• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ikomeje kwerekana ko ari impanga ya FDLR.

Ubwanditsi 05 Nov 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Itangazo ryashyizweho umukono n’uwitwa Emmanuel Mwiseneza, visi-perezida w’agatsiko k’abagome n’abagambanyi ka FDU-Inkingi, riragaragaza ko aka gatsiko gahangayikishijwe n’akaga abajenosideri ba FDLR barimo kubera umuriro umutwe wa M23 urimo kubacanaho mu burasirazuba bwa Kongo.

FDLR n’igisirikari cya Congo, FARDC, bafatanya ku rugamba, kuva mu kwezi gushize k’Ukwakira bararashwe bikomeye, benshi barapfa, abataracitse amaboko n’amaguru, abataravuyemo amaso bafatwa mpiri, ari nabyo byakuye umutima FDU-Inkingi.

 

Amaganya ari muri iryo tangazo aragaragaza neza isano FDU-Inkingi ya Ingabire Victoire ifitanye na FDLR, kugeza n’ubwo iyo FDU-Inkingi yikoma Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, ngo kuko aribo ntandaro y’akaga impunzi z’Abanyarwanda zirimo(nizo zigize FDLR).

FDU-Inkingi isangiye imyumvire ipfuye na Leta ya Kongo, umufatanyabikorwa wa FDLR, aho bafata Abanyekongo bavuga ikinyarwanda nk’aho atari abenegihugu nk’abandi. Urugero ni uko FDU-Inkingi ibabajwe cyane n’abavanywe mu byabo n’iyo ntambara yo muri Kivu y’Amajyaruguru, ariko Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bamaze imyaka hafi 30 mu nkambi z’impuzi mu bihugu binyuranye ntacyo bababwiye.

Ni mu gihe ariko kuko abo banyekongo birukanywe mu byabo na FDLR, impanga ya FDU-Inkingi. Nubwo muri abo Banyekongo harimo Abahutu n’Abatutsi, ubwicanyi bwibasiye Abatutsi kubera ya ngengabitekerezo ya jenoside Interahamwe zanduje abaturage b’Abanyekongo.

FDU-Inkingi itsimbaraye ku kinyoma cy’uko ngo M23 ifashwa n’u Rwanda, ishingiye ku byegeranyo byakozwe n’abantu babogamye, nyamara ntigire icyo ivuga ku mpuguke za Loni zidasiba kugaragaza ko FDLR ari umufatanyabikorwa w’igisirikari cya Kongo, FARDC.

 “Mappining report” yabakwamiyemo ntibazi ko itigeze ihabwa agaciro, kuko Loni yasanze ibiyikubiyemo ari amahomvu n’ibipapirano. Ni cya kirondwe cyumiye ku ruhu rw’inka yapfuye kera.

FDU-Inkingi rero ntaho iduhishe. Iri ku rugamba muri Kongo, nubwo aho rwerekeza hagaragaza ko nta heza h’umunyabyaha. Imisanzu ikusanya yoherereza abarwanyi bayo ba FDLR irasa nk’aho ntacyo yatanze, kuko ibyo guhungabanya umutekano w’uRwanda, kwica Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, kubasahura no gusambanya abagore ku ngufu, M23 igiye kubishyiraho akadomo.

Bazakomeza bashwiragire mu mashyamba ya Kongo kure y’u Rwanda, nka gahini wishe umuvandimwe we Abeli.

 

2022-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Ubwanditsi 14 Aug 2021
Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Igitekerezo cya Kayumba ku mpagarara mu Karere, no kugaragaza uko abibona “Ntigihwitse nabusa”

Ubwanditsi 23 Jul 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Manchester City izahura na Tottenham ku munsi wa mbere wa shampiyona y’u Bwongereza ya 2021-2022 – Uko amakipe yose azahura

Ubwanditsi 17 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika
IMIKINO

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 21 Jul 2019
“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE
Mu Rwanda

“Nterwa ishema no kuba umunyarwanda munsi y’ubuyobozi bwa H.E Paul Kagame”– TOM CLOSE

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe
HIRYA NO HINO

Umujyi wa Wuhan watangiriyemo COVID-19 abaturage basubiye mu buzima busanzwe

Ubwanditsi 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru