• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yibukije Abanyarwanda ko ibikorwa byo #Kwibuka26 bitazahagarara, ahubwo ikizahinduka ari uburyo bizakorwamo mu rwego rwo guhuza n’ibihe bidasanzwe u Rwanda ndetse n’isi muri rusange rurimo byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.

Tariki ya 7 Mata buri mwaka, mu Rwanda n’ahandi ku Isi, hatangizwa iminsi 100 yahariwe kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gikorwa gisanzwe kirangwa n’imihango n’ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi, haba mu gihe cyo kugitangiza no bindi bihe abanyarwanda bahurira mu bice bitandukanye bibuka.

Kubera ingamba zashyizweho muri ibi bihe bidasanzwe byo kurwanya no gukumira ikwirakwira rya Coronavirus, zirimo ko nta bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi byemerewe kongera kubaho mu gihe iki cyorezo kitaracika, ibikorwa bijyanye no kwibuka ku nshuro ya 26 na byo bizakorwa hakurikizwa izo ngamba.

Mu kiganiro Dusangire Ijambo cyanyuze kuri RBA mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Mata 2020, kigahuriza hamwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène na Perezida w’ Umuryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), Prof Dusingizemungu Jean Pierre bagarutse ku buryo gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 26 bizaba biri gukorwa.

Dr Bizimana yavuze ko iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi kizubahiriza ibikorwa byose n’amabwiriza ya leta bireba ubuzima bw’igihugu.

Ati “Ubuzima bw’igihugu ubu burahagaze, ibikorwa hafi ya byose birakorerwa mu ngo. Igihe amabwiriza azaba yahindutse, icyorezo twagitsinze nta kibazo kigihari, kwibuka bizakomeza mu buryo byari bisanzwe bikorwamo.”

Yakomeje agira ati “Tugize n’amahirwe icyorezo kikarangira vuba, tukiri mu minsi 100 yo kwibuka, ntekereza ko inzego zabiganiraho. Ntacyabuza ko mu matariki yo mu kwezi kwa Gatandatu […] nka Bisesero twibuka ku itariki ya 26 Nyakanga; birashoboka ko kuri iyo tariki abantu bajya kuhibukira.”

Dr Bizimana yakomeje avuga ko no kuri za Ambasade z’u Rwanda hirya no hino ku isi, ibikorwa byo kwibuka bizakorwa ariko na bwo hakurikizwa amabwiriza yo gukumira ikwirakwira ry’iki icyorezo.

Muri iki kiganiro kandi hagarutswe ku kibazo cy’ihungabana ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutse aho Prof Dusingizemungu Jean Pierre uyobora Ibuka yasabye buri wese ubana n’umuntu ushobora kuzahura n’iki kibazo, kumuba hafi ariko akubahiriza intera ijyanye no kwirinda Coronavirus.

Ati “Uwahuye n’ihungabana, tuzirinde kumusubiza mu mateka bitari ngombwa, tumuhumurize, tumwumvishe ko nubwo ari mu nzu, ubu nta muntu uri kumuhiga, ahubwo ari kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.”

Yakomeje avuga ko kuguma mu rugo bitangana n’iminsi ijana abarokotse bamaze mu rufunzo bihisha abashakaga kubica ndetse ko ubu babaye inararibonye kuko biyubatsemo ingufu zituma bamenya uburyo bahangana n’ibibazo nk’ibyo.

Ati “Mu myaka 26, abacitse ku icumu bagaragaje imbaraga zatumye babasha guhanga n’ingaruka za Jenoside. Ubu bateye imbere kandi bageze kure. Dukwiye gushyira hejuru izo mbaraga zagaragajwe kuruta kugaragaza ko tukiri abo gufashwa muri byose.

Prof Dusingizemungu avuga ko ibyo bidakuraho ko hari abanyembaraga nke bakwiye kugira abababa hafi kandi ko bazakomeza kubafasha.

Yongeyeho ko uzakenera ubufasha bwihariye burenze ubw’uwo babana cyangwa umujyanama w’ubuzima, hazitabazwa umurongo wa telephone 112 mu rwego rwo guhabwa ubufasha bwisumbuyeho.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre uyobora umuryango Ibuka yasabye buri muntu wese ubana n’umuntu ushobora kuzahura n’ikibazo cy’ihungabana, kumuba hafi ariko akubahiriza intera ijyanye no kwirinda COVID-19

Gahunda y’icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 26

Muri ibi bihe byo kwibuka hazatangwa ibiganiro bitandukanye bizanyura mu itangazamakuru ku nsanganyamatsiko zateguwe zizafasha abantu kurushaho gusobanukirwa amateka y’ukuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Tariki ya 7 Mata, saa yine za mu gitondo, ku rwego rw’Igihugu, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi hazabera igikorwa cyo kunamira abazize Jenoside kizarangwa no gushyira indabo ku mva, gucana urumuri rutazima, gufata umunota wo Kwibuka, bikurikirwe n’ijambo nyamukuru rizanyuzwa kuri za Radiyo, Televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga.

Mu gihe ku Rwibutso rwa Gisozi hazaba hubahirizwa umunota wo Kwibuka, Abanyarwanda na bo bazawubahiriza mu ngo za bo batekereza ku bishwe muri Jenoside bazizwa gusa ko ari Abatutsi.

Tariki ya 08 Mata hazaba ikiganiro kigenewe urubyiruko by’umwihariko ku ruhare rwa rwo mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside. Birakenewe ko urubyiruko ruhabwa umwanya wo kuganira rukigishwa amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko runagize ijanisha rinini ry’Abanyarwanda muri iki gihe, kandi rukaba ari rwo musemburo w’ahazaza heza h’igihugu.

Takiri ya 09 Mata hazaba ikiganiro kijyanye n’urugendo abarokotse Jenoside bamaze gukora mu kwiyubaka, nyuma y’aho hari na gahunda za leta zitandukanye zashyizweho mu rwego rwo kubafasha kongera kwiyubaka.

Tariki ya 10 Mata hazaba ikiganiro cyihariye ku itangazamakuru, harebwa uruhare ryagize muri Jenoside ndetse n’uruhare rikwiye gukomeza kugira mu rugendo rwo kubaka igihugu.

Ku ya 11 Mata hazaganirwa ku ruhare rw’amahanga mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanarebwe ku ruhare rwa yo mu kongera kubaka u Rwanda ruriho ubu ndetse n’urw’ahazaza.

Tariki ya 12 Mata hazaba ibiganiro bigaruka ku kibazo cy’ihungabana mu bacitse ku icumu n’ingamba zo gukomeza kugisohokamo kuko imibare igaragaza ko abarokotse bagifite ihungabana bangana na 28%.

Ku ya 13 Mata, itariki yari isanzwe isorezwa icyumweru cyo kwibuka, hazaba umuhango mugufi ku rwibutso rwa Rebero.

Kuri uru rwibutso hazajyayo itsinda rito riyobowe na Perezida wa Sena rizakora igikorwa cyo kunamira no gushyira indabo ku mva zishyinguyemo abanyapolitiki bashyinguye ku i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazizwa kutemera umugambi wa Jenoside.

Indabo kandi zizanashyirwa ku mva zishyinguyemo imibiri irenga ibihumbi cumi na bine y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ishyinguye ku Rwibutso rwa Rebero.

Guhera saa cyenda z’igicamunsi hazaba ikiganiro kizanyuzwa kuri za radiyo, Televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga kizaganira ku ruhare rw’amashyaka ya politiki muri Jenoside no ku kamaro ka politiki nziza mu kubaka igihugu no guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ihame ntakuka.

Dr Bizimana asaba abanyarwanda gufatira urugero kuri Perezida wa Paul Kagame mu rugamba rwo guhangana na COVID-19, kuko nibabikurikiza neza ari bwo gahunda yo kwibuka izongera gukorwa nk’uko bisanzwe.

Yanasabye ko buri munsi mu gihe cyo kwibuka, abacitse ku icumu bagomba kujya batekereza ku muntu wazize Jenoside wababereye urugero.

Urugendo rwo Kwibuka ruba tariki 7 Mata buri mwaka ntiruzaba kimwe n’umugoroba wo kwibuka wakorwaga tariki ya 7 Mata n’ahandi hose wakorwaga ku yandi matariki.

Kwibukira ahantu hatandukanye hirya no hino mu gihugu nk’uko byari bisanzwe bikorwa mu gihe gisanzwe cyo kwibuka byarahagaritswe kugeza igihe cyose amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda yo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus atarahinduka.

2020-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashyaka ya Opposition nayo arashima YEGO ya Perezida w’u Rwanda

Amashyaka ya Opposition nayo arashima YEGO ya Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Ubwanditsi 10 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 27 Aug 2017
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije
Amakuru

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC
HIRYA NO HINO

Abarwanyi bagera ku gihumbi b’imitwe irwanya u Rwanda bafashwe mpiri mu mashyamba ya RDC

Ubwanditsi 08 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru