• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Ubwanditsi 23 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu rukiko rukuru rwa gisirikare mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Rusagara yakomeje kwisobanura kuri cya cyaha cya kabiri cyo gukora ibikorwa bisebya Leta cyangwa igihugu kandi uri umuyobozi. Hatinzwe cyane ku gusobanura amagambo yavuzwe n’abatangabuhamya bamushinja ko yakoreshejwe na Rusagara avuga Leta y’u Rwanda, nyuma Rusagara, Col Byabagamba na Kabayiza basomerwa n’icyaha cya gatatu baregwa nabwo gikurura impaka z’ibigendanye na ‘procedures’.

Aha ni kuri uyu wa mbere mu iburanisha, Col Byabagamba, Francois Kabayiza na Frank Rusagara n’abunganizi babo bahagaze imbere y’urukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe.

Uyu munsi bazanye inkoranyamagambo (dictionnaire) mu rukiko basobanura Banana Republic na Police State. Aya ni amagambo abatangabuhamya Brig Gen Jules Rutaremara yakoresheje yerekana ko Rusagara yavugaga ko ubutegetsi bw’u Rwanda budaha abaturage ubwisanzure kandi ngo bukoresha imbaraga mu kubayobora.

Pierre Celestin Buhuru wunganira Rusagara na Me Gakunzi Varely bafatanya muri uru rubanza, bagaragarazaga ko ari Police State ari Leta iba ifite amategeko ariko igakoresha Police mu kugira ngo abaturage bayubahirize, naho Banana Republic bakayisobanura nk’ijambo ryazanywe n’abazungu bashaka gusobanura ubutegetsi buri mu gihugu gito bujegajega kandi butunzwe n’inkunga z’amahanga.

Aba bunganizi bakagaragaza ko Leta y’u Rwanda bitewe n’ibihe bikomeye yanyuzemo hagiyeho amategeko kandi bikaba ngombwa ko na Police ikoreshwa kugira ngo abaturage bayubahirize.

Bakongeraho kandi ko aya magambo yose Rusagara atigeze ayavuga ahubwo ngo ayatwererwa n’abatangabuhamya batari ‘credible’.

Me Gakunzi Varely yongeraho ko nubwo ayo magambo yaba yaravuzwe n’umukiliya we bikwiye ko Ubushinjacyaha buzana inzobere (expert) ikemeza ko kuvuga ayo magambo ari icyaha gihanirwa.

Aha Rusagara yahise arenzaho ko Brg Gen Jules Rutaremara na Maj Gen Rutatina bamusebeje bavuga ko ari igisambo ngo kandi akaba ari anti-government. Ko amagambo yavuzwe n’abo bantu mu gisirikare bizewe, bize kandi bafite impamyabumenyi zikomeye ari ibinyoma bidakwiye guhabwa agaciro. Asaba Urukiko ko rumenya ko aba bamushinja barengereye ubuzima bwe bwite bagamije kumusebya.

Ati “ntabwo ndi umujura, nta nubwo nanga Leta, ndi Retired Brigadier General kandi aho nzajya hose nzagumana iryo peti kereka gusa Urukiko nirubinkuraho.”

Yongeye ho ko ibyo kuvuga ko muramu we (David Himbara) yaba ari muri RNC yaranze kwitandukanya nayo we atabizira, ko niba ari icyaha cy’amasano na Maj Gen Rutatina ari muramu wa Kayumba Nyamwasa ku buryo biramutse ari icyaha ngo nawe ibyo yabyisobanuraho.

Akomeje kugira ibindi arenzaho avuga ku bandi basirikare bakuru, Umushinjacyaha yamusabye ko aburana nka Brigadier General (nk’umusirikare mukuru ufite amabanga) ko hari ibyo atagomba kuvuga muri rubanda.

Me Gakunzi yahise avuga ko umukiliya we ntacyo abujijwe kuvuga gishobora kumushinjura ngo ni uko urubanza ruri mu ruhame (Public) kandi ngo uruhande rw’Abaregwa rwari rwasabye urubanza ruburanishwa mu muhezo ariko Urukiko rwanzura ko ibintu byakorewe mu ruhame biryo n’urubanza rubera mu ruhame.

Umushinjacyaha we yahise atanga urugero kuri Col Byabagamba uherutse gutanga urugero ko hari ibyo akwiye kuzatangaza byavugiwe mu nama y’abasirikare bakuru ashobora kuvugira gusa mu iburanisha mu muhezo.

Col Byabagamba yahise ahaguruka avuga ko ibintu yashakaga kuvuga ari ibyavugiwe mu nama yabereye mu muhezo, ko ibyavuzwe n’abasirika bakuru barega Rusagara cyangwa we byo bitabereye mu muhezo bityo bakwiye kubyireguraho mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwakomeje bugaragaza izindi nyito zihabwa amagambo ya Banana Republic na Police State, ko ari amagambo akoreshwa avuga ubutegetsi bw’igitugu, bugenzura cyane cyane ingendo z’abajya mu mahanga kandi ngo butunzwe n’inkunga nk’uko biri mu ijambo Banana Republic.

Umushinjacyaha akabaza niba utwo ari utubyiniriro dukwiye guhabwa Leta y’u Rwanda.

Barezwe icyaha cya gatatu

Nyuma Urukiko rwahise rwanzura ko bajya ku cyaha cya gatatu kiregwa Frank Rusagara na Col Byabagamba, by’umwihariko kuri Col Byabagamba ngo iki cyaha kikaba ari “guhisha ibimenyetso byafasha mu kigenza icyaha gikomeye cyangwa gukurikirana no guhana abagikoze”.

Frank Rusagara na Francois Kabayiza iki cyaha kitwa “Gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko”

Abunganira abaregwa bagaragaje inzitizi kuri Col Byabagamba, Me Gakunzi Varely yagaragaje ko icyo cyaha Byabagamba atakibajijweho mu iperereza ry’ubugenzacyaha kandi ariyo ‘procedure’ y’amategeko, ahubwo ngo yakibajijweho n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare. Ibyo ngo binyuranyije n’amategeko bityo ngo Urukiko ntirwari rukwiye kwakira iki kirego.

Yaba ari Kabayiza na Col Byabagamba bavuze batigeze bisobanura kuri iki cyaha kuko batari bafite umwunganizi mu mategeko.

Col Byabagamba we yagize ati “Ese nari kujya gushaka umwunganizi gute kandi nari mfunze?”

Ubushinjacyaha bwo bukavuga ko Procedure z’ibanze zaba zitarujujwe bitewe n’igihe dossier igomba kumara mu bushinjacyaha.

Kuri Francois Kabayiza, Me Milton Nkuba yavuze ko icyo cyaha umukiliya we atigeze akisobanuraho kandi atitegeze anakimenyeshwa. Nawe agasaba ko icyo cyaha umukiliya we atakiregwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko OPG witwa Lt Alexandre Kayitsinga yari umugenzaha wa Gisirikare ari we wabajije abaregwa kuri icyo cyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bityo ko ibivugwa n’aba bunganizi ari nk’ikinamico ryo kwirengagiza ibintu bazi.

Ibi byakuruye impaka ndende zamaze igihe kigera ku isaha.

Urukiko rwahise rufata umwanzuro ko rugiye kwiherera mu gihe cy’isaha n’igice rukaza rutangaza umwanzuro ujyanye n’iki cyaha cya gatatu gishinjwa aba basirikare.

Source: Umuseke.rw

2016-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Tshisekedi arashakira FDLR ibiganiro na Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2024
Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ingabo z’u Rwanda zabonye Umuvugizi mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Ubwanditsi 05 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 
Amakuru

Bombori bombori mu ngabo z’u Burundi kubera gukubitwa na M23 muri Congo bakibaza icyo iyi ntambara ibamariye 

Ubwanditsi 31 Jan 2024
Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa
INKURU NYAMUKURU

Uko FBI yajyaga isoma email, ikanumviriza ibiganiro kuri telefone byakorwaga na Sam Kutesa arya Ruswa

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru