwanya, kubera uburyo yayoboye uyu muryango mu myaka ibiri ishize.

Yakomeje agira ati “Ni ishema kuba umuyobozi w’inama yacu muri uyu mwaka uri imbere. Niteguye gufatanya n’abayobozi bagenzi banjye mu gufasha abaturage ba Afurika y’Iburasirazuba.”

Yavuze ko iyi nama y’abakuru b’ibihugu ibaye mu gihe uyu muryango wegereza isabukuru y’imyaka 20 ishize wongeye kwiyubaka, avuga ko hari byinshi byo kwishimira ariko ni n’igihe cyo gutekereza ku gisobanuro n’akamaro k’uyu muryango.

Yakomeje agira ati “Ni umwanya wo gukemura inzitizi zose zaba zihari nta guca ku ruhande, kugira ngo twese hamwe tubashe kugana imbere.”

Yavuze ko Afurika iri kugenda yishyira hamwe, kandi imiryango y’uturere ari ingenzi mu mu rugendo rwo kwishyira hamwe nk’umugabane.

Yakomeje avuga ko Afurika y’Iburasirazuba idakwiye kwemera gusigara inyuma mu gihe yari imaze gutera intambwe, bityo ko biri mu maboko y’abayituye gutuma uyu muryango utanga umusaruro uko bikwiye.

Yakomeje agira ati “Nta kintu gikwiye kudusubiza inyuma mu bikorwa twiyemeje mu nyungu dusangiye, birimo ubucuruzi, ibikorwa remezo, inganda n’umutekano. Nk’abayobozi b’umuryango, dukwiye kwicara tugashyira hamwe kandi tugakorera mu bumwe, tugaharanira inyungu n’imibereho myiza by’abatuye aka karere.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi bihugu bizapimira intambwe byateye ku buryo urujya n’uruza ruzaba rwarorohejwe haba ku bantu, ibicuruzwa n’imari, kandi ko bishoboka igihe abayobozi bahurije hamwe imbaraga.

Ingingo ya 12 y’amasezerano ashyiraho Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iteganya ko Ubuyobozi bw’uyu muryango bumara igihe cy’umwaka umwe kandi bugahererekanywa hagati y’ibihugu biwugize.

Iyi nama yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye. Kuri iyi nshuro bwahagarariwe na Visi Perezida wa Mbere, Gaston Sindimwo.

Nyuma yo guhabwa ubuyobozi bwa EAC, ubu u Rwanda nirwo ruyoboye inama y’abakuru b’ibihugu, ni narwo ruyoboye Inteko Ishinga amategeko y’uyu muryango iyobowe na Martin Ngoga rukayobora n’Urukiko rwa Afurika y’Iburasirazuba, ruyobowe n’Umucamanza Dr. Emmanuel Ugirashebuja.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-02-02
Editorial

IZINDI NKURU

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Editorial 22 Jun 2020
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Editorial 27 Mar 2020
Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Dr. Sosthène Munyemana yahamijwe Jenoside n’Urukiko rwa Paris — Minisitiri Bizimana Jean Damascène ashimangira ko ari intsinzi y’ubutabera ku mabi ya Jenoside

Administrator 24 Oct 2025
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2020

3 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    February 2, 201911:30 am -

    AGAHINDA KANYISHE PEE
    NGO UMUBYEYI UKWANGA
    AKURAGA. IBYAMUNANIYE
    H.E KOKO NDAVUGA KAGAME
    KUBA AYOBOYE AFRIKA YOSE YOSE
    UMWAKA. AGAHEMBWA KUYOBORA
    E A C IBIHUGU BIYANU. BIMWANGA
    UBWO SUGUSUBIRA INYUMA?
    NYUMA YUMWAKA AZAYOBORA HEHE? NYAMARA. MUSHIKIWABO
    WAYOBORAGA UBUBANYI NAMAHANGA. UBU ARAYOBORA
    AMAHANGA. AHUBWO. BAGURANE
    ESE BURIYA AVUYE MURI E A C
    NYUMA YUMWAKA. AGASANGA
    MUSHIKIWABO YICAYE MUNTEBEYE
    BYAGENDA BITE?
    JYE. BYAMBABAJE RWOSE
    ISI NTIGIRA. INYITURANO

    Subiza
  2. Sunday
    February 4, 20195:23 am -

    Azayoborande se? Museveni ko yanasigaye hejuru doreko anariwe usigaje uburenganzira bwinshi? Bamubeshe iyo ni baringa bamuhaye.

    Subiza
  3. Emmy
    February 4, 20199:03 am -

    Mbere yo kuyobora ibyo byose numuyobozi w’IGIHUGU CYACU KANDI DUKUNDA CYANE PREMIEREMENT RWANDA IBISIGAYE NINYONGERA.NDUMVA NTA KIBAZO GIHARI RWOSE PE!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU
INKURU NYAMUKURU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019
Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali  17 kuva yafata ubutegetsi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Editorial 31 Oct 2018
Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe  igitaraganya muri Rwandair
ITOHOZA

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Editorial 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru