• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo, aho ingabo z’icyo gihugu zihanganye n’umutwe wa M23, abakurikiranira hafi ibyo muri icyo gihugu barahamya ko ibintu bishobora kurushaho kudogera, intandaro y’ibibazo byose ikaba ari imiyoborere mibi kurusha ahandi hose ku isi.

Dore nk’ubu kuva kuri uyu wa mbere tariki 06 Kamena 2022, abadepite bahagarariye Kinshasa mu nteko ishinga amategeko bicaye kuri ministeri y’imari, bishyuza ibirarane by’imishahara y’amezi atatu.

Ikikwereka ko ibyo muri Kongo ari agahomamunwa kandi, ayo mafaranga aba yarasohotse mu isanduku ya Leta, ariko akaruhukira mu mifuka y’abazi kurya utwabo bakarya n’utw’abandi. Kunyereza ibya rubanda byabaye umuco muri Kongo, kandi nta ngoma n’ imwe yigeze irwanya iyi myitwarire ibabaje uko zagiye zisimburana ku butegetsi.

Ba Martin Fayulu, Denis Mukwege n’abandi birirwa batukana, bazerekane uruhare rw’uRwanda muri uwo mwanda.

Nyuma y’ iminsi mike gusa intambara yubuye muri Kongo, hari abasirikari babarirwa mu icumi, barimo n’abafite amapeti akomeye mu ngabo za Kongo, FARDC, bafatiwe mu cyuho bagurisha intwaro mu mitwe yitwaje intwaro, harimo na M23 bahanganye. Ibi si bishya kandi, kuko kuva M23 yavuka yivugira ko mu ntwaro barwanisha inyinshi bazigura n’ igisirikari cya Leta.

Iyo usesenguye imyumvire y’Abanyekongo benshi, usanga badahangayikishijwe n’ ejo hazaza h’ igihugu cyabo. Ubonye icyo asahura akishyirira mu nda, biba bihagije ubundi akicereza “Ndombolo”. Abenshi ni ba”ntibindeba”(irresponsible), ari nabyo biha icyuho abategetsi babi bashaka kwiyibira. Aka kavuyo niko gafasha imitwe itabarika kuvuka buri munsi, ikikatira agace ishaka ubundi ikica igakiza. Ibyegeranyo binyuranye byakomeje gushinja ubutegetsi gukorana n’imitwe y’inyeshyamba, bakanagabana ibyo basahuye abanturage.

Kudashyira mu gaciro no gutinya guhangana n’ibibazo, ni byo biranga benshi mu Banyekongo, barimo n’ abize muri za kaminuza zikomeye ku isi. Aba nibo usangana amagambo asuzuguritse ku mbuga nkoranyambaga mu bifaransa bya karundura, batukana, basebanya, bakwiza ibinyoma n’urwango. Baravuga kurusha uko bakora.

Bahora barata”umutungo kamere udasanzwe” , nyamara ntibashobore gusobanura icyo ubamariye, ngo igice kinini cyane cy’Abanyekongo kive mu bukene bukabije, bakarya iminwa,
Kubera kubura igisobanuro cy’ubunyanda, ubugwari, no kuba ba “katabirora” biranga benshi mu Banyekongo, bahitamo gushaka uwo begekaho akaga bavukanye bakazanarinda bagasazana.

Ese ko kuva mu myaka ya za 60 ubwo intara ya Katanga yashakaga kwigenga, nabwo ni uRwanda rwari rubiri inyuma?
Mu by’ukuri, igihe cyose Abanyekongo bazaba bataramenya kandi ngo bemere ko ikibazo cyabo ari imiborere yaboze, ibintu bizarusaho kujya irudubi. Gutuka no kwanga uRwanda, babizi neza ko batazarwimura ngo rureke kuba umuturanyi, guhamagarira abaturage gutsemba benewabo babaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda, byose ntacyo bizafasha, uretse kubongerera akaga.

Abanyekongo baba mu Rwanda bagombye kuba abahamya, bakabwira abasigaye mu gihugu n’abatuye mu mahanga, ko uRwanda ntacyo rupfa nabo, ko ahubwo rwabafasha kwishakamo ibisubizo, nk’uko rwabyikoreye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibindi byose ni amahomvu adatanga umuti w’ibibazo.

2022-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Ubwanditsi 22 Apr 2016
Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Ubwanditsi 09 Dec 2017
Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye isozwa ry’Itorero ry’Intagamburuzwa

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Ubwanditsi 03 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Ubwanditsi 03 Sep 2018
U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe
INKURU NYAMUKURU

U Bufaransa: Dosiye ya Dr. Charles Twagira ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yubuwe

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwagiye Uganda gushimangira ibyo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru