• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 Apr 2020 POLITIKI

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Mata 2020, umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe yatawe muri yombi.

Uyu muyobozi yahise ajyanwa muri Gereza nkuru ya Makala iherereye mu mugi wa Kinshasa.

Vital Kamerhe yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba Umushinjacyaha Mukuru, Kisula Betika Yeye Adler, akurikiranweho icyaha cyo kunyereza amafaranga muri Gahunda y’Iminsi 100 yateguwe na Perezida Félix Tshisekedi.

Tariki ya 3 Mata ni bwo Umushinjacyaha Mukuru yatumijeho Kamerhe ngo yitabe mu biro bye muri Matete tariki ya 6 Mata gusa ishyaka yashinze anabereye umuyobozi rya UNC (Union pour la Nation Congolaise) ryavuze ko hajyayo abamuhagarariye mu mategeko.

Ahagana ku isaa munane z’igicamunsi ni bwo Vital Kamerhe yageze ku rukiko rwa Matete. Yari ashagawe n’abaturage benshi biganjemo abo mu ishyaka rye ku buryo byabaye ngombwa ko hifashishwa inzego z’umutekano kugira ngo zibasubize inyuma ndetse hanakomeze gahunda yo guhana intera.

Mu masaa kumi n’imwe y’umugoroba ni bwo abapolisi bari bamaze guhosha aka kavuyo, Kamerhe n’abamuhagarariye mu mategeko bategereje igikurikiraho ariko bahebye.

Saa moya z’umugoroba bari bagitegereje, maze Umushinjacyaha Mukuru, Kisula amushyiriraho impapuro zimuta muri yombi z’agateganyo ahagana saa mbiri n’igice z’ijoro, Vital Kamerhe ajyanwa muri Gereza ya Makala.

Impamvu yaba yatumye Vital Kamerhe atabwa muri yombi n’ubwo nta rwego rubifitiye ububasha rurabitangaza ni uko yanze kwitaba Umushinjacyaha Mukuru tariki ya 6 Mata kuko ngo byafashwe nk’agasuzuguro no kwitwaza icyo ari cyo.

Mu buryo buteruye, ibitangazamakuru byo muri RDC byari byavuze ko uyu munyapolitiki ashobora gufungwa azira kutubahiriza inzira y’ubutabera.

Amakuru Politico.cd ivuga ko yakuye ku muntu uri hafi ya Perezida Tshisekedi avuga ko Vital Kamerhe yamaze gukurwa kuri uyu mwanya, asimbuzwa uwitwa François Beya ushobora gutangazwa mu minsi iri imbere [amakuru naba impamo].

Vital Kamerhe n’ishyaka rye mu 2018 yatangiye gukorana n’ishyaka rya Tshisekedi, UDPS bafatanya mu myiteguro yo gushaka umwanya w’Umukuru w’Igihugu ndetse babigeraho.

Iyi myiteguro ngo yinjiyemo na Kabila wari Perezida mu buryo bwa politiki, ikaba ari yo mpamvu yatumye abarimo Ramazani Shadary bavuga ko uyu munyapolitiki yateguriye Tshisekedi kumusimbura.

Byatumye Tshisekedi wabaye Perezida kuva muri Mutarama 2019 agira Vital Kamerhe Umuyobozi w’Ibiro bye.

Hari abemeza ko kubera ubuhemu bwa Vital, bushobora gushyira iherezo ku mubano we na perezida Tshiskedi.

2020-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

M23 yakiriye kinyamwuga ingabo z’Afurika y’Epfo zari zimaze icyumweru zigeze mu burasirazuba bwa Congo

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ubwanditsi 14 Feb 2018
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Ubwanditsi 24 Aug 2024
Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Perezida Kagame yavuze kuri Guverinoma ya Mbere yarimo abifuzaga iterambere n’abatararikozwaga nka Twagiramungu

Ubwanditsi 18 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu
Mu Mahanga

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’
ITOHOZA

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Ubwanditsi 09 Aug 2018
‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi  Nduhungirehe
ITOHOZA

‘Padiri Nahimana ntiyigeze yurira indege nkuko ishyaka rye nawe bwite bari babitangaje’- Ambasaderi Nduhungirehe

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru