• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Perezida Yower K. Museveni yashyizeho abambasaderi bashya basaga 40 icyarimwe, abaha inshingano zigoranye zo kuzahura isura ya Uganda yahindanye mu ruhando mpuzamahanga

Ubwanditsi 13 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Urutonde rw’abambasaderi 37 n’ababungirije 4, Perezida Yoweri K. Museveni yarushyizeho umukono kuri iki cyumweru, tariki 12 Ukuboza 2021.

Abari bahagarariye Uganda mu bihugu bigize Umuryango w’Akarere k’Afrika y’Uburasirazuba, bose bahinduwe.
Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda yagizwe Rtd Maj Gen. Robert Rusoke, akaba asimbuye Madamu Oliver Wonekha, wari uri mu Rwanda kuva mu mwaka wa 2017.


Ambasaderi Richard Kabonero wigeze guhagararira Uganda mu Rwanda ndetse no muri Tanzaniya, we yashyizwe ku gatebe. Ababikurikiranira hafi baremeza ko yaba yazize guterana amagambo na Adonia Ayebare, Ambasaderi wa Uganda i New York muri Amerika, akaba n’inkoramutima ya Perezida Museveni.

Aba bagabo bombi bapfaga ko Ambasaderi Richard Kabonero abuza ubutegetsi bw’igihugu cye gukomeza ibikorwa by’ubushotoranyi ku Rwanda, mu gihe Adonia Ayebare we ari intagondwa isanga ahubwo ubushotoranyi budahagije.

Mu bagizwe abambasaderi kandi harimo Judith Nsababeera woherejwe i Guanzhou mu Bushinwa. Uyu mugore yigeze kuba umwe mu bahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, mu myaka ya za 2012-2013 akaba yari “Umunyarwandakazi”. Byahe ko ahubwo yari “gatumwa” wa Uganda ushinzwe kononera u Rwanda no kuneka amabanga yarwo! Icyakora ubanza ngo yaratashye amara masa, kuko bitatinze kumutahura.

Abambasaderi bashya rero bahawe inshingano yo kuzahura isura ya Uganda yahindanye cyane mu ruhando mpuzamahanga.

Zimwe mu mpamvu zatumye ibihugu byinshi bitakariza icyizere ubutegetsi bwa Perezida Museveni, harimo ruswa yamunze inzego zose z’ubuyobozi, ariko cyane cyane izishinzwe imari, ubuzima n’umutekano. Hari kandi guhutaza abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ibintu bikaba byaradogereye cyane mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, aho benshi mu bayoboke ba Bobi Wine wari uhanganye na Museveni muri ayo matora, bishwe, barakomeretswa abandi n’ubu bakaba bagifunze.

Guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda byabaye ifunguro rya buri munsi ku baturage b’inzirakarengane, barimo n’Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri icyo gihugu.

Gen Abel Kandiho utegeka urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI, niwe uri ku isonga ry’ubwo bugome, ndetse Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zikaba ziherutse kumufatira ibihano. Birashoboka kandi ko Gen Kandiho yabimburiye benshi, kuko mu minsi iri imbere dushobora kuzumva n’ibindi byegera bya Perezida Museveni byahawe akato mu mahanga.

Ikindi amahanga anenga cyane, ni uburyo umuryango wa Perezida Museveni wikubiye ubukungu bw’igihugu, dore ko umugore we Janet Museveni ari umwe mu bagize guverinoma, umuhungu we Gen Muhoozi Kainerugaba akaba umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka.

Ibikorwa bikomeye by’ubucuruzi biri mu biganza bya murumuna wa Museveni, Gen Salim Saleh, bikaba binazwi ko ari nawe ugenzura ubucuruzi bwa rwihishwa Uganda ikorana na ADF, n’indi mitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Uganda iherutse kohereza uruhuri rw’abasirikari muri Kongo, ibeshya ko bagiye kurwanya ADF, kandi bizwi ko uwo mutwe ahubwo ukorana n’ibyegera bya Perezida Museveni. Iki gikorwa nacyo amahanga ntiyakibonye neza, kuko asanga hari indi migambi mibisha icyihishe inyuma.

Abambasaderi bashya bikorejwe ishyiga rishyushye ryo gukinga amahanga ibikarito mu maso. Basabwe gusobanura iryo kinamico ryo kurwanya umufatanyabikorwa, n’ ibindi bikorwa bibi kandi bigaragarira buri wese, by’ubwo butegetsi bwa Kampala.

So ukwanga akuraga ibyamunaniye.

2021-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suwede yemeje itandukana ryayo na Byiringiro Lague

Ubwanditsi 03 Jan 2025
Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019
Uganda: Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi nawe yarusimbutse

Uganda: Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi nawe yarusimbutse

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa
Amakuru

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Ubwanditsi 28 Oct 2025
Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Mu Mahanga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Ubwanditsi 29 Oct 2017
I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”
Amakuru

I Kinshasa abantu 130 biciwe mu ikinamico ryiswe “kuburizamo itoroka ry’abanyururu”

Ubwanditsi 03 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru