• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Ubwanditsi 26 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abayoboke ba FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire Umuhoza (IVU) bakomeje gukusanya amafaranga yo koherereza umutwe w’iterabwoba bakorana wa FDLR, ngo kugirango ifate agace k’ubutaka bw’uRwanda, bityo bibe ngombwa ko Leta y’u Rwanda ishyikirana n’abo bajenosideri.

Ayo mafaranga iyo amaze kuboneka bayanyuza kuri NIZEYIMNA Gilbert ukoresha nomero ya telephone (+32)485625007 na MUNYANEZA Augustin ukoresha(+32)499157583, bombi bakaba batuye mu Bubiligi. Igice kimwe cyohererezwa IVU buri kwezi, ikindi kikajya muri FDLR. Ayohererezwa IVU avanaho amutunga, andi akayahemba ba CYUMA Hassan, Anyesi UWIMANA , Tewonesiti NSENGIMANA n’abandi biyemeje kuba imizindaro y’abajenosideri n’ibigarasha.

Bumwe mu buryo bakoresha ni ukunyuza ubutumwa mu madini n’amatorero, cyane cyane akorera mu Burayi n’Amerika. Ubu uwitwa Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba ubu akaba aba mu Bubiligi, niwe ushinzwe gukusanya inkunga no gushaka abayoboke ba FDU-Inkingi mu idini ya Islam, haba mu Rwanda, haba no mu mahanga.

Hari kandi Padiri Athanase MUTARAMBIRWA ukomoka mu yahoze ari Mushubati( Perefegitura Gitarama yo hambere), ubu nawe akaba aba mu Bubiligi. Uyu rero niwe ushinzwe iyamamazamatwara ya FDU-Inkingi n’impanga yayo FDLR mu idini gatolika, kimwe na mugenzi we NAHIMANA Thomas wo mu ngirwashyaka ISHEMA, we unarambye mu gukwirakwiza urwango n’ibinyoma ku Rwanda.

Uretse gusaruza amafaranga mu mpunzi bazibeshya ngo bari hafi kwigarurira uRwanda, Mvuyekure Swaib, Athanase Mutarambirwa na Thomas Nahimana banahawe inshingano yo guhimba ibinyoma bigamije kwangisha abaturage n’amahanga Ubuyobozi bw’u Rwanda, babinyujije mu bayoboke bo mu madini yabo. Abasengera muri ayo madini rero murabe maso,ejo mutazisanga mu mutego wo kubateranya n’Igihugu cyanyu. Ntimuzishinge izi nkozi z’ibibi, kuko zo zarenze ihaniro!

Abazi neza aba uko ari batatu, bavuga ko nta gitangaje kuba bari mu bikorwa bipfuye amaso. Uretse ubuswa bisanganiwe, ngo ni n’abantu babaswe n’ingengabitekerezo ya Parmehutu-Mpuzamugambi. Ngabo rero abiyita”abakozi b’Imana” kandi ari amashitani yigendera. Ngabo abiyambika ibishura by’abavugabutumwa, bibiliya na Korowani mu kiganza kimwe, mu kindi harimo inkota igamije kurimubura Abanyarwanda. Baribeshya ariko,umutego mutindi ushibukana nyirawo akiwutega.

Twifashishije inyangamugayo ziduha amakuru yizewe kandi avuye ku isoko, Rushyashya izakomeza kubagezaho abagambanira u Rwanda, dufatanye kubamagana, imigambi yabo ipfube nk’iy’abababanjirije.

2021-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Bisi zizibagiza Agahinda n’ Imikorere mibi ya ONATRACOM ziratangira kujya mu byaro

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]

Sankara wavugaga ko ari kuvuguta umuti usharira , yeretswe Abanyamakuru i Kigali yambaye ipingu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2019
Gatera wa BK  agiye  kuyobora Crystal Ventures Ltd

Gatera wa BK agiye kuyobora Crystal Ventures Ltd

Ubwanditsi 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw
UBUKUNGU

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara
INKURU NYAMUKURU

Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Ubwanditsi 22 Jul 2018
Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye
ITOHOZA

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Ubwanditsi 07 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru