Ikipe ya Police FC yari icecetse ku isoko ry’abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi yakangutse itangira gusinyisha abakinnyi bashya barimo abanyamahanga barimo Moussa Limane, Keffa Tangara, Mzungu Japhet na Iddrisu Shaibu, ndetse na Rushema Chris wakiniraga Rayon Sports.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026, ni bwo Police FC yatangaje ko yasinyishije abakinnyi bashya bazayikinira guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Muri abo bakinnyi harimo Iddrisu Shaibu w’imyaka 26 wahawe imyaka ibiri muri iyi kipe avuye muri Sofapaka FC. Ni umukinnyi ukina mu bwugarizi ariko anyuze ku ruhande rw’ibumoso, akazaziba icyuho cya Ishimwe Christian wasubiye muri APR FC yahozemo.
Mu kurushaho gukomeza ubwugarizi bw’iyi kipe, yasinyishije imyaka ibiri myugariro w’imyaka 25, Rushema Chris, wakiniraga Rayon Sports ariko akaba yarahisemo gusesa amasezerano kuko atabonaga umwanya uhagije wo gukina.
Ikipe ya Polisi y’u Rwanda, yagerageje no kongera imbaraga mu busatirizi, aho yahaye amasezerano y’imyaka ibiri Moussa Limane, wakiniraga Asante Kotoko S.C. yo muri Ghana.
Undi mukinnyi wasinyishijwe na Police FC amasezerano y’imyaka ibiri, ni Keffa Tangara wo muri Mali wakiniraga Djoliba AC y’iwabo.
Umunya-Kenya, Japheth Mzungu, wakinaga hagati mu kibuga muri Sofapaka FC yo muri Kenya, na we yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Police FC.
Aba bakinnyi basinyishijwe nyuma y’uko Police FC itangaje ko yashyizeho Rutsindura Antoine ‘Mabombe’ nk’Umuyobozi Mukuru wa Tekinike muri iyi kipe.
Abandi bakinnyi bashya Police FC yasinyishije ni Byishimo Valua na Rugwiro Kevin, mu gihe yongereye amasezerano ya Nsabimana Eric ‘Zidane’, Iradukunda Simeon, Niyongira Patience na David Chimezie.



















