• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Ubwanditsi 23 Jan 2016 Mu Mahanga

Mu rukiko rukuru rwa gisirikare mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Rusagara yakomeje kwisobanura kuri cya cyaha cya kabiri cyo gukora ibikorwa bisebya Leta cyangwa igihugu kandi uri umuyobozi. Hatinzwe cyane ku gusobanura amagambo yavuzwe n’abatangabuhamya bamushinja ko yakoreshejwe na Rusagara avuga Leta y’u Rwanda, nyuma Rusagara, Col Byabagamba na Kabayiza basomerwa n’icyaha cya gatatu baregwa nabwo gikurura impaka z’ibigendanye na ‘procedures’.

Aha ni kuri uyu wa mbere mu iburanisha, Col Byabagamba, Francois Kabayiza na Frank Rusagara n’abunganizi babo bahagaze imbere y’urukiko rukuru rwa gisirikare i Kanombe.

Uyu munsi bazanye inkoranyamagambo (dictionnaire) mu rukiko basobanura Banana Republic na Police State. Aya ni amagambo abatangabuhamya Brig Gen Jules Rutaremara yakoresheje yerekana ko Rusagara yavugaga ko ubutegetsi bw’u Rwanda budaha abaturage ubwisanzure kandi ngo bukoresha imbaraga mu kubayobora.

Pierre Celestin Buhuru wunganira Rusagara na Me Gakunzi Varely bafatanya muri uru rubanza, bagaragarazaga ko ari Police State ari Leta iba ifite amategeko ariko igakoresha Police mu kugira ngo abaturage bayubahirize, naho Banana Republic bakayisobanura nk’ijambo ryazanywe n’abazungu bashaka gusobanura ubutegetsi buri mu gihugu gito bujegajega kandi butunzwe n’inkunga z’amahanga.

Aba bunganizi bakagaragaza ko Leta y’u Rwanda bitewe n’ibihe bikomeye yanyuzemo hagiyeho amategeko kandi bikaba ngombwa ko na Police ikoreshwa kugira ngo abaturage bayubahirize.

Bakongeraho kandi ko aya magambo yose Rusagara atigeze ayavuga ahubwo ngo ayatwererwa n’abatangabuhamya batari ‘credible’.

Me Gakunzi Varely yongeraho ko nubwo ayo magambo yaba yaravuzwe n’umukiliya we bikwiye ko Ubushinjacyaha buzana inzobere (expert) ikemeza ko kuvuga ayo magambo ari icyaha gihanirwa.

Aha Rusagara yahise arenzaho ko Brg Gen Jules Rutaremara na Maj Gen Rutatina bamusebeje bavuga ko ari igisambo ngo kandi akaba ari anti-government. Ko amagambo yavuzwe n’abo bantu mu gisirikare bizewe, bize kandi bafite impamyabumenyi zikomeye ari ibinyoma bidakwiye guhabwa agaciro. Asaba Urukiko ko rumenya ko aba bamushinja barengereye ubuzima bwe bwite bagamije kumusebya.

Ati “ntabwo ndi umujura, nta nubwo nanga Leta, ndi Retired Brigadier General kandi aho nzajya hose nzagumana iryo peti kereka gusa Urukiko nirubinkuraho.”

Yongeye ho ko ibyo kuvuga ko muramu we (David Himbara) yaba ari muri RNC yaranze kwitandukanya nayo we atabizira, ko niba ari icyaha cy’amasano na Maj Gen Rutatina ari muramu wa Kayumba Nyamwasa ku buryo biramutse ari icyaha ngo nawe ibyo yabyisobanuraho.

Akomeje kugira ibindi arenzaho avuga ku bandi basirikare bakuru, Umushinjacyaha yamusabye ko aburana nka Brigadier General (nk’umusirikare mukuru ufite amabanga) ko hari ibyo atagomba kuvuga muri rubanda.

Me Gakunzi yahise avuga ko umukiliya we ntacyo abujijwe kuvuga gishobora kumushinjura ngo ni uko urubanza ruri mu ruhame (Public) kandi ngo uruhande rw’Abaregwa rwari rwasabye urubanza ruburanishwa mu muhezo ariko Urukiko rwanzura ko ibintu byakorewe mu ruhame biryo n’urubanza rubera mu ruhame.

Umushinjacyaha we yahise atanga urugero kuri Col Byabagamba uherutse gutanga urugero ko hari ibyo akwiye kuzatangaza byavugiwe mu nama y’abasirikare bakuru ashobora kuvugira gusa mu iburanisha mu muhezo.

Col Byabagamba yahise ahaguruka avuga ko ibintu yashakaga kuvuga ari ibyavugiwe mu nama yabereye mu muhezo, ko ibyavuzwe n’abasirika bakuru barega Rusagara cyangwa we byo bitabereye mu muhezo bityo bakwiye kubyireguraho mu ruhame.

Ubushinjacyaha bwakomeje bugaragaza izindi nyito zihabwa amagambo ya Banana Republic na Police State, ko ari amagambo akoreshwa avuga ubutegetsi bw’igitugu, bugenzura cyane cyane ingendo z’abajya mu mahanga kandi ngo butunzwe n’inkunga nk’uko biri mu ijambo Banana Republic.

Umushinjacyaha akabaza niba utwo ari utubyiniriro dukwiye guhabwa Leta y’u Rwanda.

Barezwe icyaha cya gatatu

Nyuma Urukiko rwahise rwanzura ko bajya ku cyaha cya gatatu kiregwa Frank Rusagara na Col Byabagamba, by’umwihariko kuri Col Byabagamba ngo iki cyaha kikaba ari “guhisha ibimenyetso byafasha mu kigenza icyaha gikomeye cyangwa gukurikirana no guhana abagikoze”.

Frank Rusagara na Francois Kabayiza iki cyaha kitwa “Gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko”

Abunganira abaregwa bagaragaje inzitizi kuri Col Byabagamba, Me Gakunzi Varely yagaragaje ko icyo cyaha Byabagamba atakibajijweho mu iperereza ry’ubugenzacyaha kandi ariyo ‘procedure’ y’amategeko, ahubwo ngo yakibajijweho n’Ubushinjacyaha bwa gisirikare. Ibyo ngo binyuranyije n’amategeko bityo ngo Urukiko ntirwari rukwiye kwakira iki kirego.

Yaba ari Kabayiza na Col Byabagamba bavuze batigeze bisobanura kuri iki cyaha kuko batari bafite umwunganizi mu mategeko.

Col Byabagamba we yagize ati “Ese nari kujya gushaka umwunganizi gute kandi nari mfunze?”

Ubushinjacyaha bwo bukavuga ko Procedure z’ibanze zaba zitarujujwe bitewe n’igihe dossier igomba kumara mu bushinjacyaha.

Kuri Francois Kabayiza, Me Milton Nkuba yavuze ko icyo cyaha umukiliya we atigeze akisobanuraho kandi atitegeze anakimenyeshwa. Nawe agasaba ko icyo cyaha umukiliya we atakiregwa.

Ubushinjacyaha bwo buvuga ko OPG witwa Lt Alexandre Kayitsinga yari umugenzaha wa Gisirikare ari we wabajije abaregwa kuri icyo cyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bityo ko ibivugwa n’aba bunganizi ari nk’ikinamico ryo kwirengagiza ibintu bazi.

Ibi byakuruye impaka ndende zamaze igihe kigera ku isaha.

Urukiko rwahise rufata umwanzuro ko rugiye kwiherera mu gihe cy’isaha n’igice rukaza rutangaza umwanzuro ujyanye n’iki cyaha cya gatatu gishinjwa aba basirikare.

Source: Umuseke.rw

2016-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja

Uganda: Umukobwa yatabawe yari amaze igihe kirekire akorerwa iyicarubozo na nyirabuja

Ubwanditsi 05 May 2018
Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022
UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda
Amakuru

Hakizimana Muhadjir yafashije AS Kigali gutsinda KCCA, Ikaba izerekeza mu cyiciro cya 3 kibanziriza kwinjira mu matsinda

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR
Mu Mahanga

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Ubwanditsi 26 Oct 2018
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE
POLITIKI

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Ubwanditsi 29 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru