• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Editorial 23 Dec 2024 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bashya ba Minisiteri ya Siporo kubyaza umusaruro uru rwego bahawe kuyobora, rukungukira igihugu n’Abanyarwanda muri rusange.

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Ukuboza 2024, ubwo yakiraga indahiro za Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire; Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Rwego Ngarambe n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Imari ya Leta, Godfrey Kabera.

Yavuze ko “Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro.”

Perezida Kagame yibukije ko siporo yabaye ubucuruzi bushingiye ku mpano z’abayikora, bashobora kuba Abanyarwanda cyangwa abandi, bityo bikwiye kungukira igihugu n’abo bayirimo.

Ati “Ubu siporo ni ubucuruzi bushingiye ku mpano mu Banyarwanda cyangwa mu bandi ahandi. Iyo mpano rero hari uburyo icuruzwa, hari uburyo ivamo amikoro yacu.”

Yongeyeho ko hari byinshi igihugu gikomeje gukora mu guteza imbere siporo, giharanira ko yatanga umusaruro, ibyo bikaba birimo ishoramari rigaragara ryakozwe mu kubaka ibikorwaremezo.

Ati “Ni yo ntego, ni yo mpamvu hari bimwe twashoboye gushyira mu buryo: Kubaka ibikorwaremezo bifasha muri siporo, kugira ngo abantu benshi, Abanyarwanda benshi bagire uwo mwanya. Hari n’ibindi byinshi byagiye byubakwa mu turere n’ahandi bigenda byubakwa. Siporo ifite byinshi igeza ku bantu ariko harimo n’amikoro.”

Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo bahabwe izo nshingano ari ikintu gikomeye, kuko haba hari Abanyarwanda benshi bakora iyo mirimo, yereka abarahiye ko kuba batoranyijwe bagomba kubiha uburemere, ndetse bakirinda gushakisha impamvu.

Yavuze ko mu nzego zose ziri mu gihugu zose, abazikoramo bose baba badakwiriye gushakisha impamvu z’uko ibintu bitagenze neza n’izo kutubahiriza iyo mirimo.

Ati “Hari abakunda kuvuga ngo igihugu cyanshyize mu mirimo ariko nticyampaye ibikoresho bihagije. Iyo mirimo uhawe haba harimo no gushaka ibikoresho cyangwa amikoro, kuko ayo igihugu gifite atarangiza byose. Ntabwo bishoboka, kuko si urwego rumwe ruriho ngo ayo mikoro yose abe ari ho ajya.”

Yavuze ko amikoro adahagije igihugu gifite agabanywa inzego zose, bivuze ko buri rwego rubona ibidahagije, bityo abantu bahabwa imirimo baba basabwa ko mu mikorere yabo buzuza inshingano bahawe zirimo n’izo kongera ayo mikoro adahagije.

Ati “Mwe mugiye gukorera Guverinoma mumenye ko muje mu nshingano mwabwiwe, mwemeye, muzi, ariko muri izo niba batababwiye ko hiyongereyemo gushaka amikoro ntabwo byari byuzuye.”

Kugira inzu y’imikino y’intoki ya BK Arena byafashije u Rwanda kwakira amarushanwa atandukanye kandi akomeye muri Basketball, Table Tennis, Volleyball na Gymnastique, mu gihe kandi ruheruka kuzuza Stade Amahoro yavuguruwe ikagera ku rwego rwo kwakira abantu ibihumbi 45 bicaye neza.

Ibi bikorwaremezo byombi biri mu bishimwa na benshi basura u Rwanda ndetse byiyongera ku bindi bitandukanye byakira amarushanwa y’imbere mu gihugu n’andi mpuzamahanga.

U Rwanda rumaze gutera intambwe igaragara mu kuba igicumbi cya siporo muri Afurika aho uretse kuba ruzakira Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025, muri uyu mwaka wa 2024 rwabaye igihugu cya mbere cya Afurika cyakiriye Inteko Rusange ya FIA ndetse rukaba ruri mu mushinga wo kugarura Formula One kuri uyu Mugabane.

2024-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Rayon Sports yerekanye abakinnyi 3 bashya barimo Ishimwe Kevin na Bukuru Christophe bahoze bakinira iyi kipe

Editorial 01 Feb 2022
Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Editorial 09 Sep 2021
Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse

Mu mubano w’ u Rwanda n’u Bushinwa amateka yaraye yiyanditse

Editorial 23 Jul 2018
U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

U Burundi burashinja u Bubiligi kuba inyuma y’iyicwa ry’Intwari yabwo

Editorial 14 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo
SHOWBIZ

Uko Juliana Kanyomozi afata umuziki wa Charly na Nina bagiye gukorana igitaramo

Editorial 01 Dec 2017
Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016
Mu Mahanga

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Editorial 08 Aug 2016
Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanze umukoro ku kibazo cy’Abanyafurika barohama mu Nyanja bajya i Burayi

Editorial 06 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru