• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Padiri Ubald avuga ko nta dini ryajyaho ngo ryiyemere ko ritakoze Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Padiri Ubald Rugirangoga avuga ko nta dini cyangwa itorero ryo mu Rwanda ryajyaho ngo ryiyemere ngo ntiryagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi yabivugiye mu isengesho ryo gusabira abarwayi no gukira ibikomere ryateguwe na Paruwasi ya Remera, Regina Pacis, ryabaye kuri uyu wa 10 Mata 2016 kuri Stade Amahoro.

Ni isengesho ryari ryitabiriwe n’abantu baturutse imihanda yose aho Stade Amahoro yari yuzuye.

Padiri Ubald avuga ko bitumvikana uburyo mu Rwanda habura itorero na rimwe ryatangwaho urugero rwo kuba ritaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Habure itorero na rimwe ryakwivuga ibigwi ngo twebwe nk’itorero ryacu ni ukuri turi abere b’amaraso y’Abatutsi yamenetse muri Jenoside”.

Ubald yongeraho kandi ko yakoreye ubutumwa butandukanye muri za gereza zo mu Rwanda agasanga abakoze Jenoside bose bari mu matorero atandukanye, aho yemeza ko yose ahagarariwe.

Kuri we nta dini rikwiye kubeshya ngo abayoboke baryo ntibakoze Jenoside.

Yifashishije urugero rw’idini rya Islam, yagize ati “Abayisilamu bari aha ngaha, kubera iki gitambo cyo gusabira abarwayi, n’Abayisiramu nzi ko muri aha ngaha, ntimuzongere kubeshya, nimujya i Cyangugu muzasanga uwitwa Yusufu wari Umwisilamu ari we wamaze abantu. Ariko ugasanga muravuga ngo twebwe Abayisilamu ntabwo twamaze abantu, nta Jenoside twakoze, mwitonde mwo kujya mubeshya. Muzajye yo muzasanga Yusufu ni we wagiye kwica Abatutsi mu Bisesero.”

Yunzemo ati “Jyewe iyo bavuze ngo Abisilamu ntibakoze Jenoside nk’umuntu uvuka i Cyangugu natekereza ibyo Yusufu yakoze i Cyangugu, yaratumaze! Oya nta n’umwe urokoka iki kintu (Jenoside). Muze twese dusabe imbabazi ahubwo.”

Uyu mupadiri ntiyiyumvisha uburyo abantu bakorera Imana, banigisha ijambo ryayo bose habura uwaba yarabaye intwari ngo ibibi byabaye ntibibe.

Ati “Habure itorero na rimwe? Habure Paruwasi n’imwe yarokoka muri iki gihugu cyacu? Nk’abantu twigisha ivanjiri umuntu agahaguruka akavuga ngo mbaye padiri nzigisha urukundo. Nzaba umuhamya warwo! Ni igikomere dufite.”

Kuri we ibibazo byarabaye, ariko n’ibisubizo birahari kugira ngo ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi irwanywe.

Ahamya ko ibibazo Jenoside yasize bizarangira ari uko Abanyarwanda bemeye gusaba no gutanga imbabazi.

Ubald ahamya ko amaze kubona uko Jenoside ikozwe, yararaga arira yicuza impamvu yabaye padiri. Aha anagaya bamwe mu bapadiri badafata iya mbere ngo babe bashishikariza Abanyarwanda gusaba no gutanga imbabazi.

Uku ni ko yabibwiye imbaga y’Abanyarwanda: “Nararaga ndira, nkavuga nti Mana kuki nabaye Padiri iyo mba wenda ikindi kitari padiri. Kubona uri padiri abantu bakicana!

Abapadiri hari igihe njya mbareba ngo bari muri za paruwasi badashaka gufasha abantu ngo binjire muri ibi bintu byo gufasha abantu ngo basabe imbabazi babikuye ku mutima banazitange babikuye ku mutima, ndabareba nti sha ikinyoma cyaritse muri paruwasi yawe.

Ibi bintu mvuze bijya binteranya n’abantu ariko uwo ivanjiri idateranya aba atayikurikiza. Iyo mvuze ngo iyo intama zonnye hatukwa abashumba, Abasenyeri n’abapadiri bahita bavuga ngo ariko ibintu uba uvuga ni ibiki? None ndongeye ndabivuze. Iyo intama zonnye hatukwa abashumba.”

-2632.jpg

Padiri Ubald Rugirangoga (Ifoto Ndayishimye JC)

-2631.jpg

Padiri Ubald yatambagije Ukarisitiya Stade Amahoro yose (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2630.jpg

Bamwe mu Bakirisitu bafashwa cyane n’isengesho rya Padiri Ubald bakabigaragaza (Ifoto/Ndayishimiye JC)

-2629.jpg

Uyu yaje acumbagira afite imbago ariko yatashye agenda neza (Ifoto/Ndayishimiye JC)
-2633.jpg

Stade Amahoro yari yakubise iruzura Abakirisitu bo mu madini n’amatorero atandukanye bakunda kwitabira isengesho rya Padiri Ubald (Ifoto/Ndayishimiye JC)

Kuri we, kugumya abantu basutamye batagira icyo bakora ngo ibibazo byasizwe na Jenoside bishire nta kamaro.

“Ari na cyo gituma abantu bahaguruka bakavuga bati “ Wenda ibyo ntashoboye gukora icyo gihe noneho reka ngerageze.”

“Ubu turi gukura intama mu bwone, ubu ngubu turi kubakura mu bwone izi nyigisho tubaha ni izo kubashishikariza gusaba imbabazi no kuzitanga, ndumva ndi kubakura mu bwone kuko ndi umushumba. Mvuge se ko ntari umushumba kandi ndi umusaseredoti? Ndi umushumba, ndi gukura intama mu bwone, utabyumva atyo ni akazi ke, azagira uko azasubiza imbere y’Imana, cyokora tuzagira icyo tuzasubiza twese.”

Uyu wihaye Imana yemeza ko abishe abantu muri Jenoside bafungiranye abarokotse Jenoside kandi igihe batazababwira ko babasabye imbabazi, bazahorana iyo ntimba ku mutima bitatuma nabo batazitanga.

Ashingiye ku ngero z’abantu basabye imbabazi abo biciye n’abazitanze, Ubald ahamya ko gusaba no gutanga imbabazi bikiza, ari na byo byo nyine bishobora kuba umuti w’ibibazo byatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Padiri Rugirangoga Ubald yamenyekanye cyane kubera ibikorwa byiganjemo ibyo gusengera abarwayi bagakira no kwigisha ubumwe n’ubwiyunge akaba abikorera hirya no hino mu Rwanda no mu mahanga. Ni uwo Diyosezi ya Cyangugu akaba amaze imyaka 33 yarihaye Imana.

Source: Izuba rirashe

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Kirehe: Abantu babiri barimo umumotari bafatanwe ibiro 80 by’urumogi

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023
Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Diamond Platnumz yasinyanye amasezerano akomeye n’urubuga rwa Youtube

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo
HIRYA NO HINO

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019
Imirwano hagati ya UPDF na M23 yaguyemo umusirikare wa Uganda undi arakomereka
Mu Rwanda

Imirwano hagati ya UPDF na M23 yaguyemo umusirikare wa Uganda undi arakomereka

Ubwanditsi 05 Mar 2017
Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi  biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo
Mu Mahanga

Kirehe: Abahoze ari abanyabyaha bitandukanye n’inzererezi biyemeje kubireka no gufasha abandi kubivamo

Ubwanditsi 04 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru