• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga n’ajyanye n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo uherutse kwiyambura ubuzima ndetse aho bamwe mu barwanya Leta y’uRwanda bakomeje kubigira iturufu ndetse basaba amaperereza adafututse mu gihe Urwego rwa RIB rwo rwamaze kwemeza ko Kizito yiyahuye akoresheje amashuka yari yarayeho aho yari afungiye mu kasho ka Remera mu mujyi wa Kigali.

Ibi ninako byashimangiwe n’Umuryango wa Kizito Mihigo wamaganye wivuye inyuma impuha zitwaza urupfu rwe mu gushinyagurira uyu muryango nyuma yo gutakaza umuvandimwe wabo wiyambuye ubuzima.

Bati : “Ibyo bihuha birakwirakwizwa biciye mu mbuga nkoranyambaga ibi bikaba bikorwa n’abantu batandukanye barimo abanzi b’igihugu kubera inyungu zabo za Politiki “.

Twebwe nk’umuryango twagirango dutangarize abanyarwanda ko izo mpuha zihabanye n’ukuri kandi tukaba tuzamaganiye kure.

Ni mugihe ariko Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu HRW,n’indi miryango mpuzamahanga ikomeje gusaba iperereza ryimbitse ku rupfu rw’uyu muhanzi, urwego rw’ubugenzacyaha RIB rwamaganiye kure icyo kifuzo cyane ko uRwanda ari igihugu gifite ubutabera bumaze gutera imbere ku rwego mpuzamahanga.

Imitwe y’inyeshyamba irwanya Leta y’uRwanda nka RNC,P5 ndetse na FDLR ikomeje gusaba misa zidafite ubusobanuro cyane ko ibyinshi bishingiye ku nyungu za Politiki.

Mu itangazo FDLR yasize ahagaragara ryo kuwa 21/02/2020 yamenyesheje abambari bayo ko ejo ku cyumweru 23 Gashyantare sayine ariho hazasomwa Misa yo gusabira Kizito Mihigo wiyambuye ubuzima, abantu bakomeje kwibaza impuhwe Gen.Omega na Gen.Byiringiro bafitiye Kizito Mihigo wacitse ku icumu rya Jenoside abenshi muri aba bayobozi ba FDLR bagizemo uruhare, FDLR yuzuyemo ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’abayikoze.

Uwiyishe ntaririrwa!

Abasesenguzi bakomeje kugira bati : Kizito Mihigo ni umwe muri ba bandi wavugiraho ko ari abo Umwami yahaye amata bamwimye amatwi. Uyu musore wiyahuye afite gusa imyaka 38 yagabiwe buri kimwe cyose mu Rwanda, aratunga aratunganirwa gusa aza kwijuta, ararengwa, yibagirwa vuba.

Ni umwe mu bantu bagiriwe impuhwe  na benshi mu Rwanda, barimo na Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’umuryango we , igikundiro cye akagikesha abari baratwawe n’ijwi rye mu njyana ya Classique, abandi bagatwarwa n’uburyo yaterekaga amaso ari ku ruhimbi, cyangwa se indirimbo ze zivuga amahoro; gusa ubanza yari amahoro mahimbano mu magambo aho kuba mu bikorwa.

Ni umugabo wibagiwe vuba agakabya. Mu 2001, yahawe na Perezida Kagame buruse yo kwiga umuziki nyuma y’uko agaragaje ubuhanga nk’umwe mu bagize uruhare mu guhimba injyana y’indirimbo yubahiriza igihugu.

Yagiye kwiga mu Bufaransa mu Ishuri rya muzika ryitwa Conservatoire de Paris, ahavuye akomereza mu Bubiligi ari naho yatangiye kumenyekanira, hashize imyaka icumi agaruka mu Rwanda.

Yari umuntu icyo gihe wisanga hose, agahabwa rugari na buri wese, dore ko igikundiro ari bake bakimurushaga pe. Byageze n’aho nyuma y’umwaka umwe gusa ashinze Umuryango yari yariyitiriye ukora ibikorwa byo kwigisha ubumwe n’ubwiyunge, Kizito Mihigo pour la Paix, ahembwa na Madamu Jeannette Kagame nk’umwe mu rubyiruko rwakoze ibikorwa by’indashyikirwa.

Ibyo bikorwa by’indashyikirwa bye, byaje kuba ibyo kugawa nyuma y’imyaka mike. Bamwe mu nshuti ze za hafi bakunze kuvuga uburyo ari umuntu wakuranye ibitekerezo byo kujya muri politiki, ko yifuzaga kubona umwanya ukomeye mu nzego za leta ndetse ko aho kumuha ibyo bikombe byose bari kuba baramuhaye umwanya w’ubuyobozi.

Ibijya gucika bica amarenga. Za nzozi yanze kuzipfana ashaka uko azazigeraho anyuze iyi busamo

Uko imyaka yicumaga, ukwezi ku kundi hagasohoka ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri hanyuma akabonamo abandi we ntiyibone, ndetse akabonamo na benshi arusha kwamamara, byaje gutuma ashaka izindi nzira z’ibusamo zo kuba yagera ku byo yifuzaga, ni ko gushaka kujya kwifatanya n’abarwanya leta.

Ku wa 4 Mata 2014 nibwo yatawe muri yombi, hashize iminsi icumi agaragara ku Kacyiru ku cyicaro gikuru cya Polisi yemera ibyaha byatumye bamwe amabere yikora.

Ibintu abantu benshi batamukekeragaho ni byo yemeye ko yakoze. Gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu, kujya mu mitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ku buryo twari kujya twumva ngo Kizito Mihigo twakunze ni we wateye grenade aha n’aha.

Yumvaga ko RNC, FDLR na ba Cassien Ntamuhanga ndetse na Gerard Niyomugabo baramutse bafashe ubutegetsi, ko amahirwe ye yakwiyongera, akicara muri ya ntebe yifuzaga ahari.

Ku wa Gatanu tariki 27 Gashyantare 2015, Urukiko Rukuru rwamuhanishije igifungo cy’imyaka 10, nyuma yo kumuhamya ibyaha bine birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icy’ubugambanyi bwo kugirira nabi ubutegetsi buriho cyangwa umukuru w’igihugu, ubwoshye bw’ubugambanyi bwo kugirira nabi umukuru w’igihugu ndetse n’icyo gucura umugambi w’ubwicanyi.

Ibi byose ariko ntabwo abantu babyemeraga na mbere hose usibye kuba yarireguye abyemera, akavuga ko ahubwo ataruhanya asaba imbabazi Umukuru w’Igihugu.

Ya matwi rero atumva, imbabazi yaje kuzihabwa nyuma yo gutakamba gukomeye, akavuga ko yicujije, maze nyuma y’imyaka ine n’igice adaca iryera umucyo wo hanze, ngo agende yisanzuye muri Kigali no mu nkengero zayo, Perezida Kagame amugirira imbabazi asohoka muri gereza we hamwe n’abandi bagororwa barenga ibihumbi bibiri.

Kizito yagarutse mu buzima busanzwe yumva ko azongera kuba wa wundi wa kera uzira icyasha, ariko isura mbi yari yarisize, ntiyahise isibangana ako kanya. Byamusabye kongera gukora indirimbo n’ibitaramo byinshi ariko ni hahandi.

Yasohotse muri gereza ashyize imbere ikintu cyose cyamugira undi wundi, umuntu mushya utarangwa n’ibishuko. Icyo gihe mu kiganiro cya mbere yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko uburyo arajwe ishinga no gushaka umugore, akava mu buzima bwa gisore agaca ukubiri n’ikintu cyose cyamuyobya.

Ntibyamukundiye rwose habe na mba, yaragerageje ndetse abakobwa benshi bakamugendera kure, bamwe baramubenga, bavuga bati uyu musore wageze aho yigarika uwamugabiye ubu aho wenda yazanyigarika naramubumburiye ibibero koko?

Uko ni ko yagowe no kwisanga muri sosiyete, ariho arakomeza arahanyanyaza ajya mu bikorwa binyuranye birimo ibyo kwigisha abana bato mu biruhuko ibijyanye na muzika. Ikibabaje ni abo bana, bagiye kubona mwarimu wabo mu yindi sura, nibura wenda iyo yigisha abakuze bo bamuzi neza, bo ntibari kuzatungurwa.

Nyuma yo kugabirwa buri kimwe cyose, guhabwa imbabazi zibonwa na bake, ntako atagoragojwe ariko ya kamere, wa mujinya w’umuranduranzuzi yaririmbye wakomeje kumukukiramo kugeza aho ejo bundi afata inzira agashaka kujya hanze y’igihugu anyuze mu nzira zitemewe kugira ngo ajye i Burundi yifatanye n’abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ni za ndoto yahoranye kera zikimwirukankamo. Ariko amahitamo ya muntu hari ubwo amuhitana, intamenya ikarira ku muziro ndetse umugabo utabwirwa akisanga yikebeye inyama itaribwa ari nako abo umwami yasereye amasaka, bo bamusereye amabuye.

Imana imuhe iruhuko ridashira.

2020-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Burundi: Abantu 9 bagwiriwe n’ikirombe bahita bapfa

Ubwanditsi 20 May 2019
Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ukwikunda n’ukwiriza kwa Uganda mu mutima w’ibibazo byayo n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Nov 2019
U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

U Bufaransa: Ibitaro byasheshe kontaro ya Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 07 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura
INKURU NYAMUKURU

Imibanire y’uRwanda-Uganda: Ushobora guhisha ukuri ariko ntiwaguhindura

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere
IMIKINO

Afrobasket: Mali na Misiri zageze ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutsinda umukino wa mbere

Ubwanditsi 03 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru