• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, POLITIKI

Mu gihe ubutegetsi bwa Museveni bukomeje kuzunguzwa n’ibyahishuwe na Olivier Nduhungirehe kuwa Gatanu ushize mu nama yahuje impande zihagarariye u Rwanda na Uganda zigaga ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byombi, i Entebbe; ibitanzamakuru by’icengezamatwara rya Kampala byongereye ikibatsi mu gukwirakwiza ibinyoma.

Ikinyamakuru cyo kuri murandasi ‘CommandPost’, gihabwa amabwiriza na Col. CK Asiimwe, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya iterabwoba mu mutwe ushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda, cyatangaje inkuru ifite umutwe ugita uti “Intumwa z’u Rwanda zidashinga, mu biganiro by’i Kampala bigamije kugarura amahoro, zananiwe kugaragaza ibihamya bifatika bishinja Uganda”. Iyi ni imyandikire igayitse yagereranywa n’iya filime y’amakabyankuru atarabayeho, kuruta kuba inkuru.

Iyi nkuru itangirira ku kinyoma gikomeye, ivuga ko abahuza muri ibyo biganiro (Angola na DRC) baguye mu kantu nyuma y’uko itsinda ry’u Rwanda rinaniwe kugaragaza byibura ingingo imwe ishingirwaho mu birego barega Uganda. Hashingiwe ku makuru yatanzwe n’abari bahagarariye amatsinda y’impande zombi mu kiganiro bahaye itangazamakuru, nyuma y’ibiganiro, iki kinyamakuru ‘CommandPost’ cyanditse ibinyuranye nabyo.

U Rwanda rwagaragaje neza ibibazo bikomeye byanegekaje umubano w’ibihugu byombi, bigabanywa mu ngingo eshatu: Kuba Uganda icumbikiye imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda; gushimuta, gukorera iyicarubozo, no kwica abanyarwanda b’inzirakarengane, bikozwe n’inzego zishinze umutekano za Uganda nta butabera bahawe; ndetse n’icengezamatwara rirwanya u Rwanda, ryiganjemo ibitutsi n’ibinyoma.

Ibi byose byagaragajwe biherekejwe n’ibihamya bifatika, kandi abahuza muri ibi biganiro bari basanzwe babizi kuko kuva iki kibazo cyatangira, u Rwanda rwakomeje kubigaragaza mu buryo busesuye.

Ni nayo mpamvu abahuza basabye Kampala kwirukana ku butaka bwayo abayobozi b’imitwe y’iterabwoba barwanya u Rwanda, nk’umwanzuro w’ingenzi wo kubaka icyizere, ariko Uganda ikabitera utwatsi.

Inkuru ya ‘CommandPost’ ikomeza ivuga ko u Rwanda rutahagarariwe uko bikwiye muri iyo nama. Itsinda rihagarariye u Rwanda ryari rigizwe na Olivier Nduhungirehe, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga, ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba nk’umuyobozi waryo; hari kandi n’abaminisitiri batatu, Gen Patrick Nyamvumba wa minisiteri y’umutekano; Prof. Anastase Shyaka wa minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu; na Johnston Busingye minisitiri w’ubutabera, akaba n’intumwa nkuru ya leta.

Mu bandi bari bahari, harimo Maj Gen Joseph Nzabamwita, umunyamabanga mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubutasi (NISS), ndetse n’uhagarariye u Rwanda muri Uganda, Maj Gen Frank Mugambage.

Iri niryo tsinda inkuru y’icengezamatwara ivuga ko ryari riciriritse ugereranyije n’abari bahagarariye Uganda. Ikindi gisekeje, iki gitangazamakuru kiyobya cyavuze ko itsinda rihagarariye u Rwanda ryanze kuvugisha itangazamakuru, kikavuga ko ryifuje kwinjira nyuma y’uko itangazamakuru rigiye gufata amafunguro.

Ku rundi ruhande, itsinda rihagarariye Uganda ryatewe ubwoba n’ibyo abahagarariye u Rwanda bavugaga ku gihugu cyabo, bahitamo guhindura imiterere y’inama ku munota wa nyuma.

Bwa mbere imiterere y’ibiganiro yari yemeranyijwe n’impande zombi, yateganyaga ko buri ruhande rwagombaga gutanga ijambo ry’ikaze, nyuma hagakurikiraho abahuza mbere y’uko itangazamakuru rihabwa ikaze, ibiganiro bigakomeza ku mugaragaro, nkuko byari byagenze mu biganiro by’i Kigali byabaye tariki ya 16 Nzeri, 2019.

Gusa Uganda yahinduye gahunda ku munota wa nyuma, isaba ko abahuza aribo bavuga mbere yo gushyira itangazamakuru mu muhezo. Mu biganiro byabereye mu muhezo, ibimenyetso ntakuka byashyizwe ahagaragara, birimo n’ibigaragaza uruhare rutaziguye rw’Umunyamabanga wa Leta muri Uganda ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Philemon Mateke, mu bikorwa byo gutera u Rwanda.

U Rwanda rwerekanye uruhare rwa Mateke mu bitero byo mu Kinigi, mu majyaruguru y’u Rwanda mu kwezi k’Ukwakira, aho abasivili 14 bahasize ubuzima, abandi bagakomereka. Ibimenyetso byatanzwe bigaragaza ko Mateke yavuganana n’abagabye icyo gitero bo mu mutwe w’iterabwoba wa RUD-Urunana mbere, mu gihe cy’igitero ku Rwanda, ndetse na nyuma yacyo.

Muri iyi nama, itsinda rihagarariye Uganda ryahariye Kutesa ijambo ku rugero rwa 80% nkuko byemezwa n’abari bahari.

Bageze ku ngingo y’abanyarwanda 46 bafatiwe ku mupaka uhuza Uganda na Tanzaniya, Mwesigwa Rukutana yashatse gutanga inyunganizi, yisanga avuguruje Sam Kutesa, nkuko bivugwa na bamwe mu bari bahari.

Rukutana asa n’utari wamenye ko Kutesa yemeye ko abo bantu batawe muri yombi kandi bahabwaga ubufasha n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Asa n’uwari usinziriye, gusa ubwo yari ari gutanga inyunganizi ye, yavuze ko abo bantu bafatiwe muri Tanzaniya ndetse ko Uganda ntacyo biyirebaho. Icyo gihe Kutesa yaguye mu kantu, ndetse asaba n’imbabazi mu mwanya wa mugenzi we.

Inama isojwe, Uganda yashakaga ko imyanzuro yayo isigirizwa, bikavugwa ko ibiganiro byageze ku ntego yabyo. Gusa itsinda rihagarariye u Rwanda ryanze icyo kinyoma, ndetse rivuga ko ntacyo byafasha abaturage b’ibihugu byombi.

Ibi bisa n’ibisobanura imyitwarire idasanzwe ya Kutesa wagaragaye yivuguruza mu kiganiro cy’iminota hafi 30 yakoranye na Olivier Nduhungirehe baganira n’itangazamakuru nyuma y’inama.

Uganda yakomeje gufatirwa mu cyuho, ariko abacengezamatwara bayo barwanya u Rwanda bakomeje kutava ku izima

2019-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Ubwanditsi 13 Feb 2019
RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

RGB ishobora kuzajya ihana abanyapolitiki bagaragaweho amakosa

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Abanya-Uganda bararegera kubangamirwa, Abanyarwanda baregera iyicarubozo

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Inararibonye
    December 23, 20197:55 am -

    a) kubabaza Rutabana Benjamin bakarya indimi
    b) kuvuguruza perezida wabo, kuko yasinye amasezerano yemeza ibiriho n’uko bigomba gukemurwa, hanyuma bo bakabihakana bavuga ngo ntibashyigikiye imitwe irwanya u Rwanda cg ngo nta banyarwanda bafunzwe cg kubangamira imishinga y’u Rwanga. Bakarya indimi. Tekereza rwose. ni agahoma munwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise
HIRYA NO HINO

Cibitoke: Umuganga yasambanyije umugore wari uri ku bise

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda
POLITIKI

Perezida Kagame yatumiye Macron kuzasura u Rwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025

Ubwanditsi 01 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru