• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Ubwanditsi 17 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Gutsinda intambara ni ubutwari, ariko no kwemera ko watsinzwe si ubugwari. Ibi rero abarwana ku ruhande rwa Tshisekedi ntibabikozwa ngo bacishe make, kandi ibibera ku rugamba byerekana ko mu by’ukuri bari habi cyane.

Dore nk’ubu kwihagararaho kwa Perezida Ramaphosa w’Afrika y’Epfo kudafite ishingiro, gutumye abasirikari babarirwa mu gihumbi(1.000) bari mu butumwa bwa SADC muri Kongo, n’ubu bakiri ingwate z’umutwe wa M23, nk’uko byemezwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo n’ibizwi ko bibogamiye kuri Leta ya Kongo.

Abo basirikari babaye ingaruzwamuheto kuva mu mpera z’ukwezi gushize, ubwo M23 yigaruriraga umujyi wa Goma. Biganjemo abakomoka muri Afrika y’Epfo, abava muri Tanzaniya na bake bo muri Malawi.

Abo bose barunze ku kibuga cy’indege cya Goma, ariko ibikoresho byabo bya gisirikari, birimo kajugujugu, ibimodoka byinshi by’intambara n’ibibunda birasa imizinga, bikaba byarageze mu bubiko bw’intwaro bwa M23.

Nubwo badafite ikibazo cy’ibyo kurya no kunywa, kuko buri munsi M23 ibagemurira ibiribwa, amazi ndetse bakaba bafite n’abaganga babitaho, abo basirikari ntibabura kwibaza ku iherezo ryabo.

Mu byifuzo byabo, abo basirikari basaba ibihugu byabo kubacyura, cyane ko n’ubundi batazi icyo bari baje kurwanira. Ikibazo rero, bazataha banyuze he ko ikibuga cy’indege cya Goma gifunze, ndetse n’icya Kavumu muri Kivu y’Amajyepfo bakoreshaga bazana ibikoresho n’abandi barwanyi, nacyo cyamaze gufatwa na M23?

Amakuru avuga nyuma yo kugerageza kubabohoza ku ngufu ariko M23 ikabereka ko ari inzozi zidashoboka, ibihugu byabo, by’umwihariko Afrika y’Epfo, byaratakambye ngo ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwe, maze abo basirikari n’ibikoredho byabo babone aho banyura bataha. Ubwo busabe M23 yarabwanze, kuko yabukekagamo umutego. Birashoboka ko abo yafataga nk’imfungwa z’intambara zitashye, zari kuba zibonye ubwinyagamburiro n’amahirwe yo gutangira urugamba bundi bushya.

Ubundi buryo bwabafasha gutaha, ni ukunyura mu Rwanda nk’uko byagenze ku bacancuro barwaniriraga Tshisekedi bakaza gufatwa mpiri. Bahawe inzira mu Rwanda, ubu ndetse bamaze no kwigerera iwabo muri Roumania.

Ni nako byagenze kandi ubwo imirambo y’abasirikari ba SADC baguye ku rugamba, yoherezwaga mu bihugu bakomokamo inyuze ku butaka bw’uRwanda.

Aha naho haracyarimo akabazo gashingiye gusa ruri ” ndi igabo” y’ibyo bihugu, bitumva ukuntu abasirikari babyo banyura mu Rwanda bubitse umutwe, cyane cyane ko n’ubu batemera ko ari M23 yabatsinze, ko ahubwo ari ingabo z’uRwanda. Bumva rero kuhanyura nk’ingabo zatsinzwe zidohorewe n’abazitsinze, byaba ari uguseba bwa kabiri!

Ibyo bihugu kandi bisaba ko abasirikari batahana n’ibikoresho byabo, kuko mu gihe barabasha no gusobanurira abaturage iby’urupfu rw’abaguye ku rugamba, batumva uko noneho bazasobanura uburyo indege z’intamaba n’ibitwaro bifite agaciro k’amamiliyoni y’amadolari nabyo byasigaye mu maboko y’inyeshyamba!

Ko nshimye se u Rwanda rwabemerera gutambutsa abo basirikari batsinzwe, rwanabemerera kuhanyuza ibitwaro bya rutura, bivuye gutsemba inzirakarengane z’Abakongomani?

Aha rero niho abasesenguzi bemeza ko umuti w’ibi byose ari ukurangiza intambara binyuze mu biganiro. Uyu waba ari n’umwanya uvugirwamo uko imfungwa z’intambara zahererekanywa. Bitabaye ibyo, igitutu cy”Abakongomani batangiye kubona ko Leta yabo idashoboye intambara, ndetse n’icy’abaturage b’ibihugu byohereje abasirikari muri Kongo, kizarusho gushyira Tshisekedi n’abamushigikiye aharindimuka.

Gutsinda intambara ni ubutwari, ariko no kwemera ko watsinzwe ai ubugwari!

2025-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020
‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa  Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Ubwanditsi 23 Jan 2016
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Mu mukino wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda utarabereye igihe, Kiyovu SC itsinze AS Kigali 2-1

Ubwanditsi 21 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo
Mu Mahanga

Bamwe mu bana bo mu muhanda bashinja ababyeyi babo kuba ba nyirabayazana b’ubuzima barimo

Ubwanditsi 07 Oct 2016
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi
Mu Mahanga

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru