• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Kaminuza ya Makerere yunze ubumwe na RNC na CMI mu mugambi wo guhungabanya u Rwanda?

Ubwanditsi 21 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ese Kaminuza ikuze muri Uganda ya Makerere, yaba yarinjiye mu mugambi w’ubutegetsi bw’icyo gihugu wo gusakaza icengezamatwara rigamije guharabika u Rwanda?

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter ku wa 19 Werurwe 2020, Kaminuza ya Makerere yagaragaje ko yiteguye gutanga izina ryayo rigakoreshwa na Uganda muri gahunda yayo yo gukwiza ibihuha ku Rwanda.

Urukuta rwa Twitter rwemewe rw’iyo kaminuza rwanyujijweho ubutumwa buvuga ko “Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Makerere bwagaragaje ko Coronavirus yabonetse mu ducurama ifitanye isano ya hafi n’abantu bo mu Rwanda.’’

Makerere yigeze kuba kaminuza ifite icyubahiro ku Isi yose by’umwihariko kubera ubushakashatsi mu bijyanye n’ubuvuzi, imaze igihe igenda isubira inyuma.

Ibihe by’akanda muri Kaminuza ya Makerere byatangiye kwigaragaza ahagana mu 1980, ariko bivuduka kurushaho kuva ubwo Museveni yafataga ubutegetsi (1986).

Ku butegetsi bwa Museveni, izina “Makerere” ryataye agaciro, ubucucike mu ishuri, laboratwari n’ibindi bikorwaremezo bidashamaje, abarimu batanyuzwe kubera umushahara muke bituma ruswa yarimakajwe bitewe n’abagura amanota.

Uyu munsi werekanye ikimenyetso ko abayoboye Makerere biteguye kudubika iyi kaminuza aho irushaho gutakarizwa icyizere ahantu hose. Ubwo butumwa (tweet) buharabika Abanyarwanda ko bari kwandura Coronavirus yavuye mu ducurama, ni urugero rwiza, umuntu wese yabona.

Abamenyereye ibikorwa bibumbiye mu icengezamatwara ry’inzego za Uganda bahamya ko gucura umugambi wo guharabika u Rwanda ari ubutumwa bwashoboraga kunyuzwa kuri Twitter z’ibinyamakuru nka Chimpreports, Spyreports, Softpower n’izindi nzira zigenzurwa n’Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) cyangwa Perezidansi y’iki gihugu.

Abasesenguzi bagaragaza ko kubona tweet ya Makerere yashyizwemo n’ubushakashatsi bufite umutwe uvuga ko “Coronavirus yabonetse mu ducurama ifitanye isano ya hafi n’abantu bo mu Rwanda’’, biratuma abantu bibaza niba CMI yatangiye no gukorera muri kaminuza.

Mbere na mbere, nta bunararibonye buhambaye bisaba ngo umuntu abone ko uwatangaje ubwo bushakashatsi bugaragara ku rubuga rwa Kaminuza ya Makerere, yijanditse mu gikorwa giteye ikimwaro uhereye ku mutwe wayo ushaka gushitura abantu.

Gutangaza ko hari uwasanze Coronavirus mu ducurama ubwabyo si inkuru yo gushyuhira na busa. Ni ibiremwa biremwe mu buryo bishobora kugira ubwoko bwinshi bwa Coronavirus ndetse nta wasaba igihembo cyangwa ishimwe avuga ko ‘yavumbuye’ ibi.

Icya kabiri, iyi nyigo yakozwe hagati ya 2010 na 2014, itangazwa mu 2019. Yabaye intangiriro yo gukora inyigo kuri virus ya SARS ishobora kwandura binyuze mu dutonyanga duto tunyura mu mwuka mu gihe uyifite akoroye, yitsamuye cyangwa avuze ndetse no ku bundi bwoko bwa Coronavirus bushobora kuboneka mu ducurama.

Umushakashatsi ntiyigeze akomoza kuri Coronavirus nshya, COVID-19, icyorezo cyibasiye Isi.

Ariko mu buryo bwo kwigiza nkana, Urukuta rwa Twitter rwa Makerere rwakoresheje amagambo agamije kuyobya rubanda bakoresha ijambo “Coronavirus” ariko batayindukanyije na COVID-19 yugarije Isi. Mu nyandiko yabo bongeyemo ijambo u Rwanda, bizera ko ntawe uzatahura umugambi wabo wo kuyobya imbaga.

Abasesenguzi bavuga ko abahanga mu gukwirakwiza icengezamatwara ubusanzwe baba bafite impano yo gusigiriza ikintu kibi kikavamo inkuru ifite gihamya.

Uwakoze icengezamatwara yifashishije Kaminuza ya Makerere yakoresheje ubumenyi bukiri hasi ubwo yavugaga ko coronavirus ishobora kuboneka mu ducurama two mu Rwanda, Uganda, Kenya, Aziya n’ahandi.

Yabikoze nk’uzi neza ko mu bihe Isi irimo kubera ikwirakwira rya “COVID19”, abantu bazabona ijambo “coronavirus” ariko ntibamenye ko icyo cyorezo atari cyo cyavuzwe, ashaka guharabika u Rwanda.

Twifashishije amwe mu magambo ari muri ubwo bushakashatsi, umwanditsi hari aho agaragaza ko “uducurama tuba hafi y’abantu mu Rwanda twagaragaye nk’udushobora gukwirakwiza virusi byihuse.’’

Imvugo nk’izi uramutse uzihuje n’umutwe w’ubushakashatsi, zishobora kwemeza umusomyi ko Abanyarwanda bibasiwe bikomeye na COVID-19.

Umusomyi usesengura aha ashobora kwibaza “Ni iyihe mpamvu abantu bo muri Kaminuza ya Makerere bashishikajwe no gutangaza kuri Twitter, no gutanga imvano y’iyo raporo nyamara yaragiye hanze mu mwaka ushize?’’

Icya kabiri wakwibaza, niba uducurama two mu Rwanda dufite virus ya Coronavirus itera COVID-19, ni gute ishobora kuva mu ducurama ikagera mu bantu? Iyo ngirwa raporo ntacyo ibivugaho.

Abanyarwanda ntibarya cyangwa ngo bagirane urugwiro n’uducurama. Indwara na virusi byo mu ducurama nitwo zigumamo, iyo zibera kure mu biti aho abantu batagera cyane ko tuguruka mu ijoro ndetse tukaba tudashobora kwanduza abantu.

Abasesenguzi babona neza ko abanditse inkuru ziharabika u Rwanda bazinyujije kuri Twitter, bafite umugambi wo gukoresha COVID-19 nk’intwaro yo gusiga u Rwanda icyasha.

Usesenguye neza ibihamya wabona ko amagambo yatangajwe agamije kurema ibihuha, mu mugambi uhishe wa CMI wo gusebya u Rwanda.

Inkomoko ya COVID-19 irazwi neza. Yatangiriye muri Aziya, ifata u Burayi na Amerika mbere yo kugera muri Afurika.

Gutiza izina “Makerere” ku batifuriza u Rwanda ineza babinyujije mu nkuru ziyobya, ababyihishe inyuma bashimangiye ko ari ikindi gihamya.

Iminsi y’ubunyamwuga, kubahwa no kugirirwa icyizere muri Kaminuza ya Makerere, yararangiye, yagiye nka nyomberi nk’ibindi bintu byinshi muri Uganda kuva mu myaka 34 ishize.

Benshi mu basoza amasomo muri Makerere bamaze igihe bitotomba ko ruswa, ikimenyane biri mu ndangagaciro zimakajwe, zigahabwa intebe kuri ubu. Hari abasesenguzi bagaragaza ko ibi bikorwa bifitanye isano n’imyitwarire y’abayobozi bakuru b’igihugu.

Mu minsi mike ishize, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Rebecca Kadaga, ahagararanye na Perezida Museveni n’undi mugabo w’Umuhinde witwa Sarfaraz Niazi n’abandi bantu bake yatangaje ko “Uganda ifite umuti wa COVID19!” Museveni yahise yemeranya na we avuga ko “Uriya muti uzarangiza iyi Coronavirus! Iyi ndwara izashira ariko hazabaho izindi virusi, ku buryo uwo muti uzaba ufite ubushobozi bwo kuzica nazo.’’

Niazi, bivugwa ko yavumbuye uwo muti, yumvikanye avuga ko “Ushobora kwica virusi zose.’’

Abantu muri Uganda no hanze yayo babanje kugwa mu kantu. Ariko baje kubona ko bwari ‘ubwiyemezi’ bwa Museveni n’uburyarya; bwaje gushimangirwa n’igitwenge cya Kadaga, Museveni n’uwavumbuye umuti, cyari icy’urumenesha.

Umwe mu Banya-Uganda abinyujije kuri Twitter yavuze ko ‘‘Uku niko igihugu cyahindutse, uko twagiye twijandika mu bintu bidakwiye.’’

2020-03-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021
Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ni iyihe mpamvu yari gutuma tubuza Katumbi kwinjira mu Rwanda?-Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’ubujurire rwa Lt. Col. Rugigana uvukana na Kayumba Nyamwasa rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali wari wabuze ngo yari yagiye gusura inkumi bakundana

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition
POLITIKI

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru