• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Umuryango w’Umwongereza uherutse gupfira mu Rwanda wahamije ko atishwe na COVID-19

Ubwanditsi 10 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umuryango w’Umwongereza witwaga Robert Matthew Wilson witabye Imana ari mu Rwanda ku itariki 03 Mata 2020, hamwe n’Inzego za Leta y’u Rwanda, bavuga ko uwo mugabo atishwe n’icyorezo Covid-19.

Wilson wari ufite imyaka 56, bahimbaga Matt, yaguye mu rugo iwe ku Kacyiru aho yabaga wenyine, akaba yari amaze imyaka 12 aba mu Rwanda.

Urupfu rwe rwakurikiwe n’ibihuha ku mbuga nkoranyambaga, abantu bavuga ko yaba yazize Covid-19, kuko na we ubwe ngo yari yarishyize mu kato mu rugo iwe.

Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) ndetse n’Urwego rw’igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), bavuga ko ibipimo ku cyateye urupfu rwa Wilson bigaragaza ko nta bwandu bwa Coronavirus yari afite.

Ibi kandi birashimangirwa n’itangazo ryanditswe ku wa kane tariki 09 Mata 2020, na Mushiki wa Robert Matthew Wilson witwa Emma Wilson mu izina ry’umuryango, rivuga ko uyu mugabo yazize urupfu rusanzwe.

Iri tangazo rigira riti “Tubabajwe bikomeye no kubika urupfu rwa Matthew Robert Wilson, umwana wacu twakundaga, umuvandimwe n’umubyeyi, rwabaye ku wa gatanu tariki 03 Mata 2020. Urupfu rwa Matthew wari mu rugo iwe i Kigali rwaturutse ku mpamvu zisanzwe, aho yari amaze icyumweru yarishyize mu kato.

Bitewe n’icyorezo cyugarije isi, ntabwo dushoboye gutegura ikiriyo cyo kwibuka ubuzima bwa Matthew, ariko tuzagerageza kubikora mu gihe ibintu byasubiye mu buryo. Ndabizi ko yari afite inshuti nyinshi zifuza kumusezeraho”.

Urupfu rwa Matthew rwabitswe n’inshuti ye y’Umunya-Canada utuye i Kigali, ngo bari bavuganye ku munsi wabanjirijeho akamubwira ko arwaye kandi nta cyo yabikoraho, bwacya agiye kumureba iwe agasanga yashizemo umwuka, arahaguma kugeza ubwo abakozi ba RIB bamugezeho.

Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko RIB ikimara kumumenyesha iby’urupfu rutunguranye rwa Matthew n’uburyo yari abayeho, bahise bohereza itsinda rijya gukumira ibibazo byavuka, nko gutera imiti mu nzu mbere y’uko umurambo ujyanwa gupimwa.

Dr. Nsanzimana yatangarije KT Press dukesha iyi nkuru ko bafashe ibizamini by’uwapfuye, babipima bashingiye ku buryo bukoreshwa mu gupima Coronavirus, bagasanga ako gakoko katari mu mubiri wa Matthew.

Akomeza agira ati “Twapimye n’abantu bahuye na we mbere, banashyirwa mu kato, ariko bimaze kugaragara ko nta bwandu bwa Coronavirus bafite bahise basubira mu ngo zabo. Nubwo abantu bari bafite ubwoba birumvikana, ariko icyiza ni uko ibisubizo byabonetse”.

Dr. Nsanzimana avuga ko impungenge z’abantu zari zifite ishingiro bitewe n’akato Matthew yari yarishyizemo hamwe n’ubukana icyorezo Covid-19 gifite, kandi ko raporo y’urupfu rwe yashyikirijwe umuryango we.

Agira ati “Kugeza ubu ntituramenya impamvu y’ukuri yateye urupfu rwa Matthew ku bw’ubuzima bwite bw’umuntu, ariko ntaho ihuriye n’icyorezo Covid-19”.

Itangazo mushiki wa Robert Wilson Matthew yanditse, riravuga ko umuryango wanyuzwe n’uko agiye mu mahoro kandi aguye mu gihugu yakundaga.

Mu Rwanda yari yarahashinze icapiro ryitwa Croydon, akaba yikundiraga gutwara imodoka ziruka cyane, kumva umuziki uvuga cyane ndetse no kugenda kuri moto z’abasirimu.

Ku wa gatatu w’iki cyumweru, Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Marie-Michelle Umuhoza, yari yabwiye Itangazamakuru  ko iby’urupfu rutunguranye rwa Robert Matthew Wilson muri ibi bihe bya Covid-19, byagombaga gusuzumanwa ubushishozi ku bufatanye bwa RIB na RBC.

Izi nzego zirasaba abantu kuguma mu rugo, kwirinda amakuru y’ibihuha cyane cyane muri ibi bihe bidasanzwe by’icyorezo cya Covid-19, kandi ko icyo cyorezo kitagomba gupimishwa ijisho kugeza igihe ibisubizo bya muganga bibonekeye.

2020-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Ubwanditsi 01 Jan 2023
Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Uwigaga muri Kaminuza ya Makerere ni umwe mu ba FDLR bagabye igitero i Musanze

Ubwanditsi 07 Oct 2019
u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Ubwanditsi 24 Nov 2020
Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Ubwanditsi 04 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6
Amakuru

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Ubwanditsi 21 Oct 2022
Habonetse andi majwi y’abo kwa Rwigara yumvikanisha umugambi wo guhirika ubutegetsi
ITOHOZA

Habonetse andi majwi y’abo kwa Rwigara yumvikanisha umugambi wo guhirika ubutegetsi

Ubwanditsi 01 Oct 2017
Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro  Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze
Mu Mahanga

Uko Umuhango wo guherekeza mu cyubahiro Senateri Jean de Dieu Mucyo wagenze

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru