• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ingabire Victoire Umuhoza urambye mu butekamutwe bwo kwiyita umunyapolitiki, amaze no guhamya akarenge mu buriganya, aho ashaka kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe.

Ubu buriganya, Ingabire amaze kubufatirwamo ubugira kabiri, icyakora umugambi we ugapfuba ntacyo arageraho.

Mu minsi ishize, Ingabire yaranyonyombye agerageza gusesera mu nzego zinyuranye mu Mujyi wa Kigali, mu karere ka Nyarugenge, agirango yiyandikisheho ubutaka atemerewe n’amategeko.

Ni ubutaka buherereye mu mudugudu wa Nyabumanga, akagari ka Kankuba, mu Murenge wa Mageragera mu Karere ka Nyarugenge,  bukaba bungana na M²  8385.17 bwagenewe guterwaho amashyamba. 

Ubundi butaka buherereye mu mudugudu wa Kankuba, akagari ka Kankuba, umurenge wa Mageragere, bwo bukaba bungana na M²  4147.742 bwagenewe guturamo.

 Ubu butaka bwose bivugwa ko ari ubwa Dusabe Thérèse wasize ahekuye abanya Butamwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba abundabunda mu Buholandi. Ingabire rero yatetse umutwe wo kubwiyandikishaho nk’uwaburazwe n’ababyeyi, nyamara nta rupapuro na rumwe rw’irage yagaragaza.

Ubundi butekamutwe yakoze akwiye no gukurikiranwaho mu nkiko, ni uko bumwe muri buriya butaka, yabwandikishije ku mugabo we, Lin Muyizere, nawe wihishe mu Buholandi, akabeshya ko atuye mu murenge wa Kinyinya, akagari ka Gacuriro,  kandi umugore we Ingabire Victoire yaramutaye mu Buholandi, dore ko ataracyifuza kubana n’uwo mugabo ugendera mu kagare kubera ubumuga.

Nyuma yo kumenya ko Ingabire Victore yatanze amakuru y’ibinyoma, abagize komite y’ubutaka banditse batesha agaciro ibyangombwa yari yahawe. 

Ingabire Arashaka icyicaro cya FDU-Inkingi/DALFA-Umurinzi

Ubundi butaka Ingabire yashatse kunyanganya, buherereye mu Karere ka Ngororero, umurenge wa Ngororero, mu kagari ka Rususa. Ni ubutaka bwa sekuru Bigiyobyenda Siméon na Nyirabazungu Caritas aribo babyeyi b’umwicanyi Dusabe Thérèse, nyina wa Ingabire Voctoire. 

Ingabire ajya gutangira ubu buriganya yirengagije ko nyina Dusabe Thérèse atari we wenyine wavutse kwa Bigiyobyenda. Hari n’abandi barimo Muhayeyezu Immaculée, witabye Imana, akaba ahagarariwe n’umugabo we Claver. Abandi ni Tuyisenge Marie Goreth, Mukashaweza Consolée  ubana na Dusabe mu Buholandi, n’abandi.

Amakuru dukesha abamubeshya ngo ni amacuti ye nyamara bava iwe bakaza kubwira Rushyashya ibyahavugiwe byose, ahamya ko Ingabire ashaka aha hantu hari inzu yubatswe n’umutware Rwamuningi, ngo ahagire  icyicaro cya FDU-Inkingi/DALFA, irerero ry’abafite imyumvire ipfuye nk’iye, aho azajya acengereza ingengabitekerezo ya Jenoside n’ubundi bugome.

Ibi kandi Ingabire abikora nkana, abiziranyeho na nyina Dusabe, agamije kurigisa imitungo yose ishobora gufatirwa hishyurwa ibyo umujenosideri Dusabe yangije.

Birasa no gusubiramo amateka, kuko n’ubundi aha muri Ngororero hakundaga kubera inama z’abambari ba “Hutu Power” nka Léon Mugesera, Dusabe Thérèse n’ibindi bikomerezwa byateguye bikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ingabire Victoire Umuhoza wahereye kera ashaka aho yamenera ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda  kuva akiri muri RDR yaje kuvamo ASLIR na FDLR, ndetse akaza gushinga FDU- Inkingi  yahawe akabyiniriro ka DALFA-Umurinzi, ubu noneho ari mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe, ngo abugire indiri y’inkozi z’ibibi zigambiriye gusubiza uRwanda mu marira.

Ng’uko uko uburiganya bwa Ingabire bwatangiriye muri RDR, ALIR, FDLR, FDU-Inkingi, bukomereje muri Ngororero na Nyarugenge. 

Ubutabera bw’uRwanda nk’Igihugu cyiyemeje kugendera ku mategeko, ntibwagombye kurebera aya manyanga. Ubundi  amahano ye yose ayakora yitwikiriye isinde y’ umunyapolitiki “utavuga ruwe n’ubutegetsi”.

Ubu buriganya se nabwo ni ubwizanzure mu gutanga ibitekerezo ra?!

2022-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23

RUSHYASHYA 01 Jun 2026
I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

I Paris : Perezida Macron yakiriye Perezida Kagame muri Élysée

Ubwanditsi 23 May 2018
Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Cassien Ntamuhanga wacitse inzego z’ubutabera mu Rwanda niwe ugiye gusimbura Jean Paul Turayishimye ku buvugizi bw’umutwe w’iterabwoba wa RNC

Ubwanditsi 02 Nov 2019
Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa
Amakuru

Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa

RUSHYASHYA 18 Jul 2026
Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia
Amakuru

Rwatubyaye Abdoul wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Macedonia

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali
Mu Mahanga

Hazitabazwa Ambasade ya Kenya mu guca abazunguzayi b’abamasayi bakorera muduce dutandukanye twa Kigali

Ubwanditsi 19 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru