• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Ubwanditsi 02 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yashyikirijwe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yateranye kuri uyu wa Gatanu, i Arusha muri Tanzania.

Ni inshingano Perezida Kagame ahawe mbere y’iminsi mike ngo asoze inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Perezida Kagame yagize ati “Mbashimiye icyizere mungiriye mukampa izi nshingano. Ndabizeza ubushake muri izi nshingano nk’umuyobozi w’inama ya EAC.”

Yanashimiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda asimbuye kuri uyu mwanya, kubera uburyo yayoboye uyu muryango mu myaka ibiri ishize.

Yakomeje agira ati “Ni ishema kuba umuyobozi w’inama yacu muri uyu mwaka uri imbere. Niteguye gufatanya n’abayobozi bagenzi banjye mu gufasha abaturage ba Afurika y’Iburasirazuba.”

Yavuze ko iyi nama y’abakuru b’ibihugu ibaye mu gihe uyu muryango wegereza isabukuru y’imyaka 20 ishize wongeye kwiyubaka, avuga ko hari byinshi byo kwishimira ariko ni n’igihe cyo gutekereza ku gisobanuro n’akamaro k’uyu muryango.

Yakomeje agira ati “Ni umwanya wo gukemura inzitizi zose zaba zihari nta guca ku ruhande, kugira ngo twese hamwe tubashe kugana imbere.”

Yavuze ko Afurika iri kugenda yishyira hamwe, kandi imiryango y’uturere ari ingenzi mu mu rugendo rwo kwishyira hamwe nk’umugabane.

Yakomeje avuga ko Afurika y’Iburasirazuba idakwiye kwemera gusigara inyuma mu gihe yari imaze gutera intambwe, bityo ko biri mu maboko y’abayituye gutuma uyu muryango utanga umusaruro uko bikwiye.

Yakomeje agira ati “Nta kintu gikwiye kudusubiza inyuma mu bikorwa twiyemeje mu nyungu dusangiye, birimo ubucuruzi, ibikorwa remezo, inganda n’umutekano. Nk’abayobozi b’umuryango, dukwiye kwicara tugashyira hamwe kandi tugakorera mu bumwe, tugaharanira inyungu n’imibereho myiza by’abatuye aka karere.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi bihugu bizapimira intambwe byateye ku buryo urujya n’uruza ruzaba rwarorohejwe haba ku bantu, ibicuruzwa n’imari, kandi ko bishoboka igihe abayobozi bahurije hamwe imbaraga.

Ingingo ya 12 y’amasezerano ashyiraho Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iteganya ko Ubuyobozi bw’uyu muryango bumara igihe cy’umwaka umwe kandi bugahererekanywa hagati y’ibihugu biwugize.

Iyi nama yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye. Kuri iyi nshuro bwahagarariwe na Visi Perezida wa Mbere, Gaston Sindimwo.

Nyuma yo guhabwa ubuyobozi bwa EAC, ubu u Rwanda nirwo ruyoboye inama y’abakuru b’ibihugu, ni narwo ruyoboye Inteko Ishinga amategeko y’uyu muryango iyobowe na Martin Ngoga rukayobora n’Urukiko rwa Afurika y’Iburasirazuba, ruyobowe n’Umucamanza Dr. Emmanuel Ugirashebuja.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri  yashimuswe  na CMI

Uganda : Umunyamakuru wa New Vision Charles Etukuri yashimuswe na CMI

Ubwanditsi 13 Feb 2018
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022

3 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    February 2, 201911:30 am -

    AGAHINDA KANYISHE PEE
    NGO UMUBYEYI UKWANGA
    AKURAGA. IBYAMUNANIYE
    H.E KOKO NDAVUGA KAGAME
    KUBA AYOBOYE AFRIKA YOSE YOSE
    UMWAKA. AGAHEMBWA KUYOBORA
    E A C IBIHUGU BIYANU. BIMWANGA
    UBWO SUGUSUBIRA INYUMA?
    NYUMA YUMWAKA AZAYOBORA HEHE? NYAMARA. MUSHIKIWABO
    WAYOBORAGA UBUBANYI NAMAHANGA. UBU ARAYOBORA
    AMAHANGA. AHUBWO. BAGURANE
    ESE BURIYA AVUYE MURI E A C
    NYUMA YUMWAKA. AGASANGA
    MUSHIKIWABO YICAYE MUNTEBEYE
    BYAGENDA BITE?
    JYE. BYAMBABAJE RWOSE
    ISI NTIGIRA. INYITURANO

    Subiza
  2. Sunday
    February 4, 20195:23 am -

    Azayoborande se? Museveni ko yanasigaye hejuru doreko anariwe usigaje uburenganzira bwinshi? Bamubeshe iyo ni baringa bamuhaye.

    Subiza
  3. Emmy
    February 4, 20199:03 am -

    Mbere yo kuyobora ibyo byose numuyobozi w’IGIHUGU CYACU KANDI DUKUNDA CYANE PREMIEREMENT RWANDA IBISIGAYE NINYONGERA.NDUMVA NTA KIBAZO GIHARI RWOSE PE!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera
Mu Rwanda

Umuyobozi wa Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo yasuye abapolisi b’u Rwanda bahakorera

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Tribert Rujugiro Umwami  wa Frode na Magendu muri Afrika
INKURU NYAMUKURU

Tribert Rujugiro Umwami wa Frode na Magendu muri Afrika

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje
Amakuru

Amatora mu Rwanda ararimbanyije na Chairman Paul Kagame n’umuryango we basoje

Ubwanditsi 15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru