• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Editorial 29 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Umugore w’Umunyarwandakazi witwa Elisabeth Mukarugwiza w’imyaka 38, ku wa Gatatu yaguye hasi ndetse apfira ku ruhande rwa Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Ababonye uwo mugore agwa hasi bari ku ruhande rw’u Rwanda bashatse kumuramira ngo bamugeze kwa muganga ariko bazitirwa n’abasirikare ba Uganda bakambitse hafi aho, babangiye gukandagiza ikirenge ku butaka bwa Uganda.

Abayobozi bavuga ko uwo muturage adaturuka hafi y’umupaka nk’uko bimwe mu bitangazamakuru bya Uganda byabitangaje, bimwe bikavuga ko yari ajyanywe no guhaha muri Uganda. Umupaka wubatse mu karere ka Burera mu gihe uyu muturage avuka mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze ari naho yakoreraga ubucuruzi bwe.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney, yabwiye itangazamakuru ko uwo mugore yaguye yageze muri Uganda, ananyomoza ibyo kuvuga ko yari agiye muri Uganda gushaka ibiribwa kuko “nabo ntabyo ntabwo bejeje, ibihe bigezweho ni ibyo guhinga.”

Yakomeje ati “Hari ahantu mu ishyamba, hari amabuye, akubita umutwe hasi. Abasirikare b’u Rwanda ntibabashije kujya ku mufasha kuko hari ku butaka bw’ikindi gihugu. Bamujyanye ku bitaro bya Kisoro yapfuye, baza kumugarura mu Rwanda bamushyikiriza ubuyobozi bw’u Rwanda.”

Ubu umurambo we wajyanywe mu bitaro bya Ruhengeri aho uri gukorerwa isuzumwa ngo hamenyekane impamvu nyakuri y’urupfu rwe, hanarebwe niba yari atwite nk’uko byagiye bitangazwa.

U Rwanda rumaze iminsi ruburiye abaturage barwo kutajya muri Uganda, nyuma y’amagana y’abagiye bagirirwa nabi, bagafungirwa ahantu hatazwi, bagakorerwa iyicarubozo abandi bakicwa.

Mu myaka ibiri ishize abanyarwanda benshi bagiye bazwa ku mupaka n’inzego z’umutekano za Uganda nyuma yo gufungwa igihe kirekire no gukorerwa iyicarubozo, nyamara ntihagire ibyaha bashinjwa imbere y’inkiko ahubwo bagasabwa ruswa ngo barekurwe.

2019-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Editorial 09 May 2022
Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Kayumba Nyamwasa yahaye umukoro udasanzwe Etienne Masozera wagereranya nko guteranya igi ryamenetse ngo amufashe kwiyunga n’igice cya Jean Paul Turayishimye ngo bagaruke bakorere mu kwaha kwe 

Editorial 22 Apr 2020
Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Editorial 15 Aug 2018
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Editorial 30 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi
ITOHOZA

Icyo igisirikare n’igipolisi bya Uganda bivuga ku Banyarwanda bamaze iminsi batabwa muri yombi

Editorial 29 Dec 2017
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Editorial 05 Feb 2020
U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye
ITOHOZA

U Rwanda ku mwanya wa cyenda ku Isi mu bihugu bifite umutekano usesuye

Editorial 17 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru