• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Editorial 28 Sep 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 27 Nzeri 2021, cya gikoresho cya politiki yo guhungabanya u Rwanda,“Human Rights Watch”(HRH), cyongeye gusohora icyegeranyo cyuzuyemo ibinyoma, nk’uko bisanzwe gishinja uRwanda guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Abasomye iki cyegeranyo bahaye urw’amenyo ibyo bipapirano bya HRW, kuko bigaragara ko ari umugambi umaze igihe ugamije gusa guharabika u Rwanda. Nubwo bananiwe kugera ku ntego yabo yo kwangiriza Abanyarwanda, abanzi bo ntibacika intege, ntibaterwa isoni no gukomeza ibikorwa bidatanga umusaruro.
Ubu noneho baratayanjwa, bashinja uRwanda kwica no gufungira ubusa abatinganyi, indaya, abana bo mu muhanda n’abandi, nyamara mu bo bavuga bahohotewe ntibagire n’umwe bagaragariza umwirondoro.

Ibi birasa n’ibyo bigeze kwandika mu mwaka wa 2017, bemeza ko hari abantu bishwe, nyamara bikaza kugaragara ko bakiriho, abandi bakaba barishwe n’urw’ikirago.U

Lewis MUDGE niwe uhagarariye HRW mu karere k’Afrika yo hagati. Ni umuntu wakomeje kugaragaza urwango afitiye uRwanda muri rusange n’abayobozi barwo by’umwihariko. Ntaruhuka kwandika ibinyoma yandika ku Rwanda, dore ko yigize impuguke ku bibera mu Rwanda, nyamara ntarahakandagira na rimwe.

Iyo usuzumye neza iyi myumvire ya HRW n’ibisa nayo byose, usanga ari iya gikoloni, aho bamwe mu bakomoka mu burengerazuba bw’isi, Uburayi na Amerika, bibwira ko bagifite ububasha bwo gutegeka ibihugu, cyane cyane ibyo muri Afrika, uko byitwara.

U Rwanda rwasobanuye kenshi ko, nk’Igihugu gifite ubwigenge, ruzakora ibyiza mu nyungu z’Abanyarwanda, rutabihatiwe n’uwo ariwe wese.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nta munsi atibutsa ko uRwanda rudakeneye amasomo mu kurengera uburenganzira bwa muntu, kuko Abanyarwanda bazi agaciro kabwo, dore ko byanabasabye gutanga ibitambo baharanira uburenganzirwa bwabo.

Nta kintu gishobora guhungabanya uburenganzira bwa muntu nka jenoside. Biratangaje rero ukuntu HRW yagaruka kwigisha Abayobozi b’uRwanda uko bakubahiriza uburenganzira bw’abaturage, kandi barahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, izo za HRW zirebera.

HRW yagaragaye kenshi mu bikorwa bya ruswa, aho yakira amafaranga ikavuga neza ibihugu bihutaza ku mugaragaro uburenganzira bwa muntu , ahubwo igaharabika ibyigobotoye politiki ya mpatsibihugu.

HRW n’abandi bakora nkayo bari bakwiye kumenya imiterere y’Umuyarwanda w’ubu, uzi gutandukanya icyiza n’ikibi, utandukanye n’uwo hambere wumvaga ko aciriritse, insina ngufi buri wese yacaho ikoma.

u Rwanda rwiyemeje guhinduka rugana aheza, kandi ni intambwe idasubira inyuma!

2021-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Editorial 10 Jun 2019
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Editorial 02 Dec 2024
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Editorial 29 Apr 2021
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Editorial 10 Jun 2019
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Editorial 02 Dec 2024
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024
Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Nsengimana Jean Bosco na Mugisha Samuel mu bakinnyi bayoboye ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare yitegura Tour du Rwanda ya 2021.

Editorial 29 Apr 2021
Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Uko Angelo Izama yashimangiye ibisanzwe bizwi ku mugambi udacogora wa Museveni wo kwigarurira u Rwanda

Editorial 10 Jun 2019
Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Victoire ingabire ntiyigeze ava muri FDU inkingi, naho ingengabitekerezo ye ni yayindi ya Hutu Pawa

Editorial 02 Dec 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru