• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Ubwanditsi 09 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

RNC yari yaragize Afurika y’Epfo indiri yayo, akaba ariho ibikorwa by’iterabwoba bya RNC byategurirwaga. Kuko umukuru nyawe wa RNC Kayumba Nyamwasa yabaga muri icyo gihugu kandi atemerewe kukivamo, byabaga ngombwa ko abandi bayoboke ba RNC bamusangayo, bityo akaba ariho icyicaro cyayo gikuru kibarizwa. Usibye ibitero by’iterabwoba byagabwe mu Rwanda, aho hatewe za Gerenade zikica benshi abandi bagakomereka, Kayumba yanashyizeho umutwe w’ingabo wa P5 yibereye muri Afurika y’Epfo aho yakoreshaga ikoranabuhanga rya Skype.

Nkuko byatangajwe na Minisitiri w’ibikorwa by’imbere mu gihugu Aaron Motsoaledi, itegeko rishya ribuza impunzi zibarizwa ku butaka bwicyo gihugu gukora ibikorwa bya politiki ijyanye n’ibihugu bakomokamo, aho bibaye ngombwa bagomba kubyakira uburenganzira.

Ibi bivuzeko ko inama za RNC yaba iya babiri baba batatu, bagomba kubyakira uburenganzira, Kayumba kandi yibuke ko no gukora politiki bibujijwe bityo kwifungirana mu cyumba akajya kuri Skype cyangwa kuri Radio Itahuka, bizatuma bamuhambiriza.

Mu bindi RNC ndetse n’indi mitwe ya politiki yo mu bindi bihugu batemerewe, harimo kuba batakandagiza ikirenge aho ambasade z’ibihugu bakomokamo ziherereye. Ntibagomba kandi kujya mu bikorwa bw’amatora, byaba gutora cyangwa gutorwa, ibi birareba cyane abo muri Kongo Kinshasa na Zimbabwe batoraga kandi biyita Impunzi.

Minisitiri Motsoaledi yavuzeko ibi ntaho bihuriye no kubangamira impunzi, ahubwo ko ari ukubabuza ibikorwa bya politiki nkuko yabitangarije umunyamakuru Kieno Kammies wa CaptTalk. Yongeyeho kandi ko iri tegeko rishya risimbura iryo muri 1998, rigamije kubahiriza amategeko agenga impunzi.

Nta kabuza ko iri tegeko rizagira ingaruka nziza ku banyarwanda dore iko ibitero bya grenade bya RNC byahitanye benshi,ndetse bigahesha amahoro uburasirazuba bwa Kongo, dore ko RNC irota kuhagira indiri yayo.

Impera za 2019 ndetse n’intangiriro za 2020 zije zica intege RNC, kuko muri 2019 ingabo zayo zizwi nka P5 zatezwe umutego zose zirahashirira izindi zifatwa mpiri harimo Maj (Rtd) Mudathiru. Mu karere RNC yari yaragize indiri Uganda, ariko biragaragara ko Uganda igenda yubahiriza amasezerano ya Luanda kuburyo na RNC izahacika.

2020-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Burundi: Nyuma yo gusimbuka urupfu inshuro nyinshi, Col Richard Niyitanga yarishwe bivugwa ko yari agiye kwiba

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ikinyoma gitindi Kirasama: Tshisekedi ashobora kwisanga mu rusobe rw’ibibazo nyuma yo kubeshya abarwanya u Rwanda ko azabafasha gukuraho Leta.

Ubwanditsi 22 Jun 2023
Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Ubwanditsi 23 Apr 2019
Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Leta ya Uganda yakoze amakosa ubwo yasinyiraga inguzanyo yo kwagura ikibuga cy’indege cya Entebbe none birangiye bugishyize mu maboko y’Abashinwa

Ubwanditsi 26 Nov 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Ko
    January 10, 20208:09 am -

    Bambara imyenda ya yellow nka NRM
    Umwanda ugira iyo uva. Sinshaka kuvuga ngo isuku igira isoko

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi  bakuru ba RNC
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahuye na Charlotte Mukankusi, umwe mu bayobozi bakuru ba RNC

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF
IMIKINO

Rayon Sports yanditse amateka yo kugera muri ¼ cy’imikino ya CAF

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru