• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru tuvana mu nda ya JAMBO Asbl, aravuga uburyo icyo kiguri cy’abakomoka ku bajenosideri, kirimo kwitwikira umutekamo muke uri muri Niger, ngo batorokeshe abo mu miryango yabo bakwamiye muri icyo gihugu.

Nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger ubu umutekano uragerwa ku mashyi, ndetse ibihugu byiganjemo ibyo ku mugabane w’Uburayi, birarwana no kuvana abaturage babyo muri icyo gihugu, kugirango barengere ubuzima bwabo.

Abo bantu rero Jambo Asbl ishugurikira ngo bitwikire ibibera muri Niger nabo bajyanwe i Burayi , barekuwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, basaba kujyanwa muri Niger, hakurikijwe amasezerano hagati y’icyo gihugu na Loni.

Abo ni Protazi Zigiranyirazo”Z”, muramu wa Yuvenali Habyarimana, akaba musaza wa Agatha Kanziga ubundabunda mu Bufaransa, Andreya Ntagerura wari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu, Prosper Mugiraneza wari Minisitiri w’abakozi ba leta, Anatole Nsengiyumva, François Xavier Nzuwonemeye, Innocent Sagahutu, Alphonse Nteziryayo na Tharcisse Muvunyi (waje gupfa), aba uko ari 5 bakaba bari mu ngabo zatsinzwe, Ex-FAR.

Ubutegetsi bwa Niger ariko bwaje gusanga bwarigeretseho umutwaro uremereye, buza no guperereza busanga aba bantu batahagaritse ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kubiba ingengabitekerezo ya jenoside. Nguko uko nyuma y’igihe gito Leta ya Niger, binyuze muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yatangaje ko itakibifuza ku butaka bw’icyo gihugu.

Kuva mu mpera z’umwaka wa 2021 abo bajenosideri babaye nka Gahini amaze kwica mwene se Abeli, kuko nta gihugu cyemeye kubakira, uretse u Rwanda nk’igihugu kavukire, kuko nyine” ibyaye ikiboze irakirigata”.

Umugambi wa Jambo asbl nubwo watahuwe utaragira icyo ugeraho, nturahagarara kuko unashyigikiwe n’imwe mu miryango yitwa ko iharanira uburenganzira bwa muntu, nka Human Rights Watch na Amnesty international, bigaragara ko ifite gahunda yo kubangamira inyungu zose z’u Rwanda.

Aya mayeri yo kwitwaza ibibera muri Niger bakajyana abajenosideri mu bihugu by’Uburayi, nyamara kuva kera byari byaranze kubacumbikira, anashyigikiwe na bamwe mu bakomeye mu butegetsi bw’Ububiligi ndetse no mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, basanzwe banazwiho gukorana na Jambo Asbl, n’utundi dutsiko tw’ibigarasha n’interahamwe.

Andi makuru atugeraho kandi yizewe, aravuga ko Perezida wa Kongo , Félix Tshissekedi, ari umwe mu batanga ibitunze aba bajenosideri bari muri Niger, ndetse akabashishikariza kwifatanya n’ibindi bigarasha nka Richard Eugène Gasana na” Profeseri” Kambanda , mu bikorwa birwanya u Rwanda.

Aba bose ariko barahomera iyonkeje.

Uretse ko aba bajenosideri baheze muri Niger bo banibereye mu minsi yabo ya nyuma kubera uburwayi n’izabukuru, n’ubusanzwe ntacyo imigambi yabo yatwara u Rwanda, kuko n’abatari bo, banabarusha imbaraga z’umubiri n’iz’umufuka, baragerageje barananirwa.

Abo bose uwabatsinze ntaho yagiye, ahubwo ubushobozi yabukubye inshuro ibihumbi.

2023-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka zitunguranye  mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda

Impinduka zitunguranye mu buyobozi bw’ingabo z’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Feb 2016
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019
Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Avuga kuri Rugwabiza Perezida Kagame Ati “Ni ukuvuga ngo…mu gihe yaje nka hano aje mu kiruhuko agakubitana na cabinet azajya ayitabira atubwira iby’aho avuye.”

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza
Amakuru

Major Kalinijabo Cyprien na Bishop Nsabimana Daniel baguye mu mpanuka ikomeye yabereye i Kayonza

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho
HIRYA NO HINO

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru