• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Muri Uganda kwicwa uzira ubusa ni ibisanzwe” Bobi Wine

Ubwanditsi 13 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umudepite  mu nteko ishinga amategeko ya Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yagiranye ikiganiro kirambuye n’umunyamakuru wa Finincial Times,David Pilling amusobanurira birambuye politiki ya Uganda nibindi bibera muri icyo gihugu kiyobowe na Perezida Museveni kuva mu mwaka wa 1986 akaba amaze imyaka 33 ku butegetsi.

Bobi Wine umuhanzi ukunzwe n’urubyiruko kubera kuririmba arwanya akarengane kaba muri Uganda, byaje kumuhesha umwanya mu nteko ishinga amategeko aho yatowe nk’umukandida wigenga. Bobi Wine yatangiye abwira umunyamakuru  David Polling iyicarubozwo yakorewe igihe bari mumatora  mu karere ka Gulu  umwaka ushize, ubwo yakubitwaga ndetse n’imyanya ye y’ibanga bakayizirika. Ni nyuma yaho, habaye amatora yo gusimbura Col Abiliga wari umaze kwicwa n’agatsiko ka Museveni noneho NRM ya Museveni igatsindwa.

NRM n’abasirikari barinda Museveni (dore ko nawe yari ahibereye) bagize umujinya w’umuranduranzuzi kubera ubwamamare bwa Bobi Wine noneho bamena ikirahuri cy’imodoka ya Museveni babyitirira abayoboke ba Bobi Wine nuko agerekwaho ibyaha atyo,bamukorera iyicarubozo arafungwa. Nyuma yuko amahanga ahagurutse, Bobi Wine yagiye kwivuza muri Amerika.

Ikiganiro Bobi Wine yagiranye n’umunyamakuru David Polling cyabereye muri resitora iciriritse mu kajagari ka Kamwokya muri Kampala,aho Bobi Wine yafataga amafunguro acyoza imodoka ngo abone ikimutunga akaba nubu ari umudepite ndetse nambere akunda kuhafatira amafunguro kandi afite umutungo uhagije wamujyana mu mahotel akomeye ya Kampala yakuye mu buhanzi

Ikiganiro Bobi Wine yagiranye n’umunyamakuru David Polling cyabereye muri resitora iciriritse

Bobi Wine yagarutse ku bwicanyi bubera muri Uganda aho abantu basanzwe n’abayobozi bicwa umusubirizo. Yagize ati “ushobora kuba wicaye hano umuntu akaza akakwica. Ibyo ni ibisanzwe muri Uganda” Mu mwaka wa 2018, aba Sheik barindwi barishwe, Major  Kiggundu, umunyamategeko Joan Kagezi, Umuvugizi wa Polisi AIG Felix Kaweesi, Col Abiliga, CIP Kirumira n’abandi.

Ni mu mwaka wa 2017,ubwo Bobi Wine yatsindiranga umwanya mu nteko ishinga amategeko, Museveni yatangiye kubona ko Bobi afite imbaraga. Mu kwiyamamaza,Bobi Wine yakomangaga inzu kuyindi. Bobi Wine ageze mu nteko yarwanyije bikomeye guhindura imyaka Perezida wa Uganda agomba kuva afite ubwo mbere itegeko ryavugaga ko atagomba kuba arengeje 75,ariko Museveni warumaze kugira 72 agahindura iryo tegeko kugirango azabashe kwiyamamaza muri 2021. Yahaye abadepite amafaranga menshi ngoni ayo bazakoresha mu ngendo baganira kuri iryo tegeko, ariko Bobi Wine yarayashubije.

Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine

Bobi Wine kandi yagarutse ku rubanza rwe aho ashinjwa ubugambanyi bushobora kumuviramo igihano cy’urupfu. Yagize ati “ Nta cyaha dufite, Museveni niwe uyobora ubutabera ashobora guhamagara umucamanza ati kora iki niki….”

Mu matora ya 2021, Bobi Wine yasabye urubyiruko kwiyandikisha kuri lisiti yitora ari benshi, muri Uganda urubyiruko ntirwitabira amatora kuko bazi ko nubwo batora Museveni yiba amajwi agatsinda. Ubu noneho bafite uzabahagararira akaba aricyo gituma Museveni adasinzira ahimbira ibyaha Bobi Wine ariko abahanga bakavuga ko amwamamaza iyo amufunga.

Abajijwe icyambere azakora natorerwa kuba Perezida,Bobi Wine yavuzeko azakuraho amategeko yise ay’ubugoryi abangamiye uburenganzira bw’abaturage ba Uganda ndetse no kurwanya ruswa yamunze ishyaka rya Museveni n’ubutegetsi bwe. Bobi Wibe yashoje avugako atarwanya Museveni,ahubwo ibikorwa bya Museveni birwanya Perezida Museveni

2019-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Ubwanditsi 27 May 2024
Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa  uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Ubwanditsi 10 Jul 2021
L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Rwanda: 25 Baregwa gushaka guhirika ubutegetsi, bamwe bemeye ko bambukije intwaro bazivanye muri DRC

Ubwanditsi 29 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: umuhungu wa Dr Munyakazi yasanzwe yapfuye imbunda imuteretse iruhande!
INKURU NYAMUKURU

USA: umuhungu wa Dr Munyakazi yasanzwe yapfuye imbunda imuteretse iruhande!

Ubwanditsi 02 Dec 2017
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.
Amakuru

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
RIB Yerekanye Abantu Bakurikiranweho Ibyaha Bakoze Bifashishije Ikoranabuhanga
INKURU NYAMUKURU

RIB Yerekanye Abantu Bakurikiranweho Ibyaha Bakoze Bifashishije Ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru