• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Editorial 27 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Ingabire Victoire Umuhoza(IVU)ni umwe muri ba bangamwabo bashimishwa no kuvuga nabi uRwanda mu mahanga,.batazi ko abo banyamahanga babafata nk’inkunguzi yambika ubusasa umubyeyi mu ruhame.

Uretse ko ibyo ashinja u Rwanda ari n’ibihimbano cyangwa amakabyankuru, ubundi umwana ufite uburere bw’ibanze yirinda gutaramana nyina. N’iyo umubyeyi we yaba aroga, umwana muzima amugayira mu muryango atarinze kumuha rubanda.

Kwandagaza umubyeyi birushaho kuba ubupfamutima iyo abo umuregera ntacyo bamukoraho, cyane cyane iyo wowe urega n’abo uregera, mwese mutabuze inenge.

Ko hari imbuga nyinshi IVU yanengeramo ibitagenda neza bigakosorwa,( nk’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ibiganiro n’abayobozi bakuru barimo na Perezida wa Repubulika, n’andi mahuriro adaheza abaturage) kuvuza induru kuri za BBC na VOA byahindura iki?

Nk’uko yabyivugiye kuri wa muzindaro we” Imbarutso ya demokarasi” ucengeza amatwara y’isebanya, mu cyumweru gishize Ingabire yihereranye itsinda ry’abaturage bo muri Australia, maze si ugusiga ibyondo uRwanda n’ubuyobozi bwarwo yiva inyuma.

Mu birego bye, IVU avuga ko mu Rwanda nta burenganzira bwa muntu na mba, kuko abantu bicwa, bakarigiswa, bagafungirwa ubusa, mbese wumvise amagambo ye wagirango uRwanda ni nko mu ishyamba aho inyamanswa nini yica into nta nkurikizi!

Nta muntu wigeze avuga ko uRwanda ari paradizo, kandi n’abo aruregera ntibaba mu ijuru. Ariko kwirengagiza intambwe yatewe muri iyi myaka 30 ishize mu kubaka igihugu kigendera ku mategeko, bisaba nyine kuba uri IVU cyangwa undi wese wiyemeje guhoza uRwanda ku nkenke, yitwaje intwaro ya” byacitse”.

Abo baturage bo muri Australia IVU aregera uRwanda se, ni impumyi cyangwa injiji zitazi uburyo uRwanda rwahanganye ndetse n’ubu rugihanganye n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, zirimo kubaka ubutabera buhamye, guhindura imyumvire y’abaturage bakamenya kubaha ubuzima bw’abandi, kwigisha kubaha uwo mudasangiye ibitekerezo, n’ibindi byashoboraga kugorana iyo hataba ubuyobozi butajenjetse?

Abo baturage ba Australia nibashaka kumenya itandukaniro hagati y’uRwanda rwa none n’urwo hambere, baganire n’abasirikari b’igihugu cyabo bari muri MINUAR mu Rwanda, mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Bazababwira uko Leta yafashe icyemezo cyo gutsemba igice kimwe cy’abaturage.

Abo basirikari bari mu butumwa “bw’amahoro”, nibaba abanyakuri bazabwira abo baturage uburyo batereranye Abatutsi bicwaga, bigasaba ubutwari bwa FPR- Inkotanyi ngo iyo Jenoside ihagarare.

Abo bahagaritse Jenoside ubu bakaba barwana no gusana uRwanda, nibo IVU yirirwa aharabika. Nibo aregera abaturage ba Australia, igihugu cyareberaga ubwo Interamwe (ZIRIMO NA NYINA WA Ingabire), zatsembaga Abatutsi basaga miliyoni mu mezi atatu gusa.

Niba abo baturage bashaka kumenya akarengane k’Abanyarwanda, katari ako IVU aremarema, nibabaze Leta yabo impamvu ibungabunga abajenosideri aho kubashyikiriza inkiko, kandi yarahawe ibimenyetso simusiga bibahamya ibyaha. Abo ni nka Froduald Rukeshangabo, Céléstin Munyaburanga, Amiel Nubaha, Théogène Rukundo, n’ abandi bidegembya muri Australia kandi ari inkoramaraso.

Aho gutega amatwi no guha agaciro ibipapirano bya IVU, iryo tsinda ry’abaturage bo muri Australia rizabanze ribaze Leta yabo impamvu ihonyora abaturage b’abasangwabutaka (aborigènes), ntibagire uburenganzira ku butaka, ku burezi, ku mirimo n’ibindi bakabaye bemererwa n’amategeko.

Imibare ya Amnesty International, nyamara ubundi ikunze kubogamira ku bihugu by’abazungu, yerekana ko muri Australia umubare munini uri mu magereza ari abo basangwabutaka, ndetse hejuru ya 200 bakaba biyahura buri mwaka kubera ubuzima bubi cyane.

Ingabire Victoire kandi ngo yishimiye ihagarikwa ryo kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko, ngo kuko mu Rwanda nta burenganzira bwa muntu buhari! Ibyo kandi yabibwiraga abo muri Australia, mu gihe igihugu cyabo gishinjwa guhutaza abimukira, kibafungira mu magereza ya Nauru, Manus, Woomera, Perth n’ayandi mabi bitavugwa. Kubwa IVU izo mfungwa zirimo n’abana, ziriho neza kurusha impunzi n’abimukira baba mu Rwanda!

Ingabire Victoire rero, menya ko gusebya uRwanda nawe ubwawe nta gaciro. Abo banyamahanga bazakureka urogotwe kuko “usenya urwe umutiza umuhoro”, ariko iyo bageze hirya baraguseka kuko nta muntu muzima wambika ubusa umubyeyi we mu ruhame.

2024-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Leta y’Amerika  yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Editorial 04 Jan 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Editorial 24 Aug 2018
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Editorial 28 Sep 2023
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Editorial 04 May 2017
Leta y’Amerika  yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Editorial 04 Jan 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Editorial 24 Aug 2018
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Editorial 28 Sep 2023
WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

WASAC, REG, UR , na RAB mu batunzwe agatoki kubera guhombya Leta

Editorial 04 May 2017
Leta y’Amerika  yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Leta y’Amerika yababajwe n’uko Perezida Kagame agiye kuzongera kwiyamamaza

Editorial 04 Jan 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Uganda: Gen Kale Kayihura mu rukiko bamushakiye ibyaha bidasobanutse

Editorial 24 Aug 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru