• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Icyenda bafatanywe ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye muri Burera na Gakenke

Ubwanditsi 21 Nov 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu turere twa Burera na Gakenke yafatanye abantu icyenda ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye.

Muri Burera hafatiwe abagabo umunani bikoreye litiro 114 za Kanyanga, bakaba barafatiwe mu murenge wa Gatebe. Bamwe muri bo bafashwe mu ijoro ryo ku wa 18 Ugushyingo; abandi bafatwa mu gitondo cyo ku munsi ukurikira.

Abafatanywe izo litiro 114 za Kanyanga ni Mizero Cedric , Ndayisaba Gilbert, Tuzizerimana Jean Claude, Byiringiro Darius, Ngoroyabanga, Barakagira Steven, Niyonzima Leonard na Sankuye Emmanuel, bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bungwe.

Polisi y’u Rwanda muri Gakenke yafatiye mu iduka rya Hagenimana Jean Damascene riherereye mu kagari ka Rusagara, mu murenge wa Gakenke amapaki 115 y’amashashi, amaduzeni 18 ya Living Waragi, amaduzeni 12 ya Blue Sky, 09 ya Kitoko Waragi, n’amaduzeni atatu ya Chief Waragi.

Hafashwe umugore we witwa Akimanizanye Josiane wacuruzaga muri iryo duka; naho umugabo we akibona Polisi yahise acika , akaba agishakishwa; naho umugore we akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke .

Mu butumwa bwe, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, Inspector of Police (IP) Innocent Gasasira yavuze ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurwanya itundwa n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge; hibandwa ku duce dukora ku bihugu bibivanwamo, kandi yongeraho ko Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano itazadohoka gufata ababyishoramo kugeza babiretse.

Yagize ati:”Icyo abishora mu biyobyabwenge bakwiye kumenya ni uko inzira zose babinyuzamo babyinjiza mu gihugu tuzizi ku buryo abazakomeza kubikora bazafatwa bakanirwe urubakwiye. Igishimishije kurusha ibindi n’uko umubare munini w’abaturage bamaze gusobanukirwa ububi bw’iboyobyabwenge ku buryo batanga amakuru y’ababitunda n’ababicuruza.”

IP Gasasira yakomeje agira ati:”Abanywa Kanyanga n’ibindi biyobyabwenge bamenye ko bikururira uburwayi butandukanye burimo ubufata mu myanya y’ubuhumekero. Na none kandi ibiyobyabwenge bitera ababinyoye gukora ibikorwa bihungabanya ituze rya rubanda birimo gukubita no gukomeretsa n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina; bityo buri wese akaba asabwa kubyirinda no gutanga amakuru y’ababitunda n’ababicuruza.”

-4748.jpg

Yasabye abaturage kwirinda ikintu cyose kinyuranije n’amategeko no gutanga amakuru atuma gikumirwa no gufata abagikoze cyangwa abafite imigambi yo kugikora.

RNP

2016-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Rwamagana: Polisi yafashe abagabo babiri basabaga abaturage amafaranga biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 26 Jan 2016
Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi  bwiza bafite

Pasitori ukomeye muri USA yasabye Abanyarwanda kudakerensa ubuyobozi bwiza bafite

Ubwanditsi 14 Jun 2016
CNLG  aravuga ko Amerika ari intangarugero  igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje
Amakuru

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Ubwanditsi 12 Apr 2021
Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Uganda:Abakobwa batari baryamana n’ Abasore (Amasugi) bagiye kujya bahembwa
HIRYA NO HINO

Uganda:Abakobwa batari baryamana n’ Abasore (Amasugi) bagiye kujya bahembwa

Ubwanditsi 27 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru