• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo, aho ingabo z’icyo gihugu zihanganye n’umutwe wa M23, abakurikiranira hafi ibyo muri icyo gihugu barahamya ko ibintu bishobora kurushaho kudogera, intandaro y’ibibazo byose ikaba ari imiyoborere mibi kurusha ahandi hose ku isi.

Dore nk’ubu kuva kuri uyu wa mbere tariki 06 Kamena 2022, abadepite bahagarariye Kinshasa mu nteko ishinga amategeko bicaye kuri ministeri y’imari, bishyuza ibirarane by’imishahara y’amezi atatu.

Ikikwereka ko ibyo muri Kongo ari agahomamunwa kandi, ayo mafaranga aba yarasohotse mu isanduku ya Leta, ariko akaruhukira mu mifuka y’abazi kurya utwabo bakarya n’utw’abandi. Kunyereza ibya rubanda byabaye umuco muri Kongo, kandi nta ngoma n’ imwe yigeze irwanya iyi myitwarire ibabaje uko zagiye zisimburana ku butegetsi.

Ba Martin Fayulu, Denis Mukwege n’abandi birirwa batukana, bazerekane uruhare rw’uRwanda muri uwo mwanda.

Nyuma y’ iminsi mike gusa intambara yubuye muri Kongo, hari abasirikari babarirwa mu icumi, barimo n’abafite amapeti akomeye mu ngabo za Kongo, FARDC, bafatiwe mu cyuho bagurisha intwaro mu mitwe yitwaje intwaro, harimo na M23 bahanganye. Ibi si bishya kandi, kuko kuva M23 yavuka yivugira ko mu ntwaro barwanisha inyinshi bazigura n’ igisirikari cya Leta.

Iyo usesenguye imyumvire y’Abanyekongo benshi, usanga badahangayikishijwe n’ ejo hazaza h’ igihugu cyabo. Ubonye icyo asahura akishyirira mu nda, biba bihagije ubundi akicereza “Ndombolo”. Abenshi ni ba”ntibindeba”(irresponsible), ari nabyo biha icyuho abategetsi babi bashaka kwiyibira. Aka kavuyo niko gafasha imitwe itabarika kuvuka buri munsi, ikikatira agace ishaka ubundi ikica igakiza. Ibyegeranyo binyuranye byakomeje gushinja ubutegetsi gukorana n’imitwe y’inyeshyamba, bakanagabana ibyo basahuye abanturage.

Kudashyira mu gaciro no gutinya guhangana n’ibibazo, ni byo biranga benshi mu Banyekongo, barimo n’ abize muri za kaminuza zikomeye ku isi. Aba nibo usangana amagambo asuzuguritse ku mbuga nkoranyambaga mu bifaransa bya karundura, batukana, basebanya, bakwiza ibinyoma n’urwango. Baravuga kurusha uko bakora.

Bahora barata”umutungo kamere udasanzwe” , nyamara ntibashobore gusobanura icyo ubamariye, ngo igice kinini cyane cy’Abanyekongo kive mu bukene bukabije, bakarya iminwa,
Kubera kubura igisobanuro cy’ubunyanda, ubugwari, no kuba ba “katabirora” biranga benshi mu Banyekongo, bahitamo gushaka uwo begekaho akaga bavukanye bakazanarinda bagasazana.

Ese ko kuva mu myaka ya za 60 ubwo intara ya Katanga yashakaga kwigenga, nabwo ni uRwanda rwari rubiri inyuma?
Mu by’ukuri, igihe cyose Abanyekongo bazaba bataramenya kandi ngo bemere ko ikibazo cyabo ari imiborere yaboze, ibintu bizarusaho kujya irudubi. Gutuka no kwanga uRwanda, babizi neza ko batazarwimura ngo rureke kuba umuturanyi, guhamagarira abaturage gutsemba benewabo babaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda, byose ntacyo bizafasha, uretse kubongerera akaga.

Abanyekongo baba mu Rwanda bagombye kuba abahamya, bakabwira abasigaye mu gihugu n’abatuye mu mahanga, ko uRwanda ntacyo rupfa nabo, ko ahubwo rwabafasha kwishakamo ibisubizo, nk’uko rwabyikoreye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibindi byose ni amahomvu adatanga umuti w’ibibazo.

2022-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Burera: Hakozwe ubukangurambaga bwo kurwanyaikoreshwary’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Cassa Mbungo André yatandukanye n’ikipe ya AS Kigali yari abereye umutoza mukuru

Ubwanditsi 30 Nov 2023
Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara
UBUKUNGU

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.
Amakuru

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Ubwanditsi 21 Jan 2023
Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje akamaro k’ababyeyi ahereye mu rugo iwe

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru