• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Editorial 03 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo hasohotse ibaruwa yanditswe n’umuyobozi w’ikipe ya Gicumbi FC Urayeneza John avuga ko yeguye kubera ko ingengo y’imari ikipe ihabwa ari nkeya.

Muri iyo baruwa yari yandikiwe Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Perezida John yavuze ko bitewe n’ingengo y’imari nkeya yeguye kuri uyu mwanya, amakuru ikinyamakuru RUSHYASHYA yamenye ni uko komite y’ikipe yari yasabye miliyoni 150 zo gufasha ikipe.

Ubuyobozi bw’akarere bukaba bwari bwemereye ikipe ya Gicumbi FC bwari bwemeye guha ingengo y’imari ingana na Miliyoni 50, gusa Urayeneza John akaba yavuze ko aya mafaranga ari make bityo ahitamo kwegura.

Nyuma y’ubwegure bwe, kuri uyu wa kabiri tariki ya 1 Werurwe 2022, yahise ikora inama ya Komite nyobozi y’ikipe ya Gicumbi FC yari ifite intego zirimo kwakira ubwegure bwa Perezida ndetse no kwiga uko yayoborwa.

Abari munama bunguranye ibitekerezo ku bwegure bwa Bwana URAYENEZA John wari Perezida wa Gicumbi FC, nyuma yo kubyunguranaho ibitekerezo abari mu nama bemeje ko yahabwa komite nzibacyuho.

Urutonde rw’abatorewe kuyobora ikipe ya Gicumbi FC:
Perezida: Nshumbusho Asman
Visi Perezida wa 1: Niyitanga Desire
Visi Perezida wa 2: Lucie Nzaramba
Umubitsi: Niyonsenga Consolee
Umunyamabanga: Murwanashyaka Masisita Gregoire
Umunyamategeko: Karanganwa Jean Bosco

Nyuma kwa Komite nshya yatowe, yahise inatangaza ko umutoza Ghislain Tchiamas atandukanye n’iyi kipe, akaba yahise asimbuzwa Banamwana Camarade wari uherutse gutandukana na Etoile de l’Est.

Nubwo Camarade yaje muri iyi kipe ariko siwe mutoza mukuru, kuko amakuru yizewe aravuga ko uwari usanzwe yungirije Ghislain Tchiamas, Kamali Methode ariwe uri bube afashe iyi kipe nk’umutoza mukuru by’agateganyo.

Ku geza ubu ikipe ya Gicumbi FC yitegura gukina n’ikipe ya Gorilla FC iri ku mwanya wa 16 n’amanota 14, aho mu mikino 19 bamaze gukina yatsinze imikino 2 inganya imikino 8 itsindwa indi mikino 9.

2022-03-03
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Uganda: Induru zavuze mu gushyingura umudepite, mu irimbi habera intambara

Editorial 10 Jul 2017
Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Kiyovu SC na Gasogi United mu makipe yatangiye gutandukana nabakinnyi babo bitegura 2023-2024

Editorial 08 Jun 2023
Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Rayon Sports yageze i Dar Es Salam yakirwa mu buryo bukomeye -Amafoto

Editorial 15 May 2018
Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Nyaruguru: Ababyeyi basabwe kurushaho gushishikariza abana kugira umuco wo gusoma barushaho kubyaza umusaruro amasomero ahari

Editorial 09 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Editorial 02 May 2016
Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye
Amakuru

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Editorial 02 Dec 2022
Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani
ITOHOZA

Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani

Editorial 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru