• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

RDC: Uwari ukuriye Mai-Mai NDC yavuze uko Leta yamufashaga ikanafasha FDLR

Ubwanditsi 04 Feb 2019 POLITIKI

Ntaho Ntaberi Cheka wari Umuyobozi w’umutwe wa Mai-Mai Nduma Defence of Congo (NDC) wishyikirije Monusco muri Nyakanga 2017, kuri uyu wa Kane ushize, ku itariki 30 Mutarama, yatangarije urukiko rwa gisirikare rwa Goma ko yakiriye inkunga ya bamwe mu bagize guverinoma ya Congo yo gushyigikira uyu mutwe we ndetse anavuga ko bamwe muri aba banafashaga umutwe wa FDLR bagamije gusahura amabuye y’agaciro mu gihe abandi bashyigikiraga umutwe we wa NDC.

Muri ubu buhamya bwe, Cheka n’abunganizi be bashakaga kwikuraho icyaha cyo gushing umutwe ugamije guhungabanya umutekano ashinjwa.

Muri ubu buhamya bwe nk’uko tubikesha urubuga politico.cd, Cheka yahamije ko umutwe yari ayoboye wakoranaga na bamwe mu bagize guverinoma, yemeza ko buri gihe iyo bigaruriraga ibiturage byagenzurwaga n’umutwe w’inyeshyamba z’Abanyarwanda, FDLR, yahitaga ahamagara igisirikare cya Congo, FARDC, ngo abe ari cyo kihagenzura.

Cheka yakomeje abwira urukiko ariko kko hari abandi bantu muri guverinoma atavuze amazina, bashyigikiraga FDLR bagamije gusahura amabuye y’agaciro, mu gihe ngo abandi bashyigikiraga umutwe wa NDC.

Yemeje ko yahawe na Guverinoma ya Congo amadolari 20,000 ndetse n’inka nk’ishimwe ryo kurwanya inyeshyamba za FDLR.

Ntabo Ntaberi Cheka ubwo yishyikirizaga Monusco i Goma muri Nyakanga 2017

Uyu muyobozi wa Mai-Mai Cheka kandi yanahishuye ko yakiriye intumwa nyinshi zirimo izo mu Nama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) ahitwa Pinga hari ibirindiro bye bikuru.

Ni mbere yo kwemeza ko umutwe we utari uugamije guhungabanya umutekano w’igihugu ahubwo wari uugamije kwirwanaho no kurinda abaturage.

Uyu mugabo ubusanzwe witwa Ntabo Ntaberi Cheka ariko ngo nta kimenyetso na kimwe yagaragaje gishyigikira ibyo yemereje mu rukiko nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.

2019-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ndasubira Mu Rugo Kuwa Mbere, Ndahangayitse Ariko Miliyoni 44 Z’Abagande Nazo Zirahangayitse – Bobi Wine

Ubwanditsi 17 Sep 2018
U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

U Bwongereza: Inteko Ishinga Amategeko yemeje amasezerano ya Brexit

Ubwanditsi 10 Jan 2020
Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Abantu uruvunganzoka mu gitaramo Bobi Wine yemerejemo kwiyamamariza kuyobora Uganda-AMAFOTO

Ubwanditsi 14 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha
ITOHOZA

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe
Mu Rwanda

Kenya barahanganye naho mu Rwanda baratuje kandi hombi Amatora azaba mu bihe bimwe

Ubwanditsi 10 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru