• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Burundi: Musenyeri Ntamwana yongeye kuvuga ko ntawemerewe kugira Abarundi abaja

Ubwanditsi 25 Jan 2020 POLITIKI

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gitega, Musenyeri Simon Ntamwana, yongeye kuvuga ko agihagaze ku byo yavuze mu 2015, ubwo yavugaga ko nta muntu n’umwe ushobora gufata abarundi uko yishakiye ibyo yise ’kugira Abarundi abaja’.

Mu 2015 ubwo hatangiraga gututumba umwuka utari mwiza hagati y’ishyaka rya CNDD-FDD rya Perezida Pierre Nkurunziza n’abatavuga rumwe naryo, bamagana manda ya gatatu ye, Musenyeri Ntamwana na we yagiye mu bamagana ko hafatwa icyo cyemezo.

Icyo gihe, yavuze ko mu gihe CNDD FDD yakwemeza umuntu utemerewe gutorwa, byaba ari nko kugira abarundi abaja, aho yagize ati “Ntituri abaja b’umuntu uwo ari we wese”. Ni amagambo yahise aba intero y’abatavuga rumwe n’iryo shyaka mu myigaragambyo yakurikiyeho.

Ayo magambo yarahindukiye anakoreshwa n’abarwanashyaka ba CNDD-FDD na bo bavuga ngo ‘Si ndi umuja, bashaka kwamagana abashaka ko bagendera ku byo bifuza’.

Kuva icyo gihe kandi byateye umwuka utari mwiza hagati ya Kiliziya Gatolika mu Burundi na CNDD FDD yanahise yikura mu ndorerezi z’amatora yabaye muri Nyakanga 2015, yarangiye Perezida Pierre Nkurunziza ayatsinze.

Kuri ubu amashusho ari gucicikana ku mbuga nkoranyambaga mu Burundi, yerekana Musenyeri Ntamwana ayoboye igitambo cya Misa mu bikorwa by’amasengesho yateguwe na CNDD FDD mu Ntara ya Gitega.

Ibintu byatumye benshi babifata nk’ikimenyetso cy’uko Kiliziya Gatolika yaba yariyunze n’iryo shyaka, nyuma y’igihe batumvikana.

Aganira na BBC, Musenyeri Ntamwana yavuze ko nta shyaka abarizwamo kandi ko atigeze ajya kwiyunga na ryo ahubwo uko yahagaragaye ari nk’uko n’abandi bamutumira mu masengesho.

Ati “Ntabwo nagiye ngo niyunge n’iryo shyaka kuko nta shyaka na rimwe ndimo nta n’iryo nshaka kwinjiramo. Ishyaka ryanjye ni rimwe ni Ijambo ry’Imana. Uko abo muri CNDD FDD bansaba kubasomera ijambo ry’Imana ni nk’uko abo muri UPRONA cyangwa CNL bashobora kubinsaba. Aho umukristu yampamamagara hose nzitaba.”

Aho nibo BBC yamubajije ku byo yavuze mu 2015 ayibwira ko akibihagazeho, agira ati “Nta n’umwe wemerewe kutugira abaja. Nta n’umwe. Ni ibisanzwe kuko uwo ari wese utifuza kugendera ku mateka yacu ngo yubake igihugu, azaba arenganya abarundi.”

Musenyeri Simon Ntamwana yanavuze ko bazohereza indorerezi mu matora yo muri Gicurasi nka Kiliziya Gatolika kandi ko bamaze kubimenyekanisha.

Umukandida mushya wa CNDD FDD

Kuva ku wa Kane CNDD FDD iri mu masengesho y’iminsi itatu asozwa kuri uyu wa Gatandatu. Arakurikirwa no gutora umukandida uzahagararira iryo shyaka mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri uyu mwaka. Gutora umukandida bikazakorwa ejo ku Cyumweru tariki 26 Mutarama 2020.

Nubwo bigoye kumenya uzatorwa, amakuru avuga ko hari abantu babiri banugwanugwa. Abo ni Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda, n’umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD, Evariste Ndayishimiye.

Nubwo nta tegeko ribuza Perezida Pierre Nkurunziza, kongera kwiyamamaza amaze kuvuga kenshi ko manda arimo ariyo ye ya nyuma. Ibyo bishimangirwa n’itegeko ryatowe n’Inama nkuru y’u Burundi rimugenera imperekeza bivugwa ko ishimishije kandi akazanahabwa izina ry’icyubahiro.

Musenyeri Simon Ntamwana avuga ko nta muntu ukwiye gufata abarundi uko yishakiye

Umunyamabanga mukuru wa CNDD FDD Evariste Ndayishimiye (ari kumwe n’umugore we) ari mu bahabwa amahirwe yo guhagararira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2020

Perezida w’Inama Nkuru y’u Burundi, Pascal Nyabenda (ari kumwe n’umugore we) na we ari mu bavugwa ko bashobora guserukira CNDD FDD mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020

Ishyaka CNDD FDD riri mu masengesho y’iminsi itatu mbere yo gutora umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu

2020-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda

Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na FDU-Inkingi ikwiye gucibwa vuba

Ubwanditsi 04 May 2021
Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Ubwanditsi 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube
Amakuru

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23
Amakuru

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024
Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire
Amakuru

Rwalinda Pierre Céléstin yivuyemo nk’inopfu, yiyemerera ko  abajenosideri n’abandi bagome boherereza ‘ingemu’  Nyirabuja Ingabire Victoire

Ubwanditsi 27 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru