• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

Editorial 25 Sep 2019 POLITIKI

Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko icyemezo cyo guhagarika Inteko Ishinga Amategeko by’agateganyo cyafashwe na Minisitiri w’Intebe Boris Johnson kitubahirije amategeko.

Guhera mu ntangiriro za Nzeri Boris yahagaritse imirimo y’Inteko by’agateganyo, benshi bavuga ko icyo agamije ari ukubuza abadepite kuganira kuri gahunda za Guverinoma z’uburyo igihugu cyabo kizivana mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Itariki ntarengwa u Bwongereza bwahawe yo kuba bwahisemo uburyo bwo kuva muri EU ni tariki 31 Ukwakira uyu mwaka.

Boris yakunze kuvuga ko we ashaka ko igihugu cye kiva muri EU uko cyavamo kose, mu gihe abandi basaba ko kivamo habayeho ubwumvikane bw’uburyo kizakomeza gukorana n’uwo muryango.

Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Kabiri rwatangaje ko guhagarika Inteko Ishinga amategeko bitari byubahirije amategeko kandi ari ukuvogera amahame y’imena ya demokarasi.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko bikiri kwiga ku mwanzuro urukiko rw’Ikirange rwafashe.

Boris yavuze ko yahagaritse imirimo y’inteko kugira ngo abone umwanya wo gutegura imigambi ya Guverinoma ye mbere y’ijambo ry’umwamikazi rizavugwa tariki 14 Ukwakira.

Umucamanza Hale w’urukiko rw’ikirenga yavuze ko atari byo, ati “umwanzuro wo kugira inama Umwamikazi ngo ahagarike Inteko ntabwo wubahirije amategeko kuko byagize ingaruka ku Nteko kugira ngo ibashe gukomeza imirimo yayo kandi nta mpamvu igaragara yatanzwe.”

Urukiko rwavuze ko igisigaye ari ah’Inteko Ishinga Amategeko kugena igikurikiraho.

Nyuma y’umwanzuro w’urukiko, bamwe mu badepite basabye Boris kwegura kandi Inteko Ishinga Amategeko igasubira mu mirimo mu maguru mashya.

Umuyobozi w’ishyaka ry’abakozi, Jeremy Corbyn yasabye Boris gusuzuma niba umwanya arimo awukwiriye ubundi akegura.

Perezida w’umutwe w’abadepite, John Bercow yashimye umwanzuro w’urukiko, avuga ko Inteko ishinga amategeko igomba kugaruka mu mirimo kuri uyu wa Gatatu.

Depite Andrew Bridgen we yavuze ko umwanzuro w’urukiko wamubabaje ndetse ko ari igitutsi kuri demokarasi y’u Bwongereza gutesha agaciro icyemezo Guverinoma yari yafashe.

Kugeza ubu umupira uri mu ntoki z’abadepite, niba bafata umwanzuro wo kweguza Boris Johnson cyangwa bamureka imirimo igakomeza.

2019-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Editorial 04 Jun 2025
Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Menya ibyavuye mu Kiganiro n’Abanyamakuru: Perezida Kagame yagarutse ku mubano wa Sebarundi n’u Rwanda

Administrator 27 Nov 2025
Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless

Editorial 08 May 2025
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Editorial 08 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso
ITOHOZA

Icyerekanye uko Isi izaba imeze muri 2022. Yaburiye Amerika ko mu myaka 5 ishobora kuba yaratakaje ubuhangange itabaye maso

Editorial 24 Jan 2017
Umuhanzi Theo Bosebabireba  wakubutiwe Kampala yamaze kuva mubitaro aho yararwariye
Mu Mahanga

Umuhanzi Theo Bosebabireba wakubutiwe Kampala yamaze kuva mubitaro aho yararwariye

Editorial 03 Feb 2018
Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Uko Sam Kutesa yavuye mu Rwanda ibintu bikarushaho kuba bibi hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru