• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda havumbuwe ibyobo bihambwamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozo

Uganda havumbuwe ibyobo bihambwamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozo

Ubwanditsi 17 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Hirya no hino muri za  Kasho za Polisi muri Uganda,  ku gice cyegereye u Rwanda, ahitwa Kisoro no mu mujyi wa Kampala, haravugwa ibyobo bijugunywamo abanyarwanda bicwa bamaze gukorerwa iyica rubozi n’inzego z’ubutasi bwa gisilikare CMI.

Ibi byatangajwe n’Abanyarwanda bakomoka mu Karere ka Nyabihu aribo Mukamurenzi Odette, Jean Bosco na Maniradukunda Jean Remmy, bari bafungiye muri kasho y’ahitwa Kisoro, nyuma yo gufatwa bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu batabifitiye ibyangombwa.

Maniraguha yagize ati “Benshi bagiye bapfa bishwe n’inkoni, abandi bagiye bapfa bishwe n’imirimo y’agahato, abandi bagiye bapfa bishwe n’indwara batabashije kubona ubuvuzi. Hari benshi bagiye bapfa bishwe n’inkoni, abandi bishwe n’indwara […] abapfuye hari icyobo babahambamo bose bagerekeranye.”

Aho bari bafungiye bahasize abandi banyarwanda benshi badafite uko bazahava, nk’uko babitangarije Radio Rwanda.

Aba banyarwanda batatu, kuri uyu wa Gatanu w’iki cyumweru dusoza nibwo bageze ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera nyuma y’igihe kirekire bafungiye muri Uganda, bakorerwa iyicarubozo ndetse bagakoreshwa imirimo y’uburetwa.

Murekatete we ati “Hari n’abagore baba batwite bakabyarira aho bafungiye, abandi bakahapfira.”

Aba baturage bavuga ko ubashije kubona ruswa aha inzego zishinzwe umutekano za Uganda bamurekura agataha, abatabonye iyo ruswa bagakomeza gufungwa no gukorerwa ihohoterwa ritandukanye.

Bavuga ko bafatwa bafite ibyangombwa bakabanza kujyanwa muri kasho. Iyo bagezemo bakoreshwa imirimo ivunanye irimo guhinga, kubumba amatafari no kuyikorera, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ribaviramo ubumuga, abandi bagapfa.

Guverinoma y’u Rwanda yasabye gusaba abaturage bayo kutajya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo, kugeza igihe ibibazo bihari bizakemukira.

Uretse ibisobanuro ku banyarwanda bahohoterwa, u Rwanda rwanabisabye Uganda ku mitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya ubusugire bwarwo irimo FDLR na RNC ifashwa na Guverinoma ya Uganda mu bikorwa birimo gushaka abayoboke.

Uganda yanasabwe ibisobanuro ku kibazo cy’abanyarwanda bakora ubucuruzi umunsi ku wundi bagendeye ku bwisanzure bugenwa n’amahame y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba ariko bakameneshwa muri Uganda n’ibicuruzwa byabo bigafatirwa nta mpamvu izwi.

2019-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana:  Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana: Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Ubwanditsi 24 Feb 2020
U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

Ubwanditsi 26 Dec 2019
Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Ubwanditsi 01 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018
INKURU NYAMUKURU

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Ubwanditsi 25 Feb 2018
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu
Mu Mahanga

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda
Amakuru

Human Rights Watch ikomeje kwifashisha nkana abatangabuhamya b’ibicupuri mu guharabika u Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru