• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Inkoni y’Umwana Ishira Dondidondi, Uwari Umuyobozi w’umutwe w’Iterabwoba wa RUD-Urunana yishwe

Ubwanditsi 31 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ni inkuru yagiye ahagaragara ko iki kihebe Col Mpiranya Leon Cyprien wari wariyise Kagoma akaba yiciwe mu bitero bimaze iminsi bikorwa n’ingabo za FARDC mu guhashya imitwe yitwaje intwaro isanzwe ihungabanya umutekano mu karere k’ibiyaga bigari.
Iyi nkuru y’incamugongo kubanzi b’u Rwanda dore ko bagiye baha ubufasha uyu mutwe ngo ugabe ibitero byari bigamije guhungabanya umutekano n’umudendezo w’abanyarwanda mu myaka ishize.

Uyu Kagoma nkuko yiyitaga akomoka mu cyahoze ari komini Cyeru muri Perefegitura ya Ruhengeri ubu ni mu karere ka Burera mu majyaruguru y’u Rwanda, iki cyihebe bivugwa ko cyasize agatwe muri Makoka muri teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru taliki 29 Kanama uyu mwaka nkuko byemezwa na za sosiyete sivile ikorera muri utwo duce.

Nubwo Mpiranya Leon Cyprien yishwe urupfu rwe ntiruvugwaho rumwe nyuma yuko hari amakuru avuga ko hari hashize iminsi havugwa amakimbirane hagati ye na Col Rugema nawe ubarizwa muri uwo mutwe w’iterabwoba hari abemeza ko yaba yishwe ku kagambane kuwo Rugema nubwo nta gihamya zihari, ahubwo hari hashize iminsi hagabwa ibitero bikomeye cyane bya FARDC mu guhashya imitwe yitwaje intwaro.
Uyu Mpiranya Leon Cyprien yari afite umugore n’abana bane basanzwe baba muri Uganda ahitwa Mubende, gihamya yindi yerekana ko Uganda yihisha inyuma y’ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda nkuko byagiye bishyirwa ahagaragara ko Mateke Philemon akoranira bya hafi nuyu mutwe w’iterabwoba uyu mugabo yayoboraga wa Rud-Urunana.

Ku rundi ruhande hari ibihamya ko saa sita z’ijoro ku wa 28 Kanama aribwo uyu mugabo yiciwe mu gace ka Binza nk’uko amakuru aturuka mu miryango itegamiye kuri leta ikorera muri ako gace abihamya.

Uyu Col Mpiranya Leo Cyprien alias Kagoma ni muntu ki?

Col Mpiranya Leo Cyprien alias Kagoma yinjiye mu gisirikare cy’u Rwanda (Ex-FAR), mu 1992 mu ishuri ry’aba su-ofisiye rya Esso i Butare. Mu 1994 yahunze igihugu afite ipeti rya Sergeant maze nyuma yaho mu 1998 yinjira muri ALIR yaje guhinduka FDLR.

Mu 2003, yinjiye mu Ngabo za RUD-Urunana ahabwa ipeti rya Lieutenant Colonel ahita ayobora Batayo yitwa Douala, yaje kuyivamo ajya kuyobora Brigade yitwa Samosi agizwe Colonel ari nayo yavuyemo ajya gusimbura Gen Afurika Jean Michel wayoboraga uyu mutwe.

Gen Musabyimana Juvenal wari uzwi nka Jean Michel Africa, yishwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gitero gikomeye zagabye mu gace ka Binza hafi y’umupaka w’iki gihugu na Uganda mu mpera z’umwaka ushize.

Amakuru avuga ko ubwo Col Mpiranya yari amaze gufata ubuyobozi bw’uyu mutwe, wahise ucikamo kabiri kuko hari uruhande rw’abantu batamwishimiraga nk’umuyobozi mushya.

Bamwe ngo bashakaga ko Col Rugema ariwe uba umuyobozi, ari naho haturutse ukutumvikana hagati y’aba bombi, buri wese agashaka kwica mugenzi we.

Col Mpiranya Leo Cyprien alias Kagoma, ari mu bagiye bagaba ibitero bikomeye byahitanye abantu benshi barimo n’abakerarugendo b’Abanyamerika muri Pariki ya Bwindi.

Ni we wari uyoboye icyo igitero ndetse yanayoboye n’ibindi byagabwe ahitwa Kinyandonyi mu isoko ryaho mu gace ka Binza mu 2019 cyahitanye abaturage 14.

Col Mpiranya yibukirwa ku bitero yagiye agaba kandi mu duce twa Mukeberwa, Bwamvinwa, Miliki na Bulewusa, muri teritware ya Lubero byahitanye abantu bagera ku 145.

Urupfu rwe ni indi nkuru mbi ku mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda nyuma y’aho muri Nzeri umwaka ushize, na Gen Mudacumura Slyvestre wayoboraga inyeshyamba za FDLR yishwe arasiwe muri Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru.

Umutwe wa RUD-Urunana niwo wagize uruhare mu bitero byagabwe mu Kinigi mu Ntara y’Amajyaruguru bigahitana ubuzima bw’abaturage 14. Abarwanyi bawo 19 bishwe n’ingabo z’u Rwanda, batanu bafatwa mpiri. Bane bacitse bakabasha kurokoka, Ingabo za Uganda zabakiriye mu karere ka Kisoro, hafi y’umupaka.

2020-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Umunyamakuru Casmiry William Kayumba yitabye imana bitunguranye

Ubwanditsi 16 Jan 2018
David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

David Himbara Ntamunoza, niba uhakana ko uri umwanzi w’Abanyarwanda, kuki uhimbazwa n’ikibi kibabayeho, ukababazwa n’inkuru nziza ibavuzweho?

Ubwanditsi 19 Nov 2020
Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 03 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire
HIRYA NO HINO

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.
Amakuru

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020
Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF
POLITIKI

Mushikiwabo yitabiriye Inama ya AU izashakirwamo amajwi amuganisha muri OIF

Ubwanditsi 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru