• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024 Amakuru, Mu Rwanda

Nyuma y’igihuha cyari cyakwijwe isi yose n’abakoresha imbuga nkoranyambaga za Leta ya Kongo-Kinshasa, igihuha cyavugaga ko ngo indege ya Rwandair itwara imizigo yafatiwe ku kibuga cy’indege cya gisirikari i Cairo mu Misiri ipakiye amabuye y’agaciro acukurwa muri Kongo, Leta ya Kongo yokejwe igitutu gikomeye, maze ivuguza icyo kinyoma.

Amakuru yizewe Rushyashya yashoboye kumenya, ni uko Leta ya Misiri yarakajwe cyane n’icyo gihuha gisa n’igishinja Misiri ko u Rwanda rwaba runyuza muri icyo gihugu amabuye y’agaciro “rusahura muri Kongo” rugiye kuyagurisha mu Burayi, maze Misiri itegeka Kongo kuvuguruza ibyo binyoma.

Igitutu cya Misiri rero cyabaye cyinshi ku butegetsi bwa Kinshasa, maze mu kimwaro cyinshi Ambasade ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo mu Misiri, isohora itangazo risobanura ko “iperereza risesuye ryerekanye ko ibyakwijwe kuri murandasi ntaho bihuriye n’ukuri”.

Bimaze kuba nk’indirimbo yaharurutswe kuko ubutegetsi bwa Tshisekedi budasiba gushinja u Rwanda gusahura umutungo kamere wa Kongo, kandi nta kimenyetso na kimwe ubwo butegetsi bugaragaza.

Mu rwego rwo kwerekana ko ibivugwa na Kinshasa ari ibibapirano, uRwanda rweretse amahanga ibirombe byarwo bwite rucukiramo amabuye y’agaciro y’ubwoko bwinshi, ndetse abahanga bakemeza ko yuje ubuziranenge kurusha ayo muri Kongo acukurwa mu kajagari, akanacuruza mu buryo budakurikiza amahame ya kinyamwuga.

Amabuye y’agaciro u Rwanda rujyana ku isoko mpuzamahanga kandi yubahiriza amabwiriza ajyanye n’ubwo bucuruzi, asaba kugaragaza inkomoko ya buri buye ry’agaciro ricurujwe aho ariho hose ku isi.

Muri iki gihe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bwaravuguruwe, bunarushaho gutanga umusaruro. Biteganyijwe ndetse ko uwo musaruro uzakomeza kuzamuka cyane, kuko hari ahantu henshi hatahuwe amabuye y’agaciro ariko hatarakorwaho.

Amasosiyete asaba uruhushya rwo gushora imari muri uwo mwuga, harimo n’azwi cyane ku rwego mpuzamahanga, nayo akomeje kuba menshi.

Mu Rwanda hacukurwa zahabu, Coltan, gasegereti, wolfram, n’ayandi, umwaka ushize wa 2023 akaba yarinjirije igihugu akayabo ka miliyari y’amadolari y’Amerika, arasaga tiriyari uvunje mu manyarwanda.

2024-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Ubwanditsi 01 Feb 2024
Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Burundi: Bigaragambirije imbere y’Ambasade y’u Rwanda.

Ubwanditsi 15 May 2017
REG VC, Police VC, Kepler VC na APR VC yabonye itike yo gukina imikino ya kamarampaka muri Volleyball 2024

REG VC, Police VC, Kepler VC na APR VC yabonye itike yo gukina imikino ya kamarampaka muri Volleyball 2024

Ubwanditsi 06 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatowe nk’Umunyafurika w’umwaka wa 2017

Ubwanditsi 07 Jan 2018
RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu
ITOHOZA

RNC ikomeje kwangiza urubyiruko rw’ u Rwanda irushora mu bikorwa bya Politiki kungufu

Ubwanditsi 28 Jul 2016
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame
Amakuru

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru