• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje kenshi ko izakora ibyo isabwa byose, kugirango ishimangire umubano mwiza n’ibihugu byose, cyane cyane ibyo mu karere, harimo n’uBurundi, kuko isanga igihe cyo kuba nyamwigendaho kitakijyanye n’ibihe. Leta y’uBurundi iyobowe n’ishyaka CNDD-FDD yo si ko ibibona. Uyu mwaka usize ikivuga ko nta mubano n’uRwanda ikeneye, igihe cyose ruzaba rutarahambiriza Abarundi baruhungiyemo, ngo Imbonerakure n’Abagumyabanga babakorere ibyo bifuza.

Bijya gutangira Abarundi benshi, biganjemo abatavuga rumwe na Leta ya FDD-CNDD, mu mwaka wa 2013, bagaragaje ko batishimiye ko Petero Nkurunziza yiyamamariza manda ya 3, maze benshi muri bo baricwa, abandi barafungwa, abasigaye bahungira mu bihugu byinshi, birimo n’uRwanda. Byaje guhumira ku mirari muw’2015, ubwo havugwaga umugambi (ngo waburijwemo), wo guhirika ubutegetsi, maze abanyapolitiki n’abasirikari batari abatoni kwa Perezida Nkurunziza, abatarahasize agatwe nabo basanga abandi mu buhungiro.

Aho Perezida Nkurunziza apfiriye agasimburwa n’undi “Mbonerakure”, General Evariste Ndayishimiye, hari abibwiraga ko umubano hagati y’uRwanda n’uBurundi ugiye kuba mwiza,kuko hari abibeshyaga ko Ndayishimiye atari umuhezanguni nka Nkurunziza n’ibindi bikomerezwa bya CNDD-FDD, nka Alain Guillaume Bunyoni, Pascal Nyabenda n’abandi batahwemye kwerekana ko banga uRwanda urunuka. Hari abishukaga ko ibintu bigiye kujya mu buryo impunzi z’abarundi zigasubira iwabo. Nyamara kwari ukwibeshya nyine, kuko ingoma ya CNDD-FDD yahinduye umubyinnyi gusa, naho umurishyo n’abakaraza biguma uko byari bimeze. Akigera ku butegetsi, Evariste Ndayishimiye yahise ashinja uRwanda kuba “igihugu cy’igihendanyi”, kuko cyanze kurekura impunzi ngo zijye mu kaga nk’ako zaje zihunga.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umunyamabanga muri Ministeri y’uRwanda y’ Ubuanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh, yavuze ko uRwanda rudashobora kurenga ku mahame n’amategeko mpuzamahanga arengera impunzi, ngo ruzohereze aho zavuye ku ngufu. Prof Nshuti yasobanuye ko izo mpunzi zitabangamiye na mba umutekano w’uBurundi, ko ariko buramutse bubyifuje izo mpunzi zakoherezwa mu kindi gihugu, kure y’umupaka w’uBurundi. Ibyo nabyo Perezida Ndayishimiye n’ ibyegera bye ntibabikozwa, abasesenguzi bakavuga ko ibi ari urwitwazo, ko ahubwo ubutegetsi bw’uBurundi bwifitiye indi migambi rushaka gusohoza, rugendeye ku birego bidafite ishingiro.

Mu Burundi hariyo Abanyarwanda ndetse n’Abarundi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Leta y’uRwanda yakomeje gusaba ko abo bantu baburanishirizwa yo, cyangwa bakoherezwa mu Rwanda kubazwa uruhare rwabo muri iyo Jenoside, ariko Leta y’uBurundi yabyimye amatwi, ahubwo amakuru yizewe akavuga ko hari abashyizwe mu butegetsi no mu gisirikari cy’icyo gihugu. URwanda rwabaye nk’urwirinda gushyira igitutu ku Burundi, hagamijwe mbere na mbere umubano mwiza hagati y’ibihugu by’ibituranyi, nyamara ntibyabujije ko uBurundi bwo bushyigikira imitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’uRwanda, nk’uko byerekanwa n’ ibimenyetso simusiga byagaragarijwe isi yose.

Tugarutse ku kibazo cy’impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, twabibutsa ko benshi bahisemo gutaka ku bushake, abakiri muRwanda bakavuga ko bagikurikiranira hafi ibibera mu gihugu cyabo, bakazafata umwanzuro wo gutaha igihe umutimanama wabo uzaba ubibemerera. Si mu Rwanda hari impunzi z’Abarundi gusa, kuko izibarirwa mu bihumbi byinshi zikiri muri n’Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Tanzaniya n’ahandi, ukaba wakwibaza impamvu uRwanda arirwo rushyirwaho igitutu gusa, mu gihe ahubwo hari n’iziri ahandi bivugwa ko zihohoterwa n’abashinzwe umutekano mu bihugu zahungiyemo. Keretse niba rero uRwanda ruzira kuba rudashwiragiza abarusabye indaro.

2020-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Ubwanditsi 29 May 2025
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Musabyimana na Mukarugomwa bahuriye mu ngengabitekerezo imwe ya CDR, ubu bari murukundo kandi bashaje

Ubwanditsi 27 Jan 2021
Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda

Minisitiri Sezibera yasabye abantu kwima amatwi ibihuha bibeshyera u Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF : Abasirikare bakuru 5 barimo  Gen. Caesar Kayizari  na Gen. Sam Kaka  basezerewe
Mu Mahanga

RDF : Abasirikare bakuru 5 barimo Gen. Caesar Kayizari na Gen. Sam Kaka basezerewe

Ubwanditsi 09 Jul 2016
N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo
INKURU NYAMUKURU

N’iyo inzira ijya mu ijuru yanyura muri Uganda nashaka ahandi nyura – Uwirukanyweyo

Ubwanditsi 28 Feb 2019
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]
INKURU NYAMUKURU

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru