• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Rachel Mugorewase ni umudamu washinze umuryango ‘’TWUBAKE UBUMWE N’UBWIYUNGE’’. Uyu muryango ugamije kurandura amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma y’amateka mabi yaruranze.

MUGOREWASE Rachel ni umudamu wiboneye ubwe, mu gihe yari akiri muto, ivangura n’itotezwa ryakorerwaga Abatutsi kugeza kuri jenoside yabakorewe muri 1994. Muri 1994. MUGOREWASE Rachel we n’umuryango we bahungiye muri Kongo (DRC) yitwaga Zayire icyo gihe aho impunzi zakomeje kwigishwa amacakubiri, urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside.

MUGOREWASE n’umuryango we baje kugira amahirwe yo gusubizwa mu gihugu n’ingabo z’u Rwanda  nyuma y’igihe kinini biruka mu mashyamba ya Kongo. Akigera mu Rwanda yasanze ibyo yigishijwe akiri muri Kongo ari ibinyoma ahubwo abona u Rwanda rushya rushishikajwe no kubanisha abanyarwanda mu bumwe n’ubwiyunge n’iterambere kandi bagahabwa uburenganzira bumwe n’amahirwe angana. Niyo mpamvu nawe yashinze uwo muryango ngo nawe atange umusanzu we mu kubuka u Rwanda

Nkuko akomeza abivuga, Rachel yahereye ku bagoreka amateka bagamije inyungu za politiki maze afata iya mbere mu kubyamagana cyane cyane ababeshya ko ingabo z’u Rwanda zishe impunzi z’abanyarwanda kandi ahubwo zarabacyuye. Yagarutse ku buryo abamamaza ayo mateka agayitse ari ukubera inyungu za politiki bakavuga ibyabereye muri Kongo bataranahageze. 

Rachel yagize ati “Ibi ni inyungu za politiki no gushaka kuroga urubyiruko. Twebwe twageze Tingi Tingi, Walikale na Mbandaka nitwe tuzi uburyo ingabo z’u Rwanda zadutabaye. Leta y’u Rwanda ntabwo yatwishe ahubwo yaduhaye ubuzima”

Yagarutse ku buryo impunzi zaguye muri Kongo zazize ibindi harimo indwara z’ibyorezo kubera amazi mabi, gutwarwa n’imigezi abandi bicwa n’abakongomani nkiyo babateraga mu mirima yabo bakarya ibiribwa birimo. 

Rachel yasoje avuga ko Inkotanyi ari ubuzima kandi ko Inkotanyi zitagomba gushimwa n’abarokotse gusa ahubwo ko yaba uwasigaye mu Rwanda, waba warahungiye mu mashyamba ya Kongo bose inkotanyi zabagaruriye ubuzima. 

Mugorewase Rachel ashimirwa na Uwamahoro Marie Claire wahingiwe isambu ye mu budehe bwateguwe na Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge mu Ruhango
Mugorewase Rachel n’AbanyaRuhango bahingira Marie Claire

Rachel ahora yifuza ko Abanyarwanda baba Umwe.

2022-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Iyo bigeze ku Rwanda, BBC Gahuza iba umuzindaro w’umutwe wiyita Leta ya Islam (IS)

Ubwanditsi 13 Aug 2021
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda

Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda

Ubwanditsi 22 Jul 2019
Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana

Abakozi ba Leta bagiye gutangira gutuzwa mu nzu zihendutse – Kampayana

Ubwanditsi 01 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea
IMIKINO

Champions league: PSG irahabwa amahirwe yo gutsinda Chealsea

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda
Amakuru

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru