• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 27 Mata, Perezida Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho baganiriye ku ngingo zitandukanye harimo ibikorwa bikomeje bijyanye no guhangana n’icyorezo cya Virus ya Corona, umutekano w’igihugu muri rusange n’ibindi. Ku kibazo cy’umutekano Perezida Kagame yabajijwe ku bijyanye n’amakuru ko ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo gufasha ingabo z’icyo gihugu mu guhashya imitwe yitwara gisirikari harimo na FDLR. Perezida Kagame yamaganye ayo makuru ko nta musirikari w’u Rwanda uri ku butaka bwa Kongo.

Ibi bije bikurikira inyandiko ndende zakozwe n’ikinyamakuru RFI kivuga ko cyakoze ubucukumbuzi kigasanga ingabo z’u Rwanda ziri muri Kongo. Ibi ariko byaje kwamaganwa n’abantu batandukanye bavuga ko RFI yabaye igikoresho cy’abarwanya Perezida Felix Tshisekedi aho RFI ikurikirwanwa cyane I Kinshasa iba itambutsa ibyo Martin Fayulu ashaka. Ibi kandi byatewe nuko kuva mu kwezi kwa Kamena umwaka ushize, Ingabo za FARDC zahagurukiye kurwanya imitwe yitwaje intwaro ibarizwa mu mashyamba ya Congo, aho abayobozi bakuru ba FDLR barimo na Lt Gen Sylvestre Mudacumura yahitanwe n’ibi bitero. Nyuma yibi bitero abantu batandukanye bavuzeko FARDC itari yonyine muri ibi bitero, ariko Perezida Kagame yamaze amatsiko ababyibazaga.

Perezida Kagame kandi yibukije abakurikiye iki kiganiro ko buri gihe iyo havugwa ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri RDC, bimwibutsa imyaka 26 ishize ruvuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rugihanganye n’ikibazo cy’abayigizemo uruhare n’imitwe yitwaje intwaro yavutse nyuma yaho ikagenda ihinduranya amazina.

Perezida Kagame yavuzeko hari n’abitwa ko ari impuguke mu karere ariko nabo bagakwirakwiza ibihuha; yongeyeho ko amakuru y’ubutasi u Rwanda rufite aruko ingabo z’u Burundi zagiye muri Kongo kurwanya imitwe irwanya icyo gihugu ariko nanone nabo bafatanyije na FDLR.

Kuri Corona Virus, Perezida Kagame yavuze kuri miliyoni imwe y’amadolari ya Amerika u Rwanda ruheruka gutanga nk’imisanzu muri Afurika Yunze Ubumwe adakwiye kugaragara nk’ubushobozi bwashyizwe ahadakwiye, kuko iyo izo nzego zikora neza narwo rubyungukiramo. Yongeyeho ko hari amafaranga u Rwanda rwungunze aruta kure ayo miliyoni imwe y’amadorali u Rwanda rwatanze.

Kurikira ikiganiro cyose hano

2020-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha
Mu Mahanga

I Burasirazuba: Abayobozi b’Itorero Peresibiteriyeni biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 08 May 2016
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10
Amakuru

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Ubwanditsi 06 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru