• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Editorial 18 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo habura iminsi 2 gusa kugira ngo irushanwa ryo kuzenguruka u Rwanda ku magare rizwi nka Tour du Rwanda ritangire, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda Munyangaju Aurore Mimosa yashyikirije ibendera ikipe y’igihugu izahagarira u Rwanda muri iri rushanwa rizatangira kuri iki cyumweru tariki ya 20 Gashyantare 2022.

Ni igikorwa cyabereye mu karere ka Musanze ko mu ntara y’Amajyaruguru aho aba bakinnyi bakoreye umwiherero bitegura iri siganwa, muri uyu muhango Minisitiri Aurore yari aherekejwe n’umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri Shema Maboko Didier, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’uyu mukino mu Rwanda, Murenzi Abdallah ndetse n’abandi.

Ashyikiriza ibendera aba bakinnyi bazaba bari muri Team Rwanda, Minisitiri Aurore Mimosa yabasabye kuzahagararira neza igihugu muri Tour du Rwanda 2022, abasaba no kuzahesha ishema u Rwanda begukana iryo rushanwa mpuzamahanga, kuko nk’uko yabigarutseho Leta yabashakiye ibikenewe byose, uruhare rusigaye rukaba ari urwabo.

Usibye kuba yabageneye ubu butumwa, ikipe y’igihugu yagenewe kandi amagare mashya bazakoresha muri iri siganwa, ni amagare mashya yasohotse mu mwaka wa 2021 azwi nka Pinarello Dogma F8 asanzwe ava mu Bubiligi.

Tour du Rwanda 2022 izaba irimo amakipe abiri ahagarariye u Rwanda, ayobowe n’ikipe y’igihugu ndetse na Benediction Club Ignite.

Muri iri rushanwa, ikipe y’igihugu y’u Rwanda izaba igizwe na Hakizimana Seth, Uwihiriwe Renus , Muhoza Eric, Niyonkuru Samuel na Iradukunda Emmanuel .

Ku ruhande rwa Benediction Club yo igizwe na Nsengimana Jean Bosco, Byukusenge Patrick, Manizabayo Eric, Rugamba Janvier na Kervade Stevan ukomoka mu gihugu cy’u Bufaransa.

2022-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

APR FC na Mukura VS zakuye amanota 3 hanze y’ikibuga cyazo, AS Kigali inganya na Etincelles FC – Uko imikino ibanza yose yagenze

Editorial 05 Apr 2022
Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse

Editorial 03 Jun 2025
Kagame i Nyabihu ati  ‘ nta bwaki dushaka’

Kagame i Nyabihu ati ‘ nta bwaki dushaka’

Editorial 26 Jul 2017
Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Bruxelles : Pastori Patrick Kamanzi wahoze muri Zion Temple yafotowe yambaye uko yavutse mu cyumba cya Hotel

Editorial 27 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo
POLITIKI

Igifaransa ntigikwiye guhangana n’izindi ndimi – L.Mushikiwabo

Editorial 21 Mar 2019
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL
Amakuru

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Editorial 27 Nov 2023
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye
Amakuru

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru