• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ikinyoma cy’ibigarasha ko u Rwanda rwumviriza telephone zabo cyakubitiwe ahareba I Nzega n’ubushakashatsi bw’abahanga

Ubwanditsi 16 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yaho abanzi b’u Rwanda bakwirakwije ibihuha ko Leta y’u Rwanda yumviriza Telephone zabo ikoresheje ikoranabuhanga rya Pegasus raporo y’ubushakashatsi yagiye ahagaragara yemeza ko ibyo birego nta shingiro bifite.

Umwe mu bavuze ko Telephone yumvirijwe ni Carine Kanimba ariko akaba yarakoreshejwe kugirango bayobye uburari mu rubanza rwa se Paul Rusesabagina waregwaga ibyaha by’iterabwoba. Ibi kandi byakuririjwe n’abasenateri n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu basanzwe banga u Rwanda. Aha twavuga nk’ikigo cya Citizen Lab gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, gikurikirana ibibazo mpuzamahanga hamwe na Amnesty International byavuze ko hari abantu bumvirijwe hakoreshejwe porogaramu Pegasus.
U Rwanda rwashyizwe mu majwi mu bihugu bikoresha iyo porogaramu kandi ko hari abantu telefoni zabo zishobora kuba zumvirizwa, Carine Kanimba, umukobwa wa Paul Rusesabagina akaba yari umwe muri bo.

Uyu mukobwa w’imyaka 29 yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yumvirije ibiganiro yagiranaga n’abantu bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abo mu Burayi n’abayobozi bo muri Guverinoma y’u Bwongereza.

Ubwo yari imbere y’Inteko ya Amerika muri Nyakanga uyu mwaka, yavuze ko telefoni ye yinjiriwe guhera mu ntangiriro za Mutarama 2021 kugeza muri Gicurasi ubwo yari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ngo yongeye kwinjirirwa ku wa 14 Kamena umunsi yahuraga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Sophie Wilmès.

Yabwiye Abagize Komisiyo ishinzwe Iperereza mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika ati “Amnesty International yatahuye Pegasus muri telefoni yanjye yo mu Bubiligi. Ntunze telefoni ebyiri. Imwe irimo umurongo wo mu Bubiligi indi ni uwo muri Amerika.”
“Hanyuma rero, ubwo najyaga mu Nama y’Ihuriro rigamije ukwishyira ukizana i Oslo, Citizen Lab [Ikigo cyigenga gishamikiye kuri Kaminuza ya Toronto] cyagenzuye telefoni. Nyuma y’isuzuma ryakorewe kuri telefoni yanjye, baje kuvumbura ko Pegasus yakoreshejwe kuri telefoni yanjye yo muri Amerika.”

Inzobere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa, ufite ubumenyi mu bijyanye no kugenzura ibyaha bikorerwa kuri telefoni, Jonathan Scott, mu bushakashatsi yashyize ahagaragara, yavuze ko kuri ubu Carine Kanimba atari ku rutonde rwa NSO Group nk’umuntu wari ugambiriwe kumvirizwa binyuze muri telefone ye.

Yagize ati “Niba u Rwanda rufite urutonde rw’abantu 3500 rwakurikiranaga telefone zabo kandi nimero ya Kanimba ikaba yari ku rutonde rw’izo mu Rwanda, ni gute nimero ye yo mu Bubiligi yaba yarinjiriwe na Pegasus?”
Yakomeje agira ati “ Iyi ni ingingo y’ingenzi. OCCP (Organised Crimes and Corruption ) yavuze ko telefone ya Carine Kanimba yagaragaye ku rutonde rw’iz’abanyarwanda zumvirijwe. CNN n’ibindi bitangazamakuru bikomeye byakwirakwije ayo makuru ariko Kanimba nta nimero ya telefone yo mu Rwanda yagiraga.” None se ni gute telefone ye yo mu Bubiligi yajemo?”
Jonathan yasohoye ubu bushakashatsi nyuma y’isesengura ryakozwe ku bikorwa, raporo za gihanga n’inyandiko Carine Kanimba yashyikirije Komisiyo ya Perezidansi ya Amerika ishinzwe iperereza n’Inteko y’u Burayi, The Citizen Lab, Amnesty International n’ibindi bigo bifitanye isano na byo.

Mu nyandiko zigera ku 132 zashyikirijwe Komisiyo ishinzwe iperereza muri Perezidansi, 11 gusa ni zo zavugaga ku iyumvirizwa rya Kanimba mu gihe izindi zisigaye zari zavugaga ku bibazo bya Se, Rusesabagina na mubyara we Jean Paul Nsonzerumpa.

Ikindi Jonathan yavuze ni uko Pegasus yita kuri nimero ya telefone aho kwita ku bwenegihugu bwa nyirayo.
Ati “Yatanze ikirego avuga ko telefone ye yo mu Bubiligi yinjiwemo nyuma Citizen Lab na Kanimba barabihidura bavuga ko ari Umunyamerika wakozweho ubutasi.”
Yakomeje avuga ko ibirego byatanzwe na Carine Kanimba bidafite gihamya. Yavuze kandi ko uwo mukobwa yabeshye ko yari afite ’mobile operating system’ ya iOS 14.6 kuri iphone ye muri Gashyantare 2021 , nyamara iOS 14,6 yasohotse muri Gicurasi 2021. Ni ukuvuga ko atari gukoresha ikoranabuhanga rya telefone ritarabaho.

2022-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Abakuru b’ibihugu bya EAC ntibakigiye Arusha kuko amasezerano y’Abarundi atagisinywe

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Ubwanditsi 09 Apr 2016

Ikipe ya Rayon Sports irateganya kugura abakinnyi 10 ikongerera abandi amasezerano abandi 7,aba bose bafite agaciro ka miliyoni 185

Ubwanditsi 02 May 2022
Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club
Amakuru

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.
Amakuru

Car Free Day mu mujyi wa Kigali yagarutse hibutswa ko Siporo izakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi.

Ubwanditsi 22 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru