• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Editorial 08 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu tariki 7 Mutarama 2021, intagondwa zishyigikiye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ucyuye igihe, Donald Trump, zigabije Inteko y’icyo gihugu, Umutwe wa Sena, maze ziteza akaduruvayo gateye agahinda, abantu barakomereka ndetse hapfa n’umuntu. Abo bitwaye kinyamaswa bari bagamije kubangamira icyemezo cy’abasenateri, bari bateranye ngo bemeze bidasubirwaho ko Donal Trump yatsinzwe mu matora ya Perezida w’icyo gihugu.

Ibi byafashwe nk’ibikorwa by’iterabwoba, ndetse binashyira ku karubanda isura nyayo y’abigize abarimu ba demukarasi ku isi. Umwe mu bashinje Donal Trump korora iterabwoba muri Amerika, harimo na Senateri Carolyn Maloney, uherutse kugaragaza ko iterabwoba rikorerwa mu bindi bihugu ntacyo ritwaye. Muribuka ibaruwa yandikiye Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame, amutegeka kurekura Paul Rusesabagina, kandi agahita amusubiza muri Amerika.

Uyu Rusesabagina akurikiranyweho ibikorwa by’iterabwoba binaruta ibyo intagondwa za Donal Trump zakoze. Rusesabagina yiyemerera ko yashinze, akayobora, akanatera inkunga umutwe w’iterabwoba wa FLN, wishe inzirakarengane, ugasahura ukanangiza imitungo y’abaturage mu turere twa Nyabihu na Nyamagabe. Banyuze ku mbuga nkoranyambaga, abantu batandukanye  babwiye Senateri Maloney no yagombye kubanza kwamagana ubugome n’imyitwarire ihindanya isura y’igihugu cye, mbere yo kwigisha uburenganzira bwa muntu no  kwivanga mu butabera bw’uRwanda, kuko byagaragaye ko umwarimu ahubwo ariwe ukeneye amasomo!

Koko rero biratangaje kubona mu gihe tugezemo abagizi ba nabi bigabiza urwego rukomeye nka Sena, mu gihugu cy’igihangange “muri byose”(harimo demukarasi n’uburenganzira bw’ikiremwa muntu) nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni umwanya mwiza wo kwereka abantu nka Carolyn Maloney ko ba Rusesabagina aho bari hose ku isi bakwiye gufatwa, bakaryozwa ibikorwa bihutaza ubuzima bw’abandi.

2021-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Editorial 23 Dec 2021
Ibyindege ya Habyarimana bigeze ku iherezo : Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabye ifungwa ry’idosiye ku ihanurwa ryayo

Ibyindege ya Habyarimana bigeze ku iherezo : Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabye ifungwa ry’idosiye ku ihanurwa ryayo

Editorial 14 Oct 2018
Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Finland : Bazaramba Francois ufungiye Jenoside yahawe uruhushya rwo gusohoka muri prison kujya kwishimana n’umugore

Editorial 20 Sep 2019
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Editorial 01 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje
Amakuru

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Editorial 12 Apr 2021
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Editorial 29 Mar 2017
Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye
ITOHOZA

Uko Col Aloys Simba wari umujyanama wa Habyarimana yarekuwe mu ibanga rikomeye

Editorial 17 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru