• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Editorial 09 Apr 2020 POLITIKI

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Mata 2020, umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe yatawe muri yombi.

Uyu muyobozi yahise ajyanwa muri Gereza nkuru ya Makala iherereye mu mugi wa Kinshasa.

Vital Kamerhe yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba Umushinjacyaha Mukuru, Kisula Betika Yeye Adler, akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amafaranga muri Gahunda y’Iminsi 100 yateguwe na Perezida Félix Tshisekedi.

Tariki ya 3 Mata ni bwo Umushinjacyaha Mukuru yatumijeho Kamerhe ngo yitabe mu biro bye muri Matete tariki ya 6 Mata gusa ishyaka yashinze anabereye umuyobozi rya UNC (Union pour la Nation Congolaise) ryavuze ko hajyayo abamuhagarariye mu mategeko.

Ahagana ku isaa munane z’igicamunsi ni bwo Vital Kamerhe yageze ku rukiko rwa Matete. Yari ashagawe n’abaturage benshi biganjemo abo mu ishyaka rye ku buryo byabaye ngombwa ko hifashishwa inzego z’umutekano kugira ngo zibasubize inyuma ndetse hanakomeze gahunda yo guhana intera.

Mu masaa kumi n’imwe y’umugoroba ni bwo abapolisi bari bamaze guhosha aka kavuyo, Kamerhe n’abamuhagarariye mu mategeko bategereje igikurikiraho ariko bahebye.

Saa moya z’umugoroba bari bagitegereje, maze Umushinjacyaha Mukuru, Kisula amushyiriraho impapuro zimuta muri yombi z’agateganyo ahagana saa mbiri n’igice z’ijoro, Vital Kamerhe ajyanwa muri Gereza ya Makala.

Impamvu yaba yatumye Vital Kamerhe atabwa muri yombi n’ubwo nta rwego rubifitiye ububasha rurabitangaza ni uko yanze kwitaba Umushinjacyaha Mukuru tariki ya 6 Mata kuko ngo byafashwe nk’agasuzuguro no kwitwaza icyo ari cyo.

Mu buryo buteruye, ibitangazamakuru byo muri RDC byari byavuze ko uyu munyapolitiki ashobora gufungwa azira kutubahiriza inzira y’ubutabera.

Amakuru Politico.cd ivuga ko yakuye ku muntu uri hafi ya Perezida Tshisekedi avuga ko Vital Kamerhe yamaze gukurwa kuri uyu mwanya, asimbuzwa uwitwa François Beya ushobora gutangazwa mu minsi iri imbere [amakuru naba impamo].

Vital Kamerhe n’ishyaka rye mu 2018 yatangiye gukorana n’ishyaka rya Tshisekedi, UDPS bafatanya mu myiteguro yo gushaka umwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse babigeraho.

Iyi myiteguro ngo yinjiyemo na Kabila wari Perezida mu buryo bwa politiki, ikaba ari yo mpamvu yatumye abarimo Ramazani Shadary bavuga ko uyu munyapolitiki yateguriye Tshisekedi kumusimbura.

Byatumye Tshisekedi wabaye Perezida kuva muri Mutarama 2019 agira Vital Kamerhe Umuyobozi w’Ibiro bye.

Hari abemeza ko kubera ubuhemu bwa Vital, bushobora gushyira iherezo ku mubano we na perezida Tshiskedi.

2020-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Editorial 23 Sep 2024
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Editorial 19 Nov 2019
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba
Mu Mahanga

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Editorial 05 Jan 2016
Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Umubano hagati ya Kampala na Kigali ururushaho kujya I rudubi- Andre Mwenda

Editorial 05 Sep 2018
Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Editorial 28 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru