Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwatangaje ko ku bwumvikane, amasezerano rwari rufitanye na Arsenal binyuze muri Visit Rwanda, azarangira muri Kamena 2026, bivuze ko nyuma y’icyo gihe atazongerwa.
RDB yatangaje ko uyu mwanzuro wafashwe muri gahunda yayo yo kwagura ibyo ikora ahanini mu bufatanye bwayo bushingiye kuri siporo, ireba cyane andi masoko mpuzamahanga n’amahirwe y’ishoramari.
Itangazo ryashyizwe hanze rivuga ko Arsenal na RDB byarenze intego byari byihaye ubwo imikoranire yatangiraga, arizo zo guteza imbere ubukerarugendo, guharanira ko abakunzi b’umupira w’amaguru bamenya u Rwanda bakanarusura no gushyira umusingi ufatika ugamije iterambere ry’ubukerarugendo.
Ubu bufatanye RDB isobanura ko bwagaragaje ubwiza karemano bw’u Rwanda ndetse bugira uruhare mu iterambere ry’ubukerarugendo. Isobanura ko ba mukerarugendo basura u Rwanda biyongereyeho miliyoni 1,3 mu 2024 ndetse umubare w’amafaranga ava mu bukerarugendo ukazamukaho 47% ugereranyije n’uko byari bihagaze mbere y’uko imikoranire itangira.
Bimwe mu bihe bitazibagirana RDB isobanura ko byabayeho muri ubu bufatanye harimo kugaragaza umuco w’u Rwanda kuri Emirates Stadium, hamwe no kuba abakinnyi n’abahoze aribo ba Arsenal baragiye basura u Rwanda mu bihe bitandukanye.
Abo barimo Alex Scott, Mathieu Flamini, Bacary Sagna, Jurrien Timber, Caitlin Foord, Katie McCabe na Laia Codina. Mu ngendo zabo mu Rwanda, basuraga ibice bitandukanye by’igihugu nka Pariki n’ibindi ndetse bakagira n’umwanya wo guha impanuro Abanyarwanda bakiri bato bakunda umupira w’amaguru.
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika, yagize ati “Twishimiye ibyo ubu bufatanye bwagezeho mu myaka y’imikoranire bumaze. Bwagaragaje urundi rwego rw’ubukerarugendo mu bice bitandukanye by’Isi, bwongera abasura u Rwanda ku rwego uburyo busanzwe butari kugezaho. Mu gihe turajwe ishinga no kongera ubukerarugendo bushingiye kuri siporo ahantu hashya, turashimira Arsenal ku bufasha, ubufatanyabikorwa n’ibindi yafatanyijemo n’u Rwanda mu myaka umunani ishize.”
Yongeyeho ati “Twiteguye gukomeza umubano wacu na Kroenke Sports C Entertainment Group binyuze mu bufatanye duheruka kugirana na LA Rams na So-Fi Stadium muri Los Angeles ndetse dukomeje ubufatanye n’amakipe ya Arsenal y’abagabo n’abagore mu gihe gisigaye ngo uyu mwaka w’imikino urangire. Bose turabifuriza ibyiza mu gukomeza guharanira intsinzi mu mezi ari imbere.”
Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa bya Arsenal, Richard Garlick, yavuze ko gukorana na Visit Rwanda nk’umuterankunga wabo wa mbere bambaye ku kuboko, byari urugendo rudasanzwe.
Yongeyeho ati “Mu myaka myinshi, twafatanyije kuzamura ubukerarugendo bw’u Rwanda ngo bumenyekane ku Isi no kwita ku nyamaswa, kandi duhura n’abafana bacu bo muri Afurika. Imikoranire n’ubufasha bwa Visit Rwanda binyuze muri ubu bufatanye bwagize umumaro ukomeye mu kuzamura intego zacu, bidufasha gushora mu ntego yacu y’igihe kirekire yo gutwara ibikombe bikomeye no mu buryo bw’amikoro. Turashimira RDB ku bufatanye n’ibyo twagezeho hamwe.”
Muri Gicurasi 2018 ni bwo byatangajwe ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwinjiye mu bufatanye na Arsenal yo muri Premier League, u Rwanda ruyibera umuterankunga wa mbere ku maboko y’imipira, aho yambara ‘Visit Rwanda’ ku kuboko kw’ibumoso haba mu ikipe nkuru, iy’abagore n’iz’abato.
Aya masezerano yatangiye kubahirizwa mu mwaka w’imikino wa 2018/19 watangiye muri Kanama 2018, bivuga ko yagombaga kurangirana n’umwaka w’imikino wa 2020/21 washyizweho akadomo muri Gicurasi 2021.
Ku wa 18 Kanama uwo mwaka, RDB yatangaje ko nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire yatanze umusaruro, mu 2019, impande zombi zanzuye ko zakongera igihe amasezerano yari kumara.
Byari nyuma y’uko umusaruro w’ubukerarugendo bw’u Rwanda wiyongereyeho 17% ukagera kuri miliyoni 498$ mu 2019 uvuye kuri miliyoni 425$ mu 2018.
Uruhare rwa Arsenal mu kumenyekanisha u Rwanda kuva mu 2018
Arsenal ni imwe mu makipe 10 akunzwe ku Isi, ibyo bikagaragarira mu mubare w’abayikurikira ku mbuga nkoranyambaga, umutungo ifite, agaciro kayo n’umubare w’imyambaro y’abakinnyi igurisha buri mwaka.
Mu mikoranire yaranze u Rwanda na Arsenal mu myaka isaga irindwi ishize, harimo ko uretse kwambara VISIT RWANDA ku myambaro yayo no kuyishyira ku byapa byamamaza muri Emirates Stadium, iyi kipe yo mu Bwongereza yakunze kumenyekanisha ibyiza bitatse u Rwanda na bimwe mu bigize umuco Nyarwanda yifashishije abakinnyi bayo, ikabinyuza ku mbuga nkoranyambaga zayo ikurikirwaho n’abagera kuri miliyoni 100.
Kuva mu 2018, hari abanyabigwi n’abakinnyi benshi bakomeye b’amakipe ya Arsenal mu bagabo n’abagore bagiye mu Rwanda.
Muri ubu bufatanye kandi, abatoza bo muri Arsenal barimo Simon McManus na Kerry Green, bahuguye ab’Abanyarwanda mu kubafasha kubatoza umupira mwiza ugezweho nk’uwo iyi kipe ikina.
Buri mwaka iyi kipe kandi yifatanyaga n’Abanyarwanda mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi.




