• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo
Adeline Rwigara

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubwanditsi 16 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa 16 Ugushyingo, urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara na nyina Adeline Rwigara rwasubukuwe, abaregwa bose bitabye ndetse n’ababunganira.

Adeline Rwigara yahawe ijambo, avuga ko arwaye ari kunywa imiti ikomeye, avuga ko atiteguye bitewe n’uko nta mbaraga afite.

Adeline yavuze ko uburwayi bwe bukomoka mu buryo yafungiwe muri CID, aho ngo yakorewe iyicarubozo ndetse akaba atararyaga.

Avuga ko nta burenganzira bwo kuba afite impapuro zo kwa muganga ndetse ko ngo atitabwaho uko bikwiye. Me Gashabana umwunganira avuga ko hari icyemezo cya muganga bashyikirije urukiko, aho ngo kigaragagaza ko umukiriya we arwaye bikomeye. Gusa izindi mpapuro za muganga ngo zibikwa na gereza.

Iyo ngo agiye kubonana na muganga ngo ntabwo ari we utwara dosiye ye. Me Gashabana yasabye ko urukiko rwategeka agahabwa inyandiko za Adeline kugira ngo zizabashe kugaragarizwa urukiko.

Yanavuze ko kugeza ubu batanze imyanzuro yabo ariko batigeze bahabwa imyanzuro y’ubushinjacyaha ngo bamenye icyo bwavuze ku yabo.

Ku ruhande rwa Diane Rwigara avuga ko yiteguye kuburana n’ubwo nta myanzuro y’ubushinjacyaha bafite. Me Buhuru Pierre Celestin avuga ubushinjacyaha bukwiye kubaha imyanzuro bakayigaho na bo.

Kuburanisha urubanza batayifite ngo byaba ari ukubogamira ku bushinjacyaha. Ngo nta mpamvu bahabwa ijambo kandi nta myanzuro bwatanze.

Ku ruhande rw’Umushinjacyaha, Nkusi Faustin avuga ko ubwo urubanza rwasubikwaga hari hanzuwe ko Adeline agomba kugaragaza icyemezo cya muganga, aho ngo ntacyo yigeze agaragaza.

Avuga ku by’imyanzuro, avuga ko kuvuga ko batayibahaye atari byo. Ubushinjacyaha ngo bwabonye imyanzuro y’abaregwa ndetse baranayisubiza. Icyo gihe hari ku itariki ya 6 Ugushyingo.

Mukunzi Faustin, uhagarariye ubushinjacyaha avuga ko ibyo kuvuga ko ibyo Adeline arwaye bituruka ku buryo yafunzwemo ntaho bigaragazwa na muganga.

 

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Ubwanditsi 06 Jan 2020
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Nyuma yo gushegeshwa n’ibitero by’ ingabo za Kongo, Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni  yagiriye inama FDLR kugurisha abarwanyi muri RNC  ngo ihanyanyaze, none  abo muri FDLR baramaranira amafaranga y’ingurane!

Ubwanditsi 04 Feb 2021
Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Dosiye ya Minisitiri w’Intebe w’Uburundi, Gervais Ndirakobuca, uvugwa mu guha intwaro FDLR, yabyukijwe.

Ubwanditsi 27 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

Suwede: Umunyarwanda agiye kwitaba urukiko kubera ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi
Mu Rwanda

Therese wari umugore wa Evangeliste KWIZERA Emmanuel yitabye Imana. Ni urupfu rwashenguye benshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake
Amakuru

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Ubwanditsi 20 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru