• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Ubwanditsi 26 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abayoboke ba FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire Umuhoza (IVU) bakomeje gukusanya amafaranga yo koherereza umutwe w’iterabwoba bakorana wa FDLR, ngo kugirango ifate agace k’ubutaka bw’uRwanda, bityo bibe ngombwa ko Leta y’u Rwanda ishyikirana n’abo bajenosideri.

Ayo mafaranga iyo amaze kuboneka bayanyuza kuri NIZEYIMNA Gilbert ukoresha nomero ya telephone (+32)485625007 na MUNYANEZA Augustin ukoresha(+32)499157583, bombi bakaba batuye mu Bubiligi. Igice kimwe cyohererezwa IVU buri kwezi, ikindi kikajya muri FDLR. Ayohererezwa IVU avanaho amutunga, andi akayahemba ba CYUMA Hassan, Anyesi UWIMANA , Tewonesiti NSENGIMANA n’abandi biyemeje kuba imizindaro y’abajenosideri n’ibigarasha.

Bumwe mu buryo bakoresha ni ukunyuza ubutumwa mu madini n’amatorero, cyane cyane akorera mu Burayi n’Amerika. Ubu uwitwa Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba ubu akaba aba mu Bubiligi, niwe ushinzwe gukusanya inkunga no gushaka abayoboke ba FDU-Inkingi mu idini ya Islam, haba mu Rwanda, haba no mu mahanga.

Hari kandi Padiri Athanase MUTARAMBIRWA ukomoka mu yahoze ari Mushubati( Perefegitura Gitarama yo hambere), ubu nawe akaba aba mu Bubiligi. Uyu rero niwe ushinzwe iyamamazamatwara ya FDU-Inkingi n’impanga yayo FDLR mu idini gatolika, kimwe na mugenzi we NAHIMANA Thomas wo mu ngirwashyaka ISHEMA, we unarambye mu gukwirakwiza urwango n’ibinyoma ku Rwanda.

Uretse gusaruza amafaranga mu mpunzi bazibeshya ngo bari hafi kwigarurira uRwanda, Mvuyekure Swaib, Athanase Mutarambirwa na Thomas Nahimana banahawe inshingano yo guhimba ibinyoma bigamije kwangisha abaturage n’amahanga Ubuyobozi bw’u Rwanda, babinyujije mu bayoboke bo mu madini yabo. Abasengera muri ayo madini rero murabe maso,ejo mutazisanga mu mutego wo kubateranya n’Igihugu cyanyu. Ntimuzishinge izi nkozi z’ibibi, kuko zo zarenze ihaniro!

Abazi neza aba uko ari batatu, bavuga ko nta gitangaje kuba bari mu bikorwa bipfuye amaso. Uretse ubuswa bisanganiwe, ngo ni n’abantu babaswe n’ingengabitekerezo ya Parmehutu-Mpuzamugambi. Ngabo rero abiyita”abakozi b’Imana” kandi ari amashitani yigendera. Ngabo abiyambika ibishura by’abavugabutumwa, bibiliya na Korowani mu kiganza kimwe, mu kindi harimo inkota igamije kurimubura Abanyarwanda. Baribeshya ariko,umutego mutindi ushibukana nyirawo akiwutega.

Twifashishije inyangamugayo ziduha amakuru yizewe kandi avuye ku isoko, Rushyashya izakomeza kubagezaho abagambanira u Rwanda, dufatanye kubamagana, imigambi yabo ipfube nk’iy’abababanjirije.

2021-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Urubanza mu mizi rwa Ntaganzwa washakishwaga hamwe na Kabuga rwatangiranye inzitizi

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Umuhanzi Doddy Uwihirwe ubarizwa muri Finland yashyize hanze indirimbo ya kabiri kuri Album “African love” Yakorewe n’amashusho

Umuhanzi Doddy Uwihirwe ubarizwa muri Finland yashyize hanze indirimbo ya kabiri kuri Album “African love” Yakorewe n’amashusho

Ubwanditsi 24 Nov 2020
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Ubwanditsi 28 Jun 2021
Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Ubwanditsi 07 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye
IMIKINO

Champions League ¼: Real Madrid yanyagiye Juventus, Ronaldo ayandikiraho amateka yihariye

Ubwanditsi 04 Apr 2018
U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20
IMIKINO

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri  Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2
Amakuru

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Ubwanditsi 29 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru