• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Editorial 11 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwe mu baheruka kwitandukanya na FDLR ufite ipeti rya Liyetona avuga ko ubu uyu mutwe wahungabanyijwe no kuba umubare munini w’abawugize ari abageze mu zabukuru kuko abenshi mu basore barimo kuyivamo ndetse n’ibikorwa byo gushuka abakiri bato babakuye mu bindi bihugu bababeshya akazi kabahemba akayabo bikaba bisa nk’ibyakomwe mu nkokora n’amakuru yagiye atangazwa mu binyamakuru ashyira ahagargara amayeri y’ababikoraga ashingiye ku buhamya bw’abashutswe nyuma bakaza kwigobotora uwo mutwe.

Avuga ko ubu nta rubyiruko rukijyanwa muri FDLR ruturutse mu Rwanda cyangwa mu bindi bihugu bituranyi bitewe n’uko ababashije gutoroka babagezaho amakuru y’ibyo bahuriye nabyo mu mashyamba ya Congo dore ko abenshi bajyaga muri uyu mutwe wa FDLR nyuma yo kubeshya ko bazajya babona agatubutse

Ati:” keretse habonetse pepiniyeri(urubyiruko) naho ubundi mugihe gito iraba (FDLR) irangiye”

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byatumye gushora urubyiruko mu mitwe yitwaje intwaro bigabanuka ku kigero cyo hasi dore ko ariwe wari uzwiho kujyana benshi mu banyarwanda abanyujije mu gihugu cya Uganda.

Uyu ngo yari umuhanga cyane mu gushukisha urubyiruko akazi ku buryo ngo mbere y’uko yicwa yari amaze kujyana abarenga 80 mu gihe cy’amezi 3.

Col Mustafa yaje kubona ko atacyishyurwa neza maze yigumura kuri FDLR ndetse anagumura abasirika bagera kuri 20 basubirana Uganda arinabwo yaje guhigwa akicwa ubwo.

Uyu mu liyetona avuga ko hejuru y’ibyo hari n’ibitero by’ingabo za Congo Kinshasa FRDC muri operasiyo yazo yo kurandura imitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu yiswe ‘Sokola’ itoroheye umutwe wa FDLR, iyi operasiyo ngo yatumye uyu mutwe utakigira ibirindiro bihamye kuko uhora wimuka uhunga FARDC.

Aha ngo iyo hagize abarokoka igitero muri iyi operasiyo abenshi muri bo bahita bigira mu baturage mu gace kari kure cyane y’aho abo barwanyi bakambitse maze bakikomereza ubuzima bwa gisivili.Bamwe ngo biyita abanyekongo abandi bakajya mu gihugu cya Uganda dore ko ari naho benshi imiryango yabo iba icumbitse ndetse inahafite ibikorwa by’iterambere.

Yagize ati:” benshi baradizatinze bigira mubaturage Congo abandi bisubirira Uganda basanga imiryango yabo, ubu bikomereje ibikorwa by’ubucuruzi.”

Ibi kandi ngo byatumye umubare w’abarwanyi ugabanuka ugereranyije n’abo FDLR yari ifite mbere y’urupfu rwa Mudacumura na operasiyo ‘Sokola’

ati:”Niba mbere hari nk’abarwanyi bari hafi ibihumbi umunani none hakaba hasigaye abatarenze igihumbi, nabo b’abasaza bari hejuru ya za 60, Abo urumva batera igihugu bakagifata? ibarura riheruka ryagaragaje ko 80 ku ijana muri twe bari hejuru y’imyaka 60, urumva se bitanga icyizere?”

Usibye abageze mu zabukuru kandi, FDLR ifite ikindi kibazo cy’uko abakiri bato mu barwanyi ifite ari abana bavutse ku miryango y’abarwanyi bayo. Aba bana ngo ni abavutse ku basirikare bari mu cyiciro cyo hasi aho usanga batumva neza ibyo kuguma mu buzima bubi kuko n’ababyeyi babo usanga baba barabirambiwe ahubwo kubwo kubura uko batoroka bakahaguma dore ko ufashwe yari afite umugambi wo kuva muri FDLR ahanishwa igihano cy’urupfu.

Aba barwanyi bato nibo babana n’ abana babo aho mu mashyamba ya Congo kuko abari mu nzego z’ubuyobozi usanga bohereza imiryango yabo kuba hanze, bo bagasigara bakusanya imitungo bakura mu gusoresha abaturage ba Congo, kubambura, guhinga amasambu yabo ndetse no gucukura ibirombe by’amabuye y’agaciro.

Benshi muri abo basaza ni abahunze mu mwaka wa 1994 nyuma yo gutsindwa urugamba bagahungira muri zayire ya Mobutu ariko bakaba baranze gutahuka mu Rwanda bitewe n’uruhare bagize muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaba batinya kugezwa imbere y’ubutabera ngo babiryozwe.

2020-03-11
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Editorial 10 Dec 2017
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Editorial 17 Nov 2018
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Editorial 30 Dec 2020
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Editorial 28 Mar 2023
Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Editorial 10 Dec 2017
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Editorial 17 Nov 2018
Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Nyakwigendera Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi yashyinguwe I Bamako muri Mali, Nta ntumwa y’u Burundi yitabiriye uyu Muhango wo kumuherekeza

Editorial 30 Dec 2020
Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Mu kwitegura amatora, Tshisekedi yiteze umutego uzamushibukana, ashyira Bemba na Kamerhe muri guverinoma.

Editorial 28 Mar 2023
Uganda: Rene Rutagungira yitabaje  Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Uganda: Rene Rutagungira yitabaje Maj. Gen David Muhoozi mu rubanza rwe

Editorial 10 Dec 2017
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Editorial 17 Nov 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru