• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Ubwanditsi 26 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abayoboke ba FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire Umuhoza (IVU) bakomeje gukusanya amafaranga yo koherereza umutwe w’iterabwoba bakorana wa FDLR, ngo kugirango ifate agace k’ubutaka bw’uRwanda, bityo bibe ngombwa ko Leta y’u Rwanda ishyikirana n’abo bajenosideri.

Ayo mafaranga iyo amaze kuboneka bayanyuza kuri NIZEYIMNA Gilbert ukoresha nomero ya telephone (+32)485625007 na MUNYANEZA Augustin ukoresha(+32)499157583, bombi bakaba batuye mu Bubiligi. Igice kimwe cyohererezwa IVU buri kwezi, ikindi kikajya muri FDLR. Ayohererezwa IVU avanaho amutunga, andi akayahemba ba CYUMA Hassan, Anyesi UWIMANA , Tewonesiti NSENGIMANA n’abandi biyemeje kuba imizindaro y’abajenosideri n’ibigarasha.

Bumwe mu buryo bakoresha ni ukunyuza ubutumwa mu madini n’amatorero, cyane cyane akorera mu Burayi n’Amerika. Ubu uwitwa Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba ubu akaba aba mu Bubiligi, niwe ushinzwe gukusanya inkunga no gushaka abayoboke ba FDU-Inkingi mu idini ya Islam, haba mu Rwanda, haba no mu mahanga.

Hari kandi Padiri Athanase MUTARAMBIRWA ukomoka mu yahoze ari Mushubati( Perefegitura Gitarama yo hambere), ubu nawe akaba aba mu Bubiligi. Uyu rero niwe ushinzwe iyamamazamatwara ya FDU-Inkingi n’impanga yayo FDLR mu idini gatolika, kimwe na mugenzi we NAHIMANA Thomas wo mu ngirwashyaka ISHEMA, we unarambye mu gukwirakwiza urwango n’ibinyoma ku Rwanda.

Uretse gusaruza amafaranga mu mpunzi bazibeshya ngo bari hafi kwigarurira uRwanda, Mvuyekure Swaib, Athanase Mutarambirwa na Thomas Nahimana banahawe inshingano yo guhimba ibinyoma bigamije kwangisha abaturage n’amahanga Ubuyobozi bw’u Rwanda, babinyujije mu bayoboke bo mu madini yabo. Abasengera muri ayo madini rero murabe maso,ejo mutazisanga mu mutego wo kubateranya n’Igihugu cyanyu. Ntimuzishinge izi nkozi z’ibibi, kuko zo zarenze ihaniro!

Abazi neza aba uko ari batatu, bavuga ko nta gitangaje kuba bari mu bikorwa bipfuye amaso. Uretse ubuswa bisanganiwe, ngo ni n’abantu babaswe n’ingengabitekerezo ya Parmehutu-Mpuzamugambi. Ngabo rero abiyita”abakozi b’Imana” kandi ari amashitani yigendera. Ngabo abiyambika ibishura by’abavugabutumwa, bibiliya na Korowani mu kiganza kimwe, mu kindi harimo inkota igamije kurimubura Abanyarwanda. Baribeshya ariko,umutego mutindi ushibukana nyirawo akiwutega.

Twifashishije inyangamugayo ziduha amakuru yizewe kandi avuye ku isoko, Rushyashya izakomeza kubagezaho abagambanira u Rwanda, dufatanye kubamagana, imigambi yabo ipfube nk’iy’abababanjirije.

2021-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza

Agatereranzamba mu rubanza rw’abo kwa Rwigara : Diane na nyina bihannye umucamanza

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ntabwo Perezida Nkurunziza azongera gukandagiza ikirenge mu kibuga cy’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Umuhezanguni Bicahaga Abdallah yahawe gasopo ya nyuma mu bikorwa bye byo gucengeza ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda

Ubwanditsi 03 Feb 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibuka  irasaba  LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Ibuka irasaba LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Jul 2017
MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen
HIRYA NO HINO

MTN yahembye umwana waririmbye indirimbo ‘God will make a way’ ya Don Moen

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu
POLITIKI

Abayobozi basaga 700 barimo Perezida Kagame bitabiriye amasengesho yo gusengera igihugu

Ubwanditsi 13 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru