• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Ubwanditsi 28 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ingabire Victoire Umuhoza urambye mu butekamutwe bwo kwiyita umunyapolitiki, amaze no guhamya akarenge mu buriganya, aho ashaka kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe.

Ubu buriganya, Ingabire amaze kubufatirwamo ubugira kabiri, icyakora umugambi we ugapfuba ntacyo arageraho.

Mu minsi ishize, Ingabire yaranyonyombye agerageza gusesera mu nzego zinyuranye mu Mujyi wa Kigali, mu karere ka Nyarugenge, agirango yiyandikisheho ubutaka atemerewe n’amategeko.

Ni ubutaka buherereye mu mudugudu wa Nyabumanga, akagari ka Kankuba, mu Murenge wa Mageragera mu Karere ka Nyarugenge,  bukaba bungana na M²  8385.17 bwagenewe guterwaho amashyamba. 

Ubundi butaka buherereye mu mudugudu wa Kankuba, akagari ka Kankuba, umurenge wa Mageragere, bwo bukaba bungana na M²  4147.742 bwagenewe guturamo.

 Ubu butaka bwose bivugwa ko ari ubwa Dusabe Thérèse wasize ahekuye abanya Butamwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu akaba abundabunda mu Buholandi. Ingabire rero yatetse umutwe wo kubwiyandikishaho nk’uwaburazwe n’ababyeyi, nyamara nta rupapuro na rumwe rw’irage yagaragaza.

Ubundi butekamutwe yakoze akwiye no gukurikiranwaho mu nkiko, ni uko bumwe muri buriya butaka, yabwandikishije ku mugabo we, Lin Muyizere, nawe wihishe mu Buholandi, akabeshya ko atuye mu murenge wa Kinyinya, akagari ka Gacuriro,  kandi umugore we Ingabire Victoire yaramutaye mu Buholandi, dore ko ataracyifuza kubana n’uwo mugabo ugendera mu kagare kubera ubumuga.

Nyuma yo kumenya ko Ingabire Victore yatanze amakuru y’ibinyoma, abagize komite y’ubutaka banditse batesha agaciro ibyangombwa yari yahawe. 

Ingabire Arashaka icyicaro cya FDU-Inkingi/DALFA-Umurinzi

Ubundi butaka Ingabire yashatse kunyanganya, buherereye mu Karere ka Ngororero, umurenge wa Ngororero, mu kagari ka Rususa. Ni ubutaka bwa sekuru Bigiyobyenda Siméon na Nyirabazungu Caritas aribo babyeyi b’umwicanyi Dusabe Thérèse, nyina wa Ingabire Voctoire. 

Ingabire ajya gutangira ubu buriganya yirengagije ko nyina Dusabe Thérèse atari we wenyine wavutse kwa Bigiyobyenda. Hari n’abandi barimo Muhayeyezu Immaculée, witabye Imana, akaba ahagarariwe n’umugabo we Claver. Abandi ni Tuyisenge Marie Goreth, Mukashaweza Consolée  ubana na Dusabe mu Buholandi, n’abandi.

Amakuru dukesha abamubeshya ngo ni amacuti ye nyamara bava iwe bakaza kubwira Rushyashya ibyahavugiwe byose, ahamya ko Ingabire ashaka aha hantu hari inzu yubatswe n’umutware Rwamuningi, ngo ahagire  icyicaro cya FDU-Inkingi/DALFA, irerero ry’abafite imyumvire ipfuye nk’iye, aho azajya acengereza ingengabitekerezo ya Jenoside n’ubundi bugome.

Ibi kandi Ingabire abikora nkana, abiziranyeho na nyina Dusabe, agamije kurigisa imitungo yose ishobora gufatirwa hishyurwa ibyo umujenosideri Dusabe yangije.

Birasa no gusubiramo amateka, kuko n’ubundi aha muri Ngororero hakundaga kubera inama z’abambari ba “Hutu Power” nka Léon Mugesera, Dusabe Thérèse n’ibindi bikomerezwa byateguye bikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ingabire Victoire Umuhoza wahereye kera ashaka aho yamenera ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda  kuva akiri muri RDR yaje kuvamo ASLIR na FDLR, ndetse akaza gushinga FDU- Inkingi  yahawe akabyiniriro ka DALFA-Umurinzi, ubu noneho ari mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe, ngo abugire indiri y’inkozi z’ibibi zigambiriye gusubiza uRwanda mu marira.

Ng’uko uko uburiganya bwa Ingabire bwatangiriye muri RDR, ALIR, FDLR, FDU-Inkingi, bukomereje muri Ngororero na Nyarugenge. 

Ubutabera bw’uRwanda nk’Igihugu cyiyemeje kugendera ku mategeko, ntibwagombye kurebera aya manyanga. Ubundi  amahano ye yose ayakora yitwikiriye isinde y’ umunyapolitiki “utavuga ruwe n’ubutegetsi”.

Ubu buriganya se nabwo ni ubwizanzure mu gutanga ibitekerezo ra?!

2022-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024
BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo
Mu Mahanga

Polisi yohereje abapolisi 70 mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2016
RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR
INKURU NYAMUKURU

RDC: Abaturage 10 baguye mu gitero cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje
Mu Mahanga

Nyagatare:Akarere kaza ku isonga muri ruswa, imiyoborere mibi, akarengane,.. Min. Kaboneka icyo yatangaje

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru