• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Uwo mushinga Hinga Wunguke uzakora ibikorwa bizamara igihe kingana n’imyaka itanu (2023 – 2028),ukaba waratangiye gukorera mu Rwanda guhera mu kwezi kwa Mutarama 2023, ukaba uterwa inkunga n’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere “USAID” Hinga Wunguke izibanda ku bikorwa byayo aribyo(Kugaburira ahazaza h’ingaruka) mu turere 13, aritwo: Bugesera, Burera, Gakenke, Gatsibo, Karongi, Kayonza, Ngoma, Nyabihu, Nyamagabe, Nyamasheke, Ngororero, Rubavu, ndetse na Rutsiro.Daniel Gies, umuyobozi wa Hinga wunguke mu Rwanda yagize ati:”Twishimiye cyane gukorana n’abahinzi bo mu Rwanda ndetse n’abandi bakora ku isoko kugira ngo turusheho kugera ku masoko yunguka no kongera umusaruro ku bicuruzwa na serivisi.”

 

N’ubwo urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda ruhura n’ibibazo bikomeye bijyanye n’imihindagurikire y’ibihe abahinzi bizeye ko gukoresha ibikoresho bigezweho ndetse n’ikoranabuhanga, bizabaha ubushobozi bwo kuzamura umusaruro, bityo barusheho kwihaza mu birirwa no kongera ibiribwa bifite intungamubiri, ndetse n’inzego zose zizafatanya kugira ngo habeho impinduka zirambye zizatuma umusaruro w’ubuhinzi wiyongera.Ikaba izakorana n’inzego za Leta ndetse n’abikorera ku giti cyabo mu cyaro, ndetse n’imijyi y’u Rwanda ku bijyanye na gahunda izakorana neza mu nzego z’ubuhinzi zatoranijwe.

Binyuze muri Hinga Wunguke, bazateza imbere politiki y’ishoramari ry’abikorera ku giti cyabo aho bazakorana mu bijyanye n’amasoko aho uyu mushinga uzakorera kugira ngo bagere ku buryo bunoze kandi bamenye ba rwiyemezamirimo bashobora gutuma habaho impinduka nziza mu gihe bazana ubumenyi bushya bukenewe kugira ngo intego z’uyu mushinga zigerweho.

Abafatanyabikorwa b’ingenzi b’uyu mushinga wa Hinga wunguke ni Guverinoma y’u Rwanda, abikorera ki giti cyabo, amakoperative, amashyirahamwe na ba rwiyemezamirimo cyane cyane bo mu cyaro.Muri ibi bikorwa, Hinga Wunguke izakoresha agera kuri Miliyoni 20 z’amadolari y’Amerika. muri ayo, asaga Miliyari 21 z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu gufasha abahinzi kubona inkunga binyuze mu bigo by’imari.

Hari kandi asaga miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu kuzamura ibijyanye no kugeza umusururo ku masoko.Muri rusange muri uyu mushinga hazakoreshwa miliyoni 30 z’amadolari y’Amerika akaba asaga miliyari 32 z’amafaranga y’u Rwada.

Muri iyi myaka 5 (2023-2028), Hinga Wunguke izashyira imbaraga mu gufasha nibura 30% by’abagore bafite imyaka yo kubyara kurya indyo yuzuye.

2023-03-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Uko Gen. Masunzu yatsembeye Kayumba wifuzaga ko bafatanya gutera u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2018
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Ubwanditsi 13 Dec 2021
Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Nyuma y’imvune ya myugariro wa APR FC yagiriye mu mukino na As Kigali, Fitina Omborenga yiteguye kugaruka mu kibuga.

Ubwanditsi 08 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Didier Drogba agiye kuza i Kigali
Mu Rwanda

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018
ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA
ITOHOZA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye
IMIKINO

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Ubwanditsi 02 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru