• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Padiri Ubald Rugirangoga avuga ko nta dini cyangwa itorero ryo mu Rwanda ryajyaho ngo ryiyemere ngo ntiryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi yabivugiye mu isengesho ryo gusabira abarwayi no gukira ibikomere ryateguwe na Paruwasi ya Remera, Regina Pacis, ryabaye kuri uyu wa 10 Mata 2016 kuri Stade Amahoro.

Ni isengesho ryari ryitabiriwe n’abantu baturutse imihanda yose aho Stade Amahoro yari yuzuye.

Padiri Ubald avuga ko bitumvikana uburyo mu Rwanda habura itorero na rimwe ryatangwaho urugero rwo kuba ritaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Habure itorero na rimwe ryakwivuga ibigwi ngo twebwe nk’itorero ryacu ni ukuri turi abere b’amaraso y’Abatutsi yamenetse muri Jenoside”.

Ubald yongeraho kandi ko yakoreye ubutumwa butandukanye muri za gereza zo mu Rwanda agasanga abakoze Jenoside bose bari mu matorero atandukanye, aho yemeza ko yose ahagarariwe.

Kuri we nta dini rikwiye kubeshya ngo abayoboke baryo ntibakoze Jenoside.

Yifashishije urugero rw’idini rya Islam, yagize ati “Abayisilamu bari aha ngaha, kubera iki gitambo cyo gusabira abarwayi, n’Abayisiramu nzi ko muri aha ngaha, ntimuzongere kubeshya, nimujya i Cyangugu muzasanga uwitwa Yusufu wari Umwisilamu ari we wamaze abantu. Ariko ugasanga muravuga ngo twebwe Abayisilamu ntabwo twamaze abantu, nta Jenoside twakoze, mwitonde mwo kujya mubeshya. Muzajye yo muzasanga Yusufu ni we wagiye kwica Abatutsi mu Bisesero.”

Yunzemo ati “Jyewe iyo bavuze ngo Abisilamu ntibakoze Jenoside nk’umuntu uvuka i Cyangugu natekereza ibyo Yusufu yakoze i Cyangugu, yaratumaze! Oya nta n’umwe urokoka iki kintu (Jenoside). Muze twese dusabe imbabazi ahubwo.”

Uyu mupadiri ntiyiyumvisha uburyo abantu bakorera Imana, banigisha ijambo ryayo bose habura uwaba yarabaye intwari ngo ibibi byabaye ntibibe.

Ati “Habure itorero na rimwe? Habure Paruwasi n’imwe yarokoka muri iki gihugu cyacu? Nk’abantu twigisha ivanjiri umuntu agahaguruka akavuga ngo mbaye padiri nzigisha urukundo. Nzaba umuhamya warwo! Ni igikomere dufite.”

Kuri we ibibazo byarabaye, ariko n’ibisubizo birahari kugira ngo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi irwanywe.

Ahamya ko ibibazo Jenoside yasize bizarangira ari uko Abanyarwanda bemeye gusaba no gutanga imbabazi.

Ubald ahamya ko amaze kubona uko Jenoside ikozwe, yararaga arira yicuza impamvu yabaye padiri. Aha anagaya bamwe mu bapadiri badafata iya mbere ngo babe bashishikariza Abanyarwanda gusaba no gutanga imbabazi.

Uku ni ko yabibwiye imbaga y’Abanyarwanda: “Nararaga ndira, nkavuga nti Mana kuki nabaye Padiri iyo mba wenda ikindi kitari padiri. Kubona uri padiri abantu bakicana!

Abapadiri hari igihe njya mbareba ngo bari muri za paruwasi badashaka gufasha abantu ngo binjire muri ibi bintu byo gufasha abantu ngo basabe imbabazi babikuye ku mutima banazitange babikuye ku mutima, ndabareba nti sha ikinyoma cyaritse muri paruwasi yawe.

Ibi bintu mvuze bijya binteranya n’abantu ariko uwo ivanjiri idateranya aba atayikurikiza. Iyo mvuze ngo iyo intama zonnye hatukwa abashumba, Abasenyeri n’abapadiri bahita bavuga ngo ariko ibintu uba uvuga ni ibiki? None ndongeye ndabivuze. Iyo intama zonnye hatukwa abashumba.”

-2632.jpg

Padiri Ubald Rugirangoga (Ifoto Ndayishimye JC)

-2631.jpg

Padiri Ubald yatambagije Ukarisitiya Stade Amahoro yose (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2630.jpg

Bamwe mu Bakirisitu bafashwa cyane n’isengesho rya Padiri Ubald bakabigaragaza (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2629.jpg

Uyu yaje acumbagira afite imbago ariko yatashye agenda neza (Ifoto/Ndayishimiye JC)
-2633.jpg

Stade Amahoro yari yakubise iruzura Abakirisitu bo mu madini n’amatorero atandukanye bakunda kwitabira isengesho rya Padiri Ubald (Ifoto/Ndayishimiye JC)

Kuri we, kugumya abantu basutamye batagira icyo bakora ngo ibibazo byasizwe na Jenoside bishire nta kamaro.

“Ari na cyo gituma abantu bahaguruka bakavuga bati “ Wenda ibyo ntashoboye gukora icyo gihe noneho reka ngerageze.”

“Ubu turi gukura intama mu bwone, ubu ngubu turi kubakura mu bwone izi nyigisho tubaha ni izo kubashishikariza gusaba imbabazi no kuzitanga, ndumva ndi kubakura mu bwone kuko ndi umushumba. Mvuge se ko ntari umushumba kandi ndi umusaseredoti? Ndi umushumba, ndi gukura intama mu bwone, utabyumva atyo ni akazi ke, azagira uko azasubiza imbere y’Imana, cyokora tuzagira icyo tuzasubiza twese.”

Uyu wihaye Imana yemeza ko abishe abantu muri Jenoside bafungiranye abarokotse Jenoside kandi igihe batazababwira ko babasabye imbabazi, bazahorana iyo ntimba ku mutima bitatuma nabo batazitanga.

Ashingiye ku ngero z’abantu basabye imbabazi abo biciye n’abazitanze, Ubald ahamya ko gusaba no gutanga imbabazi bikiza, ari na byo byo nyine bishobora kuba umuti w’ibibazo byatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Padiri Rugirangoga Ubald yamenyekanye cyane kubera ibikorwa byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira no kwigisha ubumwe n’ubwiyunge akaba abikorera hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga. Ni uwo Diyosezi ya Cyangugu akaba amaze imyaka 33 yarihaye Imana.

Source: Izuba rirashe

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Abatuye muri Kirehe bakanguriwe kwitabira gahunda zigamije kurwanya Maraliya

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Uganda: Uwari waketsweho Ebola yapfuye

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda
ITOHOZA

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018
U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro
Mu Mahanga

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Ubwanditsi 17 May 2016
Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha
Amakuru

Guhindura no kugoreka amateka ntibizabahanaguraho ibyaha

Ubwanditsi 17 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru