• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Perezida Kagame yasimbuye Museveni k’Ubuyobozi bwa EAC

Ubwanditsi 02 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yashyikirijwe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango yateranye kuri uyu wa Gatanu, i Arusha muri Tanzania.

Ni inshingano Perezida Kagame ahawe mbere y’iminsi mike ngo asoze inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU.

Nyuma yo guhabwa izi nshingano, Perezida Kagame yagize ati “Mbashimiye icyizere mungiriye mukampa izi nshingano. Ndabizeza ubushake muri izi nshingano nk’umuyobozi w’inama ya EAC.”

Yanashimiye Perezida Yoweri Museveni wa Uganda asimbuye kuri uyu mwanya, kubera uburyo yayoboye uyu muryango mu myaka ibiri ishize.

Yakomeje agira ati “Ni ishema kuba umuyobozi w’inama yacu muri uyu mwaka uri imbere. Niteguye gufatanya n’abayobozi bagenzi banjye mu gufasha abaturage ba Afurika y’Iburasirazuba.”

Yavuze ko iyi nama y’abakuru b’ibihugu ibaye mu gihe uyu muryango wegereza isabukuru y’imyaka 20 ishize wongeye kwiyubaka, avuga ko hari byinshi byo kwishimira ariko ni n’igihe cyo gutekereza ku gisobanuro n’akamaro k’uyu muryango.

Yakomeje agira ati “Ni umwanya wo gukemura inzitizi zose zaba zihari nta guca ku ruhande, kugira ngo twese hamwe tubashe kugana imbere.”

Yavuze ko Afurika iri kugenda yishyira hamwe, kandi imiryango y’uturere ari ingenzi mu mu rugendo rwo kwishyira hamwe nk’umugabane.

Yakomeje avuga ko Afurika y’Iburasirazuba idakwiye kwemera gusigara inyuma mu gihe yari imaze gutera intambwe, bityo ko biri mu maboko y’abayituye gutuma uyu muryango utanga umusaruro uko bikwiye.

Yakomeje agira ati “Nta kintu gikwiye kudusubiza inyuma mu bikorwa twiyemeje mu nyungu dusangiye, birimo ubucuruzi, ibikorwa remezo, inganda n’umutekano. Nk’abayobozi b’umuryango, dukwiye kwicara tugashyira hamwe kandi tugakorera mu bumwe, tugaharanira inyungu n’imibereho myiza by’abatuye aka karere.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi bihugu bizapimira intambwe byateye ku buryo urujya n’uruza ruzaba rwarorohejwe haba ku bantu, ibicuruzwa n’imari, kandi ko bishoboka igihe abayobozi bahurije hamwe imbaraga.

Ingingo ya 12 y’amasezerano ashyiraho Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iteganya ko Ubuyobozi bw’uyu muryango bumara igihe cy’umwaka umwe kandi bugahererekanywa hagati y’ibihugu biwugize.

Iyi nama yabanje kwimurwa ubugira kabiri, ku wa 30 Ukwakira no ku wa 27 Ukuboza 2018. Ubwa mbere byatewe n’uko u Burundi butayitabiriye. Kuri iyi nshuro bwahagarariwe na Visi Perezida wa Mbere, Gaston Sindimwo.

Nyuma yo guhabwa ubuyobozi bwa EAC, ubu u Rwanda nirwo ruyoboye inama y’abakuru b’ibihugu, ni narwo ruyoboye Inteko Ishinga amategeko y’uyu muryango iyobowe na Martin Ngoga rukayobora n’Urukiko rwa Afurika y’Iburasirazuba, ruyobowe n’Umucamanza Dr. Emmanuel Ugirashebuja.

Amafoto: Village Urugwiro

2019-02-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Burundi: Inyeshyamba zivuga Ikinyarwanda zagaragaye mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 11 Apr 2019
Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye

Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Perezida Kagame ntakigiye i Kampala mu mwiherero w’abakuru bibihugu bya EAC

Ubwanditsi 22 Feb 2018
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Ubwanditsi 01 Sep 2019

3 Ibitekerezo

  1. Btwenge
    February 2, 201911:30 am -

    AGAHINDA KANYISHE PEE
    NGO UMUBYEYI UKWANGA
    AKURAGA. IBYAMUNANIYE
    H.E KOKO NDAVUGA KAGAME
    KUBA AYOBOYE AFRIKA YOSE YOSE
    UMWAKA. AGAHEMBWA KUYOBORA
    E A C IBIHUGU BIYANU. BIMWANGA
    UBWO SUGUSUBIRA INYUMA?
    NYUMA YUMWAKA AZAYOBORA HEHE? NYAMARA. MUSHIKIWABO
    WAYOBORAGA UBUBANYI NAMAHANGA. UBU ARAYOBORA
    AMAHANGA. AHUBWO. BAGURANE
    ESE BURIYA AVUYE MURI E A C
    NYUMA YUMWAKA. AGASANGA
    MUSHIKIWABO YICAYE MUNTEBEYE
    BYAGENDA BITE?
    JYE. BYAMBABAJE RWOSE
    ISI NTIGIRA. INYITURANO

    Subiza
  2. Sunday
    February 4, 20195:23 am -

    Azayoborande se? Museveni ko yanasigaye hejuru doreko anariwe usigaje uburenganzira bwinshi? Bamubeshe iyo ni baringa bamuhaye.

    Subiza
  3. Emmy
    February 4, 20199:03 am -

    Mbere yo kuyobora ibyo byose numuyobozi w’IGIHUGU CYACU KANDI DUKUNDA CYANE PREMIEREMENT RWANDA IBISIGAYE NINYONGERA.NDUMVA NTA KIBAZO GIHARI RWOSE PE!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo
POLITIKI

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017
DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri
Mu Rwanda

DRC: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yigijwe inyuma imyaka ibiri

Ubwanditsi 02 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru