• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 27 Nzeri 2021, cya gikoresho cya politiki yo guhungabanya u Rwanda,“Human Rights Watch”(HRH), cyongeye gusohora icyegeranyo cyuzuyemo ibinyoma, nk’uko bisanzwe gishinja uRwanda guhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Abasomye iki cyegeranyo bahaye urw’amenyo ibyo bipapirano bya HRW, kuko bigaragara ko ari umugambi umaze igihe ugamije gusa guharabika u Rwanda. Nubwo bananiwe kugera ku ntego yabo yo kwangiriza Abanyarwanda, abanzi bo ntibacika intege, ntibaterwa isoni no gukomeza ibikorwa bidatanga umusaruro.
Ubu noneho baratayanjwa, bashinja uRwanda kwica no gufungira ubusa abatinganyi, indaya, abana bo mu muhanda n’abandi, nyamara mu bo bavuga bahohotewe ntibagire n’umwe bagaragariza umwirondoro.

Ibi birasa n’ibyo bigeze kwandika mu mwaka wa 2017, bemeza ko hari abantu bishwe, nyamara bikaza kugaragara ko bakiriho, abandi bakaba barishwe n’urw’ikirago.U

Lewis MUDGE niwe uhagarariye HRW mu karere k’Afrika yo hagati. Ni umuntu wakomeje kugaragaza urwango afitiye uRwanda muri rusange n’abayobozi barwo by’umwihariko. Ntaruhuka kwandika ibinyoma yandika ku Rwanda, dore ko yigize impuguke ku bibera mu Rwanda, nyamara ntarahakandagira na rimwe.

Iyo usuzumye neza iyi myumvire ya HRW n’ibisa nayo byose, usanga ari iya gikoloni, aho bamwe mu bakomoka mu burengerazuba bw’isi, Uburayi na Amerika, bibwira ko bagifite ububasha bwo gutegeka ibihugu, cyane cyane ibyo muri Afrika, uko byitwara.

U Rwanda rwasobanuye kenshi ko, nk’Igihugu gifite ubwigenge, ruzakora ibyiza mu nyungu z’Abanyarwanda, rutabihatiwe n’uwo ariwe wese.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nta munsi atibutsa ko uRwanda rudakeneye amasomo mu kurengera uburenganzira bwa muntu, kuko Abanyarwanda bazi agaciro kabwo, dore ko byanabasabye gutanga ibitambo baharanira uburenganzirwa bwabo.

Nta kintu gishobora guhungabanya uburenganzira bwa muntu nka jenoside. Biratangaje rero ukuntu HRW yagaruka kwigisha Abayobozi b’uRwanda uko bakubahiriza uburenganzira bw’abaturage, kandi barahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi, izo za HRW zirebera.

HRW yagaragaye kenshi mu bikorwa bya ruswa, aho yakira amafaranga ikavuga neza ibihugu bihutaza ku mugaragaro uburenganzira bwa muntu , ahubwo igaharabika ibyigobotoye politiki ya mpatsibihugu.

HRW n’abandi bakora nkayo bari bakwiye kumenya imiterere y’Umuyarwanda w’ubu, uzi gutandukanya icyiza n’ikibi, utandukanye n’uwo hambere wumvaga ko aciriritse, insina ngufi buri wese yacaho ikoma.

u Rwanda rwiyemeje guhinduka rugana aheza, kandi ni intambwe idasubira inyuma!

2021-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Harimo na tike ya Miliyoni 2 ku mukino Rayon Sports izahuramo na Yanga SC kuri Rayon Day

Ubwanditsi 22 Jul 2025
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Ubwanditsi 09 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo
Amakuru

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Amateka ya Chan kuva igitangira
IMIKINO

Amateka ya Chan kuva igitangira

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.
Amakuru

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru