• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 27 Mata, Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho baganiriye ku ngingo zitandukanye harimo ibikorwa bikomeje bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, umutekano w’igihugu muri rusange n’ibindi. Ku kibazo cy’umutekano Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye n’amakuru ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo gufasha ingabo z’icyo gihugu mu guhashya imitwe yitwara gisirikari harimo na FDLR. Perezida Kagame yamaganye ayo makuru ko nta musirikari w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Ibi bije bikurikira inyandiko ndende zakozwe n’ikinyamakuru RFI kivuga ko cyakoze ubucukumbuzi kigasanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo. Ibi ariko byaje kwamaganwa n’abantu batandukanye bavuga ko RFI yabaye igikoresho cy’abarwanya Perezida Felix Tshisekedi aho RFI ikurikirwanwa cyane I Kinshasa iba itambutsa ibyo Martin Fayulu ashaka. Ibi kandi byatewe nuko kuva mu kwezi kwa Kamena umwaka ushize, Ingabo za FARDC zahagurukiye kurwanya imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Congo, aho abayobozi bakuru ba FDLR barimo na Lt Gen Sylvestre Mudacumura yahitanwe n’ibi bitero. Nyuma yibi bitero abantu batandukanye bavuzeko FARDC itari yonyine muri ibi bitero, ariko Perezida Kagame yamaze amatsiko ababyibazaga.

Perezida Kagame kandi yibukije abakurikiye iki kiganiro ko buri gihe iyo havugwa ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC, bimwibutsa imyaka 26 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rugihanganye n’ikibazo cy’abayigizemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro yavutse nyuma yaho ikagenda ihinduranya amazina.

Perezida Kagame yavuzeko hari n’abitwa ko ari impuguke mu karere ariko nabo bagakwirakwiza ibihuha; yongeyeho ko amakuru y’ubutasi u Rwanda rufite aruko ingabo z’u Burundi zagiye muri Kongo kurwanya imitwe irwanya icyo gihugu ariko nanone nabo bafatanyije na FDLR.

Kuri Corona Virus, Perezida Kagame yavuze kuri miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda ruheruka gutanga nk’imisanzu muri Afurika Yunze Ubumwe adakwiye kugaragara nk’ubushobozi bwashyizwe ahadakwiye, kuko iyo izo nzego zikora neza narwo rubyungukiramo. Yongeyeho ko hari amafaranga u Rwanda rwungunze aruta kure ayo miliyoni imwe y’amadorali u Rwanda rwatanze.

Kurikira ikiganiro cyose hano

2020-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023
Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubujurire: Adeline Rwigara yanze kuburana avuga ko yakorewe iyicarubozo

Ubwanditsi 16 Nov 2017
U Rwanda rwamaganye  raporo ya Human Rights Watch igamije  Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

U Rwanda rwamaganye raporo ya Human Rights Watch igamije Kwibasira u Rwanda ku mpamvu za Politiki

Ubwanditsi 28 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta ya Nkurunziza yatangiye gushyiraho amananiza mu biganiro by’amahoro aho yanze gusangira ubutegetsi na opozisiyo

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Ubwanditsi 21 Mar 2016
Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi
INKURU NYAMUKURU

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Ubwanditsi 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru