• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 27 Mata, Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho baganiriye ku ngingo zitandukanye harimo ibikorwa bikomeje bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, umutekano w’igihugu muri rusange n’ibindi. Ku kibazo cy’umutekano Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye n’amakuru ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo gufasha ingabo z’icyo gihugu mu guhashya imitwe yitwara gisirikari harimo na FDLR. Perezida Kagame yamaganye ayo makuru ko nta musirikari w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Ibi bije bikurikira inyandiko ndende zakozwe n’ikinyamakuru RFI kivuga ko cyakoze ubucukumbuzi kigasanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo. Ibi ariko byaje kwamaganwa n’abantu batandukanye bavuga ko RFI yabaye igikoresho cy’abarwanya Perezida Felix Tshisekedi aho RFI ikurikirwanwa cyane I Kinshasa iba itambutsa ibyo Martin Fayulu ashaka. Ibi kandi byatewe nuko kuva mu kwezi kwa Kamena umwaka ushize, Ingabo za FARDC zahagurukiye kurwanya imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Congo, aho abayobozi bakuru ba FDLR barimo na Lt Gen Sylvestre Mudacumura yahitanwe n’ibi bitero. Nyuma yibi bitero abantu batandukanye bavuzeko FARDC itari yonyine muri ibi bitero, ariko Perezida Kagame yamaze amatsiko ababyibazaga.

Perezida Kagame kandi yibukije abakurikiye iki kiganiro ko buri gihe iyo havugwa ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC, bimwibutsa imyaka 26 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rugihanganye n’ikibazo cy’abayigizemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro yavutse nyuma yaho ikagenda ihinduranya amazina.

Perezida Kagame yavuzeko hari n’abitwa ko ari impuguke mu karere ariko nabo bagakwirakwiza ibihuha; yongeyeho ko amakuru y’ubutasi u Rwanda rufite aruko ingabo z’u Burundi zagiye muri Kongo kurwanya imitwe irwanya icyo gihugu ariko nanone nabo bafatanyije na FDLR.

Kuri Corona Virus, Perezida Kagame yavuze kuri miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda ruheruka gutanga nk’imisanzu muri Afurika Yunze Ubumwe adakwiye kugaragara nk’ubushobozi bwashyizwe ahadakwiye, kuko iyo izo nzego zikora neza narwo rubyungukiramo. Yongeyeho ko hari amafaranga u Rwanda rwungunze aruta kure ayo miliyoni imwe y’amadorali u Rwanda rwatanze.

Kurikira ikiganiro cyose hano

2020-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Amb.Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera yanze kuba igisahiranda, none atabarutse uRwanda rumushimira kurwimana.

Ubwanditsi 16 Oct 2024
Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo  ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Abayobozi ba Uganda barateganya gutanga ibisobanuro ku ishimutwa n’iyicarubozo ry’Umunyarwanda, Fidele Gatsinzi

Ubwanditsi 24 Dec 2017
Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Ubwanditsi 13 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.
Amakuru

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre
Mu Rwanda

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 11 May 2017
Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi
Amakuru

Myugariro wa APR FC, Fitina Ombolenga azamara hanze y’ikibuga ibyumweru bine adakina kubera imvune yagiriye mu mukino w’Amavubi

Ubwanditsi 15 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru