Umutoza mushya wa Mukura VS, Tomáš Trucha, ukomoka muri Repubulika ya Tchèque, yageze mu Rwanda aho agiye gusimbura Nshimiyimana Canisius wagiye mu Magaju FC.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Nyakanga 2026, ni bwo uyu mutoza yageze mu Rwanda, aho agiye gufasha iyi kipe mu myiteguro y’umwaka uta w’imikino wa 2026/27.
Tomáš w’imyaka 53 ni we uzatoza Mukura VS, bikaba biteganyijwe ko azashyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri, nyuma yo gutandukana na PSM Makassar yo muri Indonesia yahozemo.
Ni umutoza ufite licence ya UEFA Pro, akaba yarabaye umutoza wa Valašské Meziříčí n’umutoza wungirije wa Viktoria Plzeň hagati ya 2016-2017, zombi z’iwabo.
Nyuma yatoje amakipe yo muri Afurika arimo AFC Leopards yo muri Shampiyona ya Kenya, Township Rollers yo muri Gabon na Orapa United yo muri Botswana.
Ageze mu Rwanda asanga Mukura VS yaratandukanye na Nshimiyimana Canisius wagizwe Umutoza Mukuru w’Amagaju, wayifashije gusoza umwaka ushize w’imikino iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 47.
Mukura ikomeje kwiyubaka ifite abakinnyi bashya barimo Freedom Mungudit wakiniraga Lugazi FC yo muri Uganda.



